Urukiko rwa Rubanda rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwemeje ko Claude Muhayimana ahamwa n’icyaha cyo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rumukatira igifungo cy’imyaka 14.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zemereye abakozi bazo batari mu mirimo yihutirwa ndetse n’imiryango yabo kuva muri Israel, mu cyemezo kigaragaza impungenge zikomeye ku mutekano ukomeje kuzamba muri ako karere.
Ubushinjacyaha bw’Uburukiko rwa Rubanda mu Bufaransa bwasabiye Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 15, mu rubanza rw’ubujurire, rumukurikiranyeho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urubanza rw’ubujurire Claude Muhayimana ashinjwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi birimo ubufatanyacyaha mu byaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, ku wa 24 Gashyantare 2026 yatangiye kwisobanura, urukiko rumushinja kunyuranya mu mvugo.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Jean Claude Muhayimana rubera mu Rukiko rwa Rubanda i Paris ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umutangabuhamya yavuze ko yiboneye imodoka y’uregwa mu bikorwa by’urugomo n’ubugome byabereye mu Karere ka Karongi.
Abadepite bagaragaje impungenge ku idindira ry’umushinga w’ubwato bwa Nkombo (Nkombo Boat II), bwagombaga kujya bukora ingendo hagati ya Rusizi na Rubavu butwaye abagenzi, nyuma y’uko bigaragaye ko hakenewe asaga Miliyari 8.2 Frw kugira ngo busanwe kandi burangire.
Imitangire y’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza umenyerewe nka Mituweli yajemo impinduka, haba mu mafaranga yishyurwa, ndetse n’inkomoko y’amafaranga.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, hari bamwe mu baturage bagerageje kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, Mutuelle de Sante, abenshi bakunze kwita Mituweli y’umwaka utaha (2026-2027), ariko bakwinjira muri sisitemu bagasanga warazamuwe ku bwikube bw’inshuro hafi zirindwi.
Mu gihe impaka ku burenganzira bw’abagore n’imiterere y’umuryango zikomeje gufata indi ntera muri Côte d’Ivoire, depite muto kurusha abandi mu Nteko Ishinga Amategeko, Naya Jarvis Zamblé, yatangije igitekerezo gikomeje kuvugisha benshi: kwemerera abagabo gushaka abagore benshi, bikandikwa mu mategeko.
Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga muri Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo ho 0.50%, kigera kuri 7.25%, mu rwego rwo kugabanya igitutu cy’izamuka ry’ibiciro rikomeje kugaragara mu gihugu.
Kuva kuri uyu wa 18 Gashyantare, i Kigali hateraniye inama y’iminsi ibiri ihuza abayobozi bashinzwe imari mu bihugu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) igamije kurebera hamwe uburyo bwo gushakira amafaranga imishinga yo kurwanya imihindagurikire y’ibihe.
Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza yatangije umufasha w’ikoranabuhanga witwa ‘Nshuti’ ugamije gufasha Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba mu Bwongereza kubona serivisi z’ubujyanama no gusubizwa ibibazo byabo ku buryo bwihuse kandi bworoshye.
Abagenzi ba RwandAir berekeza cyangwa bava i Nairobi bagizweho ingaruka n’ihungabana ry’imikorere ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Jomo Kenyatta (JKIA), rituruka ku makimbirane y’abakozi ari guhungabanya serivisi zisanzwe.
Ku myaka, muri 2017, Mugabo Fabrice uzwi ku izina ry’ubusitari rya West, yihebeye umwuga wo kogosha, none kuri ubu amaze kuba ikimenyabose mu bakunda inyogosho gakondo, izwi mu Muco Nyarwanda nk’amasunzu.
Indege yari izanye Vivian van de Perre, Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO, ibaye iya mbere iguye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Goma nyuma y’uko cyari cyarafunzwe kuva muri Mutarama 2025.
Ikigo gishinzwe kugenzura Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (ARPTC) cyasohoye itangazo rishinja sosiyete MTN Group gutanga mu buryo bunyuranyije n’amategeko serivisi za telefoni zigendanwa n’iya internet ku butaka bwa RDC, by’umwihariko mu bice bya Goma na Rutshuru.
U Rwanda rwinjije Amadolari ya Amerika arenga miliyoni 13 mu minsi itanu gusa, biturutse ku bicuruzwa byoherejwe mu mahanga bikomoka ku buhinzi. Ibi bigaragaza uruhare rukomeje kwiyongera rw’uru rwego mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu no kuzana amadovize.
Minisitiri w’Iposita n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), José Mpanda, yatangaje ko sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda ishobora kuba iri gukorera ku butaka bwa RDC itabifitiye uburenganzira.
Mu gihe Banki y’u Rwanda ivuga ko iyo ibiciro byazamutseho hagati ya 2-8% biba ari ibisanzwe, muri Mutarama 2026, byazamutseho 8,9%, byongera igitutu ku baturage ku bushobozi bwo guhaha no kubona serivisi z’ingenzi.
Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda, Me Jean Aimé Niyonkuru, yavuze ko hari Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bajya kwishyuriza abantu imitungo, bamara kubona amafaranga bakayishyirira mu mifuka yabo.
Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), igashyira iherezo ku myaka igera kuri mirongo itatu yari imaze igira uruhare mu bikorwa bya gisirikare (…)
U Rwanda rwakuye Uganda ku mwanya wa mbere mu kohereza ikawa nyinshyi muru Kenya, bishimangira indi ntambwe ikomeye mu rugendo rw’igihugu rwo kongera umusaruro w’ ibikomoka ku buhunzi byoherezwa mu mahanga.
Hariana Verás Victória, Umunyamakuru ukomoka mu gihugu cya Angola,yihaye kuregera u Rwanda Perezida wa Amerika, Donald Trump, arushinja kutubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), maze abakoresha imbuga nkoranyambaga baramutamaza bagaragaza imikoranire ye (…)
Umunyarwenya Ndaruhutse Merci, watangije ibitaramo byo gusetsa yise GenZ Comedy, yatumiye Perezida Kagame mu bitaramo byo gusetsa bibera mu Mujyi wa Kigali kabiri mu mwaka, amwizeza ko umunsi yaje na we bazamusetsa ivumbi rigatumuka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe yahishuye ukuntu, mbere yo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), babanje kwiyambaza Imana kugira ngo ayo masezerano azashyirwe mu bikorwa.
Minisitiri w’Imali n’Igenamigambi, Yusouf Murangwa, yavuze ko u Rwanda rukora ibintu byinshi byiza, ariko ko hari ibintu bine rudakora bituma rutihuta mu iterambere uko bigomba.
Niyotwagira Jean Damascene, umworozi uhagarariye ihuriro ry’aborozi b’inka zitanga umukamo mu Karere ka Ngoma, yabwiye Perezida Paul Kagame, ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi nta nka n’imwe yari afite kandi ko nta n’ikintu na kimwe yari afite, ariko ubu akaba atunze ku buryo agemura Litiro 100 z’amata ku munsi.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, abayobozi mu nzego zitandukanye bagaragaje aho igihugu kigeze mu iterambere, harimo n’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze ko mu butaka bw’u Rwanda buhingwa, 50% ari ubutaka busharira, ariko abaturage batuye i Nyaruguru na Nyamagabe, ngo bamaze kumva ko imiyoborere myiza ari yo y’ingenzi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yibukije ko ubusanzwe Abanyarwanda n’Abarundi ari abaturage b’impanga, ariko u Burundi muri iyi minsi bukaba bwaratekereje ko bwabonye izindi mpanga, ari bo Abanyekongo.