Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikira ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ntiyumva ukuntu Akarere ka Ruhango kohereza abakozi mu butumwa bw’akazi ntikibishyure nk’uko amategeko abiteganya.
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, n’Umusenateri wa Paraguay, Celeste Amarilla, bakomeje guterana amagambo nyuma y’umukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Isi wahuje u Bufaransa na Paraguay, warangiye Abafaransa batsinze igitego 1-0.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Umutungo n’Imari bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mikorere y’amasoko ya Cyakabiri na Nyabisindu yo mu Karere ka Muhanga, nyuma y’uko habaye kutumvikana hagati y’Akarere n’Ibiro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta (OAG) ku bijyanye n’imikorere yayo.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoresherezo y’Umutungo n’Imari bya Leta yatangajwe n’ibisubizo yahawe n’Ibitaro bya Nyabikenke ku makosa yagaragajwe n’Umugenzizi Mukuru w’Imari wa Leta muri ibyo bitaro.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko Ishinzwe Kugenzura Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yabajije ubuyobozi bw’Ibitaro by’Intara bya Ruhango ibisobanuro ku mwenda wa miliyoni 121 Frw ibitaro biberewemo n’abarwayi.
Urwego rushinzwe Ubutasi mu by’Imari (FIC) rwasohoye amabwiriza mashya agena amakosa n’ibihano ku bigo n’abashinzwe gutanga amakuru batubahiriza ibisabwa mu gukumira iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi, aho amwe mu makosa ashobora gutuma ikigo gicibwa ihazabu igera (…)
Perezida Paul Kagame yashimiye abahoze mu ngabo za RPA zafashe iya mbere mu kubohora u Rwanda, ariko ashimira by’umwihariko abahatakarije ubuzima, avuga ko n’ubwo batakiriho ibyo baharaniye bigaragara mu Rwanda tubona uyu munsi.
Perezida Paul Kagame yashimiye abahoze mu ngabo za RPA zafashe iya mbere mu kubohora u Rwanda, ariko ashimira by’umwihariko abahatakarije ubuzima, avuga ko n’ubwo batakiriho ibyo baharaniye bigaragara mu Rwanda tubona uyu munsi.
Umujyi wa Kigali wagowe no gusobanura uburyo watumyeho imodoko ikora isuku utanze ibisabwa 25 (specifications) igomba kuba yujuje, ariko rwiyemezamirimo ikazana ifite 9 gusa mu byo wasabye kandi ukayakira.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwijeje Komisiyo Ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari ya Leta (PAC) ko ikiraro cya Karuruma cyari kimaze imyaka ine cyarabaye agatereranzamba, noneho bitarenze impera z’uyu mwaka kigomba kuzaba cyatangiye kubakwa.
Mu Rukiko rwa Rubanda i Paris, mu rubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugene Rwamucyo wakatiwe gufungwa imyaka 27 kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko Dr Rwamucyo yari umugabo w’umufungamutwe wabaga mu itsinda ry’abakozi ba CUSP baturukaga mu Majaruguru y’u Rwanda.
Ikigo cya WASAC Group cyagowe no gusobanurira Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu kimaze imyaka ibiri kidakorerwa ubugenzuzi bw’imari.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mushinga wo gutunganya amazi yanduye mu Mujyi wa Kigali (Kigali Centralized Sewage System-KCSS), nyuma y’aho ubuyobozi bwa WASAC GROUP busobanuye ko uburyo wari wateguwemo bwari gusaba gusenya hafi 80% by’imihanda yo (…)
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rubera i Paris mu Bufaransa, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko katiripirali (Caterpillar) yakoreshejwe mu gushyingura imibiri y’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Nyumba no muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda, yakoraga mu buryo bwashinyaguriraga imibiri y’abishwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro, Peteroli na Gaze (RMB) cyabwiye abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko kutubahiriza inama z’Umugenzuzi Mukuru w’Imari wa Leta byatewe no kuba badatindana abakozi kubera guhembwa amafaranga make.
Ubuyobozi bwa Rwanda Housing Authority (RHA) bwabwiye abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko ukwezi kwa Kamena 2026 kuzasiga ubwatsi bwabugenewe bushyizwe muri Sitade ya Huye nk’uko byari biteganyijwe.
Ubuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’ibikorwa by’Ubwikorezi (RTDA) bwagowe no gusobanurira abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Umutungo wa Leta (PAC), uburyo bakoresheje miliyoni 392FRW mu gushyira laterite mu muhanda Rusizi-Bugarama, nyamara umuhanda bikigaragara ko n’abanyamaguru (…)
Rutahizamu ukiri muto wa Espagne, Lamine Yamal, yongeye gukurura amaso y’abakunzi b’umupira w’amaguru ubwo yaserukaga yambaye inkweto ziriho amabendera abiri mu mukino we wa mbere mu Gikombe cy’Isi akinira Espagne.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Eugène Rwamucyo rukomeje kubera mu Bufaransa, urukiko rwateye utwatsi ubusabe bw’abunganira uregwa bwo gukura mu bimenyetso biri gusuzumwa umwanzuro w’urukiko ufitanye isano n’umunyamakuru n’umwanditsi Charles Onana, wahamijwe ibyaha bifitanye isano no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ikipe ya Manchester United yatangaje ko yamaze kubona igice kinini cy’ubutaka izubakaho sitade nshya izajya yakira abafana 100,000, igikorwa gifatwa nk’intambwe ikomeye mu mushinga mugari wo kuvugurura no guteza imbere agace ka Old Trafford.
Andy Burnham yarahiriye kuba Umudepite uhagarariye agace ka Makerfield mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, mu masaha make nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Keir Starmer atangaje ko yeguye ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party).
Mu iburanisha ry’urubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugène Rwamucyo rurimo kubera mu Rukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa, mu mpera z’icyumweru gishize, abari mu rukiko batunguwe no kumva bwa mbere uyu muburanyi yihakana ubwenegihugu nkomoko bw’ubunyarwanda akavuga ko akomoka muri Kenya.
Amerika na Iran barasubukura ibiganiro mu Busuwisi kuri iki Cyumweru, mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti amakimbirane amaze igihe hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Keir Starmer, ashobora kwegura kuri uyu wa mbere nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bikomeye ku isi harimo n’ibyo mu Bwongereza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwabwiye Komisiyo ya Sena y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano ko buhangayikishijwe no guhora bwimura abaturage batuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga n’abasenyewe n’ibiza, buyisaba uvugizi kugira ngo imisozi ituweho itunganywe neza bayitureho ku buryo burambye.
Ubusesenguzi bwakozwe n’Ikinyamakuru The Athletic bugaragaza ko Ubufaransa ari cyo gihugu cyavukiyemo abakinnyi benshi bitabiriye Igikombe cy’Isi cya 2026, bukurikirwa n’u Buholandi n’u Bwongereza.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rukomeje mu bujurire mu Rukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa 18 Kamena, umutangabuhamya wize mu Ishami ry’Ubuvuzi bw’Abantu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) i Butare, yavuze ko yibuka Dr Rwamucyo nk’umwarimu wakoraga akazi ke kinyamwuga ariko w’umwirasi utarashakaga (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwabwiye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’ Abanyarwanda n’Umutekano ya Sena ko muri ako karere hari ahantu 102 ibiza byibanda (hotspots).