Abaguverineri ba za banki nkuru zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’iburasirazuba bateraniye mu nama yiga ku kibazo cy’ifaranga rimwe muri aka karere yari iteraniye i Bujumbura, bavuze ko bidashoboka mu mwaka wa 2012.
Inzobere mu gutanga amasoko ituruka muri Kenya, Mbuba Mbugu, aragira inama Leta z’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kwitondera uburyo zitanga amasoko kuko amasoko ari mu bikorwa Leza zitangaho amafaranga menshi. Uburyo amasoko atangwa butitaweho bishobora guteza igihombo kinini.
Umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), Dr Richard Sezibera, aratangaza ko uyu muryango ukeneye miliyari 80 z’amadolari y’Amerika yo gushora mu mishinga ihuza ibihugu 5 bigize uyu muryango. mubyo iyi mishinga igamije harimo kworoshya ubucuruzi hagati y’ibihugu.
Monique Mukaruliza, minisitiri w’u Rwanda mu muryango w’Afrika y’iburasirazuba (EAC), ejo yatangaje ko u Rwanda na Uganda birimo kwiga uburyo servisi z’abinjira n’abasohoka hagati y’ibihugu byombi zahuzwa.
Abakozi ba minisiteri y’Afurika y’iburasirazuba bagiye kuzenguruka hirya no hino mu Rwanda basobanurira Abanyarwanda icyo umuryango w’afurika y’uburasirazuba umariye abaturage n’uko ukora. Iki cyumeru cyatangiye tariki ya 4 kizarangira tariki ya 11 ugushyingo 2011.
Abadepite b’Abanyarwanda bari mu inteko ishingamategeko y’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Kamonyi mu gikorwa cy’umuganda batera ibiti bigera kuri 9600 ku ishuri ribanza rya Gihara ho mu murenge wa Runda.
Nyuma y’ibyumweru bibiri abasirikare 300 baturutse mu bihugu 5 bigize umuryango wa Africa y’Iburasirazuba bakurikirana imyitozo ya gisirikare yiswe “Ushirikiano Imara” bishatse kuvuga ubufatanye buhamye, yaberaga mu ishuri rya gisirikare ry’i Nyakinama mu karere ka Musanze ku munsi wa none nibwo yasojwe.
Icyegeranyo cyakozwe n’umuryango Transparency International kirerekana ko u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere mu bihugu bigize Afurika y’I burasirazuba mu kurwanya no gukumira ruswa .
Muri uku kwezi u Rwanda ruzakira imyitozo ya gisirikari yo mu rwego rwo hejuru (Military command post Exercise (CP-X)) y’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’ Iburasirazuba (East African Community (EAC)) iyi myitozo yahawe izina rya “Ushirikiano Imara” tugenekereje mu Kinyarwanda bivuga “ubufatanye bukomeye”.