Abanyarwanda batunze inzu zabo bwite baragabanutse: Dore icyabaye

Mu Rwanda, abatunze amazu yabo baragenda bigabanuka, nyamara mu myaka myinshi ishize, gutunga inzu byabaye kimwe mu bimenyetso bigaragara by’umutekano n’ituze ry’igihe kirekire ku miryango.

Uyu ni umudugudu wa Nyabisindu, umurenge wa Remera urimo gutunganywa mu Karere ka Gasabo
Uyu ni umudugudu wa Nyabisindu, umurenge wa Remera urimo gutunganywa mu Karere ka Gasabo

Imibare iheruka gutangazwa n’inzego za Leta igaragaza ko ubu imiryango ifite amazu ituyemo ari mike ugereranyije n’uko byari bimeze mu myaka icumi ishize.

Iyi mpinduka ikwiye gusobanurwa neza, kuko ituruka cyane ku mpinduka zikomeye mu mibereho y’abaturage no mu bukungu bw’igihugu, aho guterwa no kugabanuka kw’imibereho myiza.

Imibare ya Rwanda Statistical Yearbook 2025 igaragaza ko hafi 72 ku ijana by’imiryango itunze amazu ituyemo, nk’uko bigaragazwa n’imibare iheruka gutangazwa ku wa 31 Ukuboza 2025.

Ibi bigaragaza igabanuka rigaragara ugereranyije na 80 ku ijana byari byaragaragajwe mu Ibarura Rusange ry’Abaturage n’Imiturire ryo mu 2012.

Mu gihe cy’imyaka igera ku icumi, kuba nyiri inzu byagabanutseho hafi amanota umunani ku ijana.

Muri icyo gihe kandi, umubare w’imiryango ituye mu nzu z’aho bakodesha wiyongereye uva kuri 15 ku ijana ugera kuri 22 ku ijana ku rwego rw’igihugu. Iki ni ikibazo kigaragara cyane mu mijyi.

Mu Mujyi wa Kigali, hafi 34 ku ijana gusa by’imiryango ni yo itunze amazu ituyemo, mu gihe igice kinini ari abakodesha. Iyi mibare igaragaza ihinduka rikomeye mu buryo Abanyarwanda batujwemo, cyane cyane mu mijyi.

Ukwiyongera kw’abaturage

Imwe mu mpamvu zikomeye zitera iyi mpinduka ni ukwiyongera kwihuse kw’abaturage.

Umubare w’abaturage b’u Rwanda wavuye kuri miliyoni 10.5 mu 2012 ugera kuri miliyoni 13.2 mu 2022, bivuze inyongera ya hafi miliyoni 2.7 mu myaka icumi gusa.

Iri ni izamuka rya hafi 26 ku ijana mu myaka icumi. Ukwiyongera kw’abaturage gutuma havuka imiryango mishya, kandi umubare w’imiryango uragenda wiyongera vuba.

N’iyo hubatswe amazu menshi, igipimo cyo gutunga inzu gishobora kugabanuka mu gihe imiryango mishya ivuka ku muvuduko urenze ubushobozi bwo kugura cyangwa kubaka amazu.

Mu buryo bufatika, abantu barushaho guhatanira amazu, kandi benshi muri bo ntibahita babona ubushobozi bwo gutunga inzu yabo.

Igihugu kigizwe ahanini n’urubyiruko

Imiterere y’imyaka y’abaturage b’u Rwanda igira uruhare runini mu gusobanura igabanuka ry’ugutunga inzu.

Abaturage barenga 70 ku ijana bari munsi y’imyaka 30, naho imyaka mpuzandengo iri hafi ya 20. Ibi bituma u Rwanda ruba kimwe mu bihugu bifite abaturage bato cyane ku isi.

Gutunga inzu akenshi biza mu myaka yigiye imbere mu buzima, umuntu amaze kubona akazi gahoraho, yarazigamye, cyangwa afite uburyo bwo kubona inguzanyo.

Igihugu kigizwe cyane n’abanyeshuri, abashaka akazi bwa mbere, n’imiryango ikiri mishya kigira abantu bacye batunze amazu yabo.

Iyo urubyiruko rwinshi ruvuye mu ngo z’ababyeyi, akenshi babanza gukodesha mu gihe bagerageza kwiyubaka mu bukungu.

Ibi byonyine birahagije gutuma igipimo cyo gutunga inzu kigabanuka ku rwego rw’igihugu, n’ubwo icyerekezo cy’igihe kirekire kiba ari cyiza.

Ukwiyongera kw’imijyi

Ukwiyongera kw’imijyi (urbanisation) na byo ni indi mpamvu ikomeye. Urubyiruko rwinshi rwerekeza mu mijyi, cyane cyane Kigali, rushaka amashuri n’imirimo.

Isoko ry’amazu mu mijyi rikorera mu buryo butandukanye n’iry’icyaro. Mu cyaro, imiryango myinshi yubaka ku butaka bw’umuryango ikoresheje ibikoresho by’aho, bigatuma igipimo cyo gutunga inzu kiba hejuru, akenshi kirenga 80 ku ijana.

Mu mijyi, ubutaka ni bucye kandi buhenze, ibiciro byo kubaka biri hejuru, kandi amazu menshi yubakwa agamije gukodeshwa.

Kugura inzu mu mujyi bisaba igishoro kinini cyangwa kubona inguzanyo yo kugura inzu, ikintu kikiri ingorabahizi ku miryango myinshi.

Kubera ko abaturage bo mu mijyi biyongera vuba kurusha abo mu cyaro, igipimo cyo gutunga inzu ku rwego rw’igihugu kiragabanuka mu buryo budasanzwe.

Gutunga inzu si byo bihwanye n’ubuziranenge

Ni ingenzi kandi gutandukanya gutunga inzu n’ubuziranenge bwayo.

N’ubwo hafi 72 ku ijana by’imiryango itunze amazu, menshi muri ayo mazu aracyari asanzwe kandi adatunganye.

Imibare y’ibarura igaragaza ko hafi 60 ku ijana by’amazu bidafagiye n’amatafari cyangwa sima(pavement), naho hafi 68 ku ijana byubakishijwe amatafari ya rukarakara.

Hafi 31 ku ijana gusa by’amazu bifagiye na sima. Ibi bigaragaza ko imiryango myinshi ifite umutungo w’amazu ariko ikabura amafaranga ahagije yo kuyatunganya no kuyazamura ku rwego rwo hejuru.

Ibi bishimangira igitekerezo cy’“umutungo utabyara amafaranga”. Mu yandi magambo imitungo ifatika irahari, ariko amafaranga ni macye.

Imiryango mito, ibisabwa byinshi

Ingano y’imiryango na yo iragenda ihinduka. Imiryango iragenda iba mito, bivuze ko abaturage bangana bashobora kuvamo imiryango myinshi.

Imiryango ibiri mito isaba amazu abiri aho kuba imwe. Ibi byongera icyifuzo cy’amazu kandi bigashyira igitutu ku isoko, cyane cyane mu mijyi.

Ibyo bituma abantu benshi bakodesha igihe kirekire mbere yo kugera ku rwego rwo gutunga inzu yabo.

Iterambere rya Nyabisindu

Ivugururwa rya Nyabisindu (nk’uko bigaragara ku ifoto) rihura n’ingamba rusange z’u Rwanda zo guhindura urwego rw’imiturire mu gihugu hose.

Binyuze muri Rwanda Housing Authority, Leta iri gushyira mu bikorwa imishinga minini yo kuvugurura imijyi, igasimbuza utujagari tudateguwe amazu ateguye neza, agezweho kandi ashobora guhangana n’imihindagurika ry’ikirere.

Iyi nzira igamije kunoza imibereho y’abaturage no kwagura amahirwe yo gutunga inzu binyuze mu kongera umubare w’amazu no gutanga amazu meza kurushaho.

Icy’ingenzi cyane, iyi gahunda ishyigikiwe n’ingamba nini zo gutera inkunga imari y’imiturire, zigamije gufasha imiryango kuva mu nzu zidakwiye cyangwa mu bukode ikajya mu nzu yayo bwite, bityo iterambere ry’imijyi rigahuza n’intego z’igihe kirekire z’imibereho myiza n’ubukungu bw’igihugu.

Icyo igabanuka risobanura mu by’ukuri

Igabanuka ry’ugutunga inzu ntirikwiye gusobanurwa nk’ikimenyetso cy’uko u Rwanda rugenda rusubira inyuma.

Ahubwo, rigaragaza sosiyete iri mu mpinduka yihuse mu mibare y’abaturage.

Ukwiyongera kw’abaturage, ubwinshi bw’urubyiruko, n’iyihuta ry’ukwiyongera kw’imijyi bihindura uburyo abantu babaho n’uko babona amazu.

Mu bihugu byinshi, ibyiciro nk’ibi byajyaniranye no kwiyongera kw’isoko ry’ubukode mbere y’uko igipimo cyo gutunga inzu gihagarara cyangwa kikongera kuzamuka uko ibyinjira byiyongera n’imari igenda ikura.

Inzitizi ikomeye iri imbere

Inzitizi nyamukuru ku rwego rwa politiki si uguharanira gusa kuzamura igipimo cyo gutunga inzu, ahubwo ni ugutanga amazu ahendutse, akwiye, n’uburyo bufatika bwo kubona inguzanyo zo kuyagura, cyane cyane ku rubyiruko.

Mu gihe urubyiruko rw’uyu munsi ruzaba rukuze kandi rukagira umutekano mu bukungu, icyifuzo cyo gutunga inzu kiziyongera.

Uko urwego rw’imiturire ruzashobora gutanga amazu ahendutse, inguzanyo zoroshye, n’iterambere ry’imijyi riyobowe neza ni byo bizagena uko igipimo cyo gutunga inzu kizongera kuzamuka vuba.

Kugeza ubu, igabanuka ry’ugutunga inzu risobanurwa neza nk’ingaruka z’igihugu gito mu myaka, gikura vuba kandi kigenda kiba icy’imijyi, kigenda cyihindura kijyanye n’ibihe bishya, aho kuba igihombo cy’umutungo w’imiryango.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka