Umugabo wo muri Koreya y’Epfo yajyanye umugore we mu nkiko amushinja kumuta ku bushake (malicious abandonment) amuziza kwanga gutanga igice cy’umwijima we kugira ngo arokore ubuzima bwe.
Abadepite bakoze ingendo hirya no hino mu gihugu bareba uko umuryango nyarwanda uhagaze, bagaragaje uko basanze amakimbirane yo mu miryango ari mu byiciro byose by’ubuzima kandi bikajyana n’ingaruka zitandukanye zigera ku bana n’urubyiruko ruyikomokamo.
Inama yahuje Abadepite, abayobozi mu nzego za Leta na Sosiyete Sivile zifite aho zihuriye n’imibereho y’umuryango, urubyiruko n’abandi bahuriye mu Nama Nyunguranabitekerezo ku muryango utekanye n’uruhare urubyiruko rukwiye kugira bafashe ingamba nshya zizahura umuryango nyarwanda.
Umuyobozi w’Urwego ngishwanama rw’inararibonye, Tito Rutaremara, ashima abarimu bakora akazi kabo ko kwigisha batizigamye, ariko akagaya ababyeyi basigaye baratereye iyo.
Dr Chaste Uwihoreye inzobere mu by’imitekerereze n’ubuzima bwo mu mutwe yavuze ko umuryango ujya gusenyuka ubanza ukarwara ndetse ukiremamo amatsinda biturutse ku mpamvu nyinshi ariko zishobora kuvurwa zigakira.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bazimaniye abanyarwanda mu birori byo gusoza umwaka wa 2025
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko ko u Rwanda rubategerejeho umusanzu ukomeye wo guteza igihugu imbere.
Ku mugoroba w’iya 9 Ukuboza, Perezida Kagame yakiriye abatari bacye mu gitaramo cyo gusoza umwaka kuri Kigali Convention Centre, ariko abibutsa ko utwara yanyoye Polisi nawe itamwihanganira.
Koperative yo kuzigama no kugurizanya y’Abarimu-Umwalimu SACCO yungutse Miliyoni 24 frw mu mwaka wa 2025.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania, Ali Saleh Kiba uzwi cyane nka Ali Kiba mu muziki, yageze i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki 29 Ukuboza 2025.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko umutwe wa FDLR uterwa inkunga n’ubutegetsi bw’i Kinshasa ukomeje kuba ikibazo gikomeye cy’umutekano mu Karere.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yageneye ubutumwa busoza umwaka inzego z’umutekano z’u Rwanda ashimira byimazeyo akazi gakomeye zikorera Igihugu.
Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD Plc) iramenyesha Abanyarwanda bose ko guhera tariki ya 31 Ukuboza 2025, izafata mu nshingano serivisi zose zatangwaga n’Ikigega Gishinzwe Iterambere ry’Ubucuruzi (BDF).
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), rwatangaje ko abamaze guhabwa imidali n’impeta by’ishimwe mu Rwanda barenga ibihumbi 30, bagiye bayihabwa mu bihe bitandukanye.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, Rwanda Premier league, mu mpera z’icyumweru gishize yarakomeje hakinwa umunsi wa 13, Police FC itsindwa umukino wa mbere, APR FC itsinda AS Muhanga naho Rayon Sports inganya na Etincelles FC.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, yasobanuye ko gukoresha telefoni utwaye ikinyabiziga bigiye kujya bifatwa nk’ikosa gusa mu gihe umuyobozi w’ikinyabiziga afashe telefoni mu ntoki.
Mu mpera z’iki cyumweru turangije, ku mbuga nkoranyambaga hari higanje ubutumwa bwuzuye amarangamutima avanze n’agahinda, kubera busubiza imvugo za Gen Sylvain Ekenge, Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC), zitesha agaciro Abatutsi n’Abatutsikazi by’umwihariko.
Umuhanzi Senderi International Hit yavuze ko bitari bumushimishe ngo agubwe neza, iyo atagira igikorwa gifatika akorera Intara y’Iburasirazuba avukamo, by’umwihariko mu Karere ka Kirehe.
Igitaramo ‘Icyambu Live Concert’ cya Israel Mbonyi cyari giteganyijwe kubera i Rubavu ku itariki ya 1 Mutarama 2026, cyasubitswe ku munota wa nyuma.
Umuvugizi w’Umutwe AFC/M23 Lawrence Kanyuka yagaragaje ko ikiganiro Televiziyo ya Leta ya Congo yanyujijeho imbonankubone kuri iki cyumweru ubwo yakiraga umuvugizi w’Igisirikare cya Congo FARDC Gen. Sylvain Ekenge kigaragaza ko iri tangazamakuru rya Leta ntaho ritaniye n’iryashishikarije abahutu urwango ku batutsi, kugeza (…)
Abanyarwanda n’abakunda amahoro bakomeje kwamagana amagambo y’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeye yagaragajwe n’umuvugizi w’Igisirikare cya Leta ya Congo, Jenerali Sylvain Ekenge.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025, ku mbuga yo kuri Kigali Convention Centre habereye igitaramo cyiswe Igisope Experience, aho abacyitabiriye baryohewe n’indirimbo z’abahanzi barimo Makanyaga Abdul, Dauphin, Chicorea, Indashyikirwa, n’abandi. Ni igitaramo kiri muri gahunda izamara icyumweru yateguwe (…)
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ishyigikiye byuzuye ibiganiro n’ibyemezo byasohowe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), hamwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bishyigikira Somalia.
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwifatanyije n’shyaka Parti Congolais du Travail (PCT) mu Nteko Rusange yaryo ya Gatandatu yabereye i Brazzaville, muri Repubulika ya Congo.
Umushinga nyarwanda w’amavuta atwara imodoka akomoka ku bimera- biodiesel- umaze imyaka ikabakaba icumi uhagaritswe kuko wananiranye wongeye kugaruka mu itangazamakuru.
Inzego zishinzwe umutekano zatanze umwirondoro w’umugabo wafashwe videwo amenagura ibirahure by’imodoka mu Mujyi wa Kigali.
Noheli n’iminsi mikuru y’impera z’umwaka, ni igihe kizwiho ubucuruzi bukomeye, aho imiryango, inshuti n’abavandimwe baba bashaka kwishimana, basangira, haba amafunguro ndetse n’impano.
Polisi kuri uyu mugoroba yavuze ko yafashe umugabo wagaragaye muri videwo amenagura ibirahure by’imodoka imwe ku yindi, azisanze muri parkingi mu Mujyi wa Kigali.
Ikipe ya Police FC yari imaze imikino 13 itaratakaza kuva shampiyona ya Rwanda Premier League uyu mwaka yatangira yaguye i Bugesera.
Nyuma y’amezi arenga atanu, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruhagaritse ibikorwa bya Hoteli Château le Marara, iyi hoteli yongeye gufungura imiryango.
Perezida Paul Kagame ari kumwe na Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), batangije gahunda izwi nka FIFA Football Festival, yo guhuza abana bato hagamijwe kubafasha gusabana no kwidagadura, binyuze mu gukina umupira w’amaguru, aho buri mwana muri 220 bitabiriye iki gikorwa yahawe (…)
Buri mwaka utambutse usigira amarangamutima imiryango y’Abanyarwanda, kubera ibyo banyuzemo, ibyo bibuka, ariko cyane cyane abo basezeyeho bakibakunze. Umwaka wa 2025 na wo, nta mwihariko wazanye kuri iyo ngingo, uretse ko wo wazanye ugutungurana kwinshi, ukajyana benshi, maze umuryango nyarwanda muri rusange ukajya mu cyunamo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umupira w’amaguru, ari igikoresho gikomeye cyo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahitanye abantu 3, inzu n’ibikorwa by’ubucuruzi birenga 110,000 bibura umuriro w’amashanyarazi ku munsi wa Noheli, bituma batizihiza neza uyu munsi mukuru.
Ku gicamunsi, kuri Hotel Saint-Andre Kabgayi ahari hakoraniye abana benshi bari mu byicungo byabo, ababyeyi bagiye kubona babona ngabo Abapolisi babagezeho, maze bamwe batangira kwihisha no guhisha imfunguzo z’imodoka, abandi batangira kwisobanura ko bataributware banyoye ku nzoga.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango by’Umwihariko abo mu Mujyi wa Ruhango, baraye bizihije Noheli mu gitaramo cy’ibyishimo, ndetse kinakomeza n’ubundi ku mugoroba wa Noheli nyirizina.
Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yabwiye Abakristu ko Noheli isanze Kiliziya Gatolika mu Rwanda ifite ibibazo byinshi.
Abakristo Ku isi yose, abemera Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza w’ubugingo bwabo ku isi hose bazindukiye mu masengesho, amateraniro yo kwizihiza Noheli.
Kuva uku kwezi kwatangira, abanyarwanda batuye I Rwanda cyangwa I Mahanga, abanyamahanga batuye I Rwanda n’ahandi hose ku isi, bahinduye imitako, bahindura imyambaro, ababishoboye batera n’amarangi mashya.
Nyuma y’imikino itatu yikurikiranya itabona intsinzi, ikipe ya Al Hilal yongeye kubona amanota atatu itsinze Gorilla naho Al-merrikh bigoranye ibona itsinda Musanze.
Imirimo yo kubaka amazu azatuzwamo imiryango yagizweho ingaruka n’imirimo yo kubaka Urugomera rw’Amashanyarazi rwa Rusumo iri kugana ku musozo. Biteganyijwe ko iyi miryango izahabwa aya mazu mu ntangiriro z’umwaka wa 2026.
Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko kuba yitoza guhosha imyigaragambyo atari uko itegereje ko abantu bagiye kwigaragambya mu gihe runaka kizwi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga yavuze ko abashoferi bitwaza ko bahaniwe amakosa yo mu muhanda n’Abapolisi bari ahantu hihishe cyangwa camera zihishe baba bazana amatakiangoyi gusa.