U Rwanda rugiye gutangiza ubuvuzi bushya bushingiye ku ikoreshwa ry’ibinyabutabire hakoreshejwe ingufu za nikeleyeri (nuclear medicine), mu rwego rwo kongera ubushobozi bwo gusuzuma no kuvura indwara zikomeye zirimo iza Kanseri, umutima, impyiko n’izindi.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa karindwi yakomeza kuri uyu wa gatanu, APR itsinda POLICE naho Kepler yongera gusubira RRA.
Guhera mu kwezi gutaha (Ukuboza), mu Mujyi wa Kigali haratangizwa gahunda nshya yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma imodoka zikoreshwa nk’uburyo bwizewe kandi bwita ku bidukikije.
Abajyanama mu bya gisirikare muri Ambasade (Defense attaches) zitandukanye zikorera mu Rwanda, beretswe bamwe mu bahoze ari abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR wiganjemo abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, ubu bakaba baratashye.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), igiye gukuraho inoti z’Amafaranga y’u Rwanda zishaje, zimaze imyaka irenga 10 zikoreshwa.
Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, yongerewe manda nyuma y’aho iya mbere y’imyaka itanu yari irangiye, kuko yagiye kuri uyu mwanya ku itariki 11 Ugushyingo 2020, ukaba ari umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Ugushyingo 2025, yayobowe na Perezida Paul Kagame.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
Kuba urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi ari rumwe mu nkingi zikomeye zifatiye runini Igihugu, byatumye Banki ya Kigali (BK), ifata iya mbere mu guteza imbere urwo rwego ishoramo imari.
Ni kenshi imiryango n’amahuriro atandukanye y’abantu bafite ubumuga, bagaragaza ko abantu bafite ubumuga bahezwa cyangwa se ntibahabwe amahirwe agana n’ay’abandi batabufite mu gupiganirwa no guhabwa akazi, bakifuza ko bashyirirwaho imibare yihariye.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo yakiriye itsinda ry’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi mu nzego zitandukanye baturutse mu Rwanda, abashimira umuhate wabo mu gushaka kwiga byinshi n’amahirwe mu ishoramari n’ubucuruzi biri muri icyo Gihugu.
Bigirimana Abedi ukina hagati muri Rayon Sports agiye kumara ibyumweru bitatu adakina kubera imvune.
Perezida Umaro Sissoco Embalo uherutse guhirikwa ku butegetsi n’igisirikare cy’igihugu cye, yahungiye mu gihugu cya Senegal, aho yatwawe n’indege yateguwe n’umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba, CEDEAO, mu ijoro ryakeye ryo ku wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, nk’uko byasohotse mu itangazo rya Minisiteri (…)
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagabo mu mukino wa Basketball, itsinzwe na Guinea amanota 82 kuri 70 mu mukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, yakiriye abajyanama mu bya Gisirikare (Defence Attachés) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, mu rwego rwo kubagaragariza imiterere y’umutekano haba mu Gihugu ndetse no mu Karere muri rusange.
Abanyeshuri ba Collège Gitwe mu Karere ka Ruhango biga ibijyanye n’ubumenyi rusange, bagaragarije abayobozi n’imiryango yabo ubuhanga bamaze kwiga bwo gukamura amavuta mu bihingwa, bifashishije ikoranabuhanga ry’inganda zigezweho.
Perezida Paul Kagame avuga ko nta muntu ukwiye kwihanganira serivisi mbi, ngo icyo akwiye gukora mu gihe ahawe serivisi mbi ni ukubivuga, akaragariza ababishinzwe uwabikoze agakurikiranwa.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame, yavuze ko ahantu hagenda haba ihirikwa ry’ubutegetsi muri Afurika bigenda biterwa n’uko abayobozi hari ibyo bagenda batwikira ntibabikemure.
Perezida Paul Kagame yavuze ko kuba Arsenal n’u Rwanda bigiye guhagarika amasezerano ya Visit Rwanda nta gitangaza kirimo, kuko ubu bwari ubucuruzi.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame, yavuze ko aramutse ari we, nta rusengero na rumwe rwafunzwe rwakongera gufungurwa.
Perezida Kagame yavuze ko bazi ko abahungu ba Habyarimana n’abandi bantu bahunze u Rwanda bafitanye imikoranire na FDLR.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph Nsengimana, avuga ko kwigisha umwana ufite ubumuga atari impuhwe aba agiriwe, ahubwo ko ari inshingano ku babishinzwe kugira ngo na we yige nk’abandi bana badafite ubumuga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bananirwa gukora ibisabwa kugira ngo amahoro agaruke mu Burasirazuba bw’igihugu, bakibwira ko kuba Amerika hari intambwe iri kubafasha gutera ari byo bizabageza ku musaruro mwiza.
Abatuye mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), basanga iyo banki bayigereranya nk’inka idateka cyangwa umugore uri mu rwe, kubera ukuntu ibitaho mu bikorwa bitandukanye bibafasha kwiteza imbere.
Urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cy’ibihugu cya 2027 ruratangira uyu munsi, u Rwanda rucakirana na Guinea.
Inzego zihuriye ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Ntara y’Amajyepfo, zirasaba abagabo n’abagore bakorerwa ihohoterwa, kutarihishira kuko ari bwo abarikorewe bashobora kurengerwa hatarabaho izindi ngaruka.
Perezida Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal nyuma yo gutsinda Bayern Munich yo mu Budage ibitego 3-1, mu mukino w’umunsi wa Gatanu wa UEFA Champions.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ukiriho kandi ukomeje kubona ubufasha butangwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bityo ko amahoro arambye (…)
Nyuma yo guhagarikwa imikino ibiri ndetse akanamburwa igitambaro cya kapiteni wa Kiyovu Sports ashinjwa imyitwarire mibi, Amiss Cedric yasabye imbabazi abakunzi b’iyi kipe avuga ko ibyabaye wari umujinya usanzwe.
Dr Rubagumya Emmanuel utemera ubuyozi bushya bw’ikipe ya AS Kigali yari abereye Perezida w’agateganyo mu byo yamesheje Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere uru rwego harimo amadeni afitwe n’iyi kipe ndetse anikoma Shema Ngoga Fabrice yabereye Visi Perezida mbere y’uko ajya kuyobora FERWAFA.
Nyuma y’imyaka isaga 17 adakorera igitaramo mu Rwanda, Richard Nick Ngendahayo avuga ko yiteguye gushimisha abakunzi be, mu gitaramo arimo gutegura, aho avuga ko imyiteguro isa n’iyarangiye.
Ikipe ya Kiyovu Sports yahagaritse imikino ibiri Amiss Cedric adakina ndetse inamwambura inshingano zo kuba kapiteni wayo.
BK Group Plc yatangaje ko imikoranire myiza n’abakiriya babo yatumye mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka (2025) bagira urwunguko rwa miliyari 83.5 Frw zingana na 19.8% ugereranyije n’ayo mezi umwaka ushize.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya Mbere (Rwanbatt1) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, bakoze ibikorwa by’umuganda bafatanyije n’abaturage bo mu Karere ka mbere (1er Arrondissement) gaherereye mu Mujyi wa Bangui, mu gikorwa cyibanze ku gusukura no gutema ibihuru biri ku mihanda.
Abanya Isiraheli basanga nta gikozwe ngo kubiba urwango n’amacakubiri bigaragara hirya no hino ku Isi bihagarare, amateka ya Jenoside bahuriyeho n’u Rwanda, ashobora kugera aho ari ho hose ku isi.
Murenzi Abdallah wigeze kuyobora Rayon Sports, yagizwe Umuyobozi wayo w’Agateganyo asimbuye Twagirayezu Thaddee wari umaze umwaka ari Perezida nyuma y’uko inzego zose bari batoranywe zisheshwe.
Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), bugaragaza ko kuba haboneka umuntu ufite ubumuga by’umwihariko ukambakamba adafite igare, biba ari uburangare buturuka ku muntu umwe cyangwa uwundi.
Ikipe ya APR FC yatsinze bigoranye Marine FC ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane cyo ku munsi wa mbere wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Kigali ibonye ubuyobozi bushya ku wa 23 Ugushyingo 2025, Dr Rubagumya Emmanuel wari Perezida w’agateganyo yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere avuga ko amatora yabaye hadakurikijwe amategeko.
Ikigo cy’ikoranabuhanga kitwa Merosix Ltd cyakoze ikoranabuhanga ryitwa Trust Me rije gutabara abacuruzi, abakozi n’abakoresha cyangwa abatanga serivise bakamburwa.
U Rwanda na Namibia byasinyanye amasezerano y’ubufatanye, arimo gukorana mu kongerera ubumenyi abakozi, imicungire y’amagororero no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa
Umutwe witwaje intwaro uhanganye na Leta ya Sudan, watangaje ko uhagaritse imirwano mu gihe cy’amazi atatu, kugira ngo abaturage bari mu kaga babone uko ubutabazi bubageraho.
Abakurikiranira hafi iby’uburezi bwifashisha ikoranabuhanga mu Rwanda, basanga amashuri yo mu cyaro agifite ikibazo gikomeye cy’ubuke bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga, bikadindiza abanyeshuri bayigamo.
Nyuma yo kwemererwa gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ikipe ya Al-Merrikh yo muri Sudani, yatangiye itsindira Kiyovu Sports kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-0 mu mukino wakinwe kuri uyu wa Mbere.
Itsinda ry’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ryatangiye kuzenguruka Akarere ka Muhanga, risura ibikorwa remezo n’imitangire ya serivisi n’uko ibibazo by’abaturage bikemuka.