Abaminisitiri b’Ubuzima bo mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga guhera tariki ya 1-2 Kamena 2026, bagamije guhuza ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kibasiye cyane Intara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, Dr. Usta Keitesi, yongeye gushimangira akamaro k’umubano u Rwanda rufitanye na Uganda, asobanura ko ushingiye ku mateka bisangiye ndetse n’imibanire y’abaturage b’ibihugu byombi.
Abayobozi bakuru bo mu nzego za Leta z’u Rwanda na Uganda bongeye gushimangira ubushake bwo guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, mu nama y’abayobozi bakuru b’ibihugu byombi izwi nka “Joint Permanent Commission (JPC) 2026.”
Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wateye intambwe nshya mu guhangana n’ikibazo cy’imisanzu itishyurwa n’ibihugu bigize uyu muryango, ikibazo kimaze imyaka kinaniza imikorere y’inzego zawo.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko tariki ya 15 na 16 Mutarama 2026, izaba iminsi y’ikiruhuko rusange, hagamijwe guha abaturage umwanya wo kwitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe kuba mu cyumweru gitaha, nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byari bimaze igihe.
Kuri uyu 4 Ukuboza 2025, i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hategerejwe umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Kuri uyu wa 13 Nyakanga hamenyekanye inkuru y’umushoferi w’Umunyarwanda wafatiwe I Mombasa, aho abapolisi b’igihugu cya Kenya bavugaga ko atwaye ikamyo ifite amapine ashaje, bityo bamwishyuza Amashiringi ya Kenya ibihumbi icumi(100,000 Frw), banamushyiramo amapingu bamuteguza umunyururu.
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EALA) yasubukuye imirimo yayo, nyuma y’ibibazo by’amikoro byari byatumye ifata umwanzuro wo guhagarika inteko rusange zemerezwamo imishinga y’amategeko agamije iterambere ry’Akarere.
Umuyobozi wa Gisirikare w’Umutwe wa M23 imaze iminsi yigaruriye umujyi wa Goma na Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, General Sultani Makenga yavuze ko Perezida wa Congo Felix Tshisekedi ari ibandi, umuyobozi utitaye ku bibazo by’abaturage.
Umunyemari Mironko François Xavier yatsinzwe urubanza yarezemo Leta y’u Rwanda aho yayishyuzaga Amafaranga arenga miliyari 18 Frw ajyanye n’isoko yahawe na Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryo kuyiha ibikoresho bya gisirikare hagati y’umwaka wa 1993 na 1994.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yasobanuye uburyo Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yahinduye gahunda y’amahoro yari yasinyiye nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC) akajya kurwana urugamba ridakwiriye ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihanganye (…)
Abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afuria y’Uburasirazuba n’ab’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo bahuriye i Dar-es-Salam muri Tanzaniya, mu nama yiga ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umunsi wari utegerejwe n’akarere k’Ibiyaga bigari ndetse n’umuryango w’ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika wageze.
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yahagaritse imirimo mu gihe cy’amezi atandatu kubera ikibazo cyo kubura Ingengo y’Imari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye bagenzi be b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba ko bidatangaje kuba ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kigeze ku rwego kiriho uyu munsi.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yavuze ko yahagaritse gahunda yo kwitabira inama yagombaga kumuhuza na mugenzi we wa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’umuhuza i Luanda muri Angola, kuko yabonaga harimo imyifatire iciriritse ku bayobozi ba Kongo.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yasabye ba Minisitiri b’Ingabo n’umutekano mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba gufata umwanya bagasuzumira hamwe ibibazo bibangamiye amahoro n’umutekano muri Afurika.
Impuguke mu bya Politiki na Dipolomasi ivuga ko kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ataritabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku wa Gatandatu tariki 30 Ugushyingo 2024, bishobora kuba bivuze ko icyo gihugu cyifuza gusohoka muri uwo (…)
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, irashima uruhare rw’abatwara amagare batabigize umwuga bazenguruka ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (Great Africa Cycling Safari), mu bukangurambaga bugamije kumenyekanisha ibikorwa by’uyu Muryango.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yagize Dr Peter Mutuku Mathuki wari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuba Ambasaderi wa Kenya mu Burusiya.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye Inteko Rusange ya Gatanu y’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EALA.
U Rwanda rwahawe inshingano zo kuyobora umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF) mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya, yahuje ba Minisitiri b’Ingabo bo mu bihugu byo muri aka Karere.
Ubuyobozi bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), wasabye ibihugu binyamuryango kuzirikana ko impamvu shingiro yawo ari ugushyira imbere ubufatanye bugamije guteza imbere inyungu rusange n’imibereho myiza y’abaturage b’uyu muryango.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye inama ya 44 y’Abaminisitiri ba EAC i Arusha, muri Tanzania.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yitabiriye inama ya 16 ya Biro y’abahagarariye Inteko zishinga Amategeko mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko y’uyu muryango (EALA).
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma muri Kenya, Musalia Mudavadi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa Kabiri tariki ya 30 Gicurasi 2023 yageze i Bujumbura mu Burundi, aho yitabiriye Inama ya 21 idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Inama y’Abakuru b’Ibihugu birindwi bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yategetse impande zose zishyamiranye mu Burasirazuba bwa Congo (DRC), guhagarika imirwano byihuse hagatangira ibiganiro.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ibera mu Burundi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Gashyantare 2023 ihuje Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biga ku mutekano muke urangwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.