Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika, Umutwe w’Abadepite (House of Representatives), igenzurwa n’Abarepubulikani, yatoye umwanzuro usaba Perezida Donald Trump guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Iran keretse habayeho uburenganzira butangwa na Kongere (Sena).
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yaburiye abatuye isi ko mu mezi abiri ari imbere hitezwe inkubi y’umuyanga karundura ya El Niño ishobora kuzasiga isibye byinshi ku isi.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko igihugu cye cyagize uruhare mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, asobanura ko ukuri ku byabaye gukwiye gukomeza gushyirwa ahagaragara kugira ngo habeho ubutabera n’ubwiyunge.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.
Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yagizwemo uruhare n’abari hanze y’u Rwanda, inshingano ya mbere yo kuyisobanukirwa no kubaka igihugu kitazongera kuyisubiramo iri ku Banyarwanda ubwabo.
Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron ku butwari n’ubumuntu yagaragaje mu kwemera ko igihugu cye cyagize uruhare mu makosa yabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abantu batandukanye b’imihanda yose banenze icyemezo cya Amerika, Canada na Mexico ku ngendo z’Abanyafurika bashaka kujya kureba igikombe cy’isi (World Cup 2026).
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yanenze Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), irishinja gutangaza amakuru ajyanye n’icyorezo cya Ebola mu buryo ngo bushobora guteza urujijo no gukwirakwiza ubwoba mu baturage.
Ingabo zirinda ubutegetsi bwa Iran zizwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) zatangaje ko zagabye igitero ku birindiro bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zisobanura ko ari igisubizo ku gitero Amerika yari yagabye hafi y’umujyi wa Bandar Abbas uherereye mu majyepfo ya Iran.
Guverinoma ya Canada yatangaje ko yashyizeho ingamba zidasanzwe ku bagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.
Nyuma y’ubuvugizi bw’Inteko Ishinga Amategeko, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yongeye kugenera ingengo y’imari ibikorwa byo kubakira abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko ikigo mpuzamahanga gishinzwe gusesengura ubushobozi bw’ibihugu mu kwishyura imyenda, S&P Global Ratings, cyemeje ko u Rwanda rugumanye igipimo cya ‘B+/B’ ndetse uburyo rugaragara bukaba budahindagurika “stable”, bivuze ko ubukungu bw’igihugu bukomeje kugaragaza (…)
Amakuru atangwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, aravuga ko umurambo wa Isaie Twizerimana wari ugishakishwa na wo wabonetse.
I Rusine mu gace k’Akagari ka Kajevuba mu Murenge wa Ntarabana w’Akarere ka Rulindo, uyu munsi baramukiye mu kiriyo nyuma y’ikirombe cyagwiriye abasore babiri, umwe yitaba Imana, mu gihe usigaye agishakishwa.
Ubuyobozi bw’Intara ya Nord-Kivu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko guhera ku wa Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2026, ingendo zitwara abantu hagati y’Umujyi wa Goma n’uwa Butembo zihagaritswe by’agateganyo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo.
Kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa 21 Gicurasi, impungenge z’uko icyorezo cya Ebola gishobora gukomeza gukwirakwira mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) no mu bihugu biyikikije zirimo kwiyongera, nyuma y’aho abaturage bo mu gace ka Rwampara batwikiye ikigo cyari cyashyiriweho kuvura no gushyira mu (…)
Parfaite Anita Imena ni umukobwa wakuriye akunda ubuhinzi, aho yatangiye kubwitaho akiri muto akiga amashuri abanza, abikesha amatsinda y’ubuhinzi yo mu cyaro iwabo. Icyakora, yababazwaga no kubona imbaraga nyinshi abahinzi bashora mu mirimo yabo zidahura n’umusaruro babona, bituma yiyemeza kwiga ibijyanye n’ubuhinzi kugira (…)
U Rwanda rukomeje kwandikwa mu mateka ku Isi nk’icyitegererezo mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo. Ibi bikunze kugarukwaho binyuze mu mibare igaragaza ko abagore bagize 64% by’Abadepite, ndetse bakaba barenga kimwe cya kabiri cy’abagize Sena, ibintu byatumye u Rwanda ruba Igihugu cya mbere (…)
Impuguke mu bukungu, Dr. Donald Kaberuka yavuze ko imwe mu mbogamizi zikomeye Afurika ifite mu rwego rw’ingufu ari uko byinshi mu bikorwa byayo byo gutanga amashanyarazi bishingira ku miterere y’aho igihugu giherereye.
Mu gihe Afurika ikomeje gushaka ibisubizo birambye by’ikibazo cy’ingufu z’amashanyarazi, Dr. Donald Kaberuka yavuze ko ikibazo cy’uyu mugabane kitari ukubura imishinga cyangwa ikoranabuhanga, ahubwo ko imbogamizi nyamukuru ziri mu miyoborere, uburyo bwo gushora imari no mu mikoranire y’ibihugu.
Abadepite bagaragaje impungenge batewe n’imikoranire y’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), bavuga ko hari abakozi bakora impanuka ariko ntibahabwe indishyi zikwiye, bitewe n’uko ibipimo by’ubumuga bagize bitavugwaho rumwe n’abaganga.
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushora amafaranga menshi mu rwego rw’ubuzima no kongera umubare w’abaganga, hari imishinga minini yo kubaka no kuvugurura ibitaro ikomeje kudindira, nubwo yagenewe miliyari z’amafaranga mu ngengo y’imari.
Abasenateri bashimye intambwe u Rwanda rukomeje gutera mu kwigira no kugabanya ubushobozi rushingira ku nkunga z’amahanga, nyuma y’uko imibare y’imbanzirizamushinga w’ingengo y’imari ya 2026/2027 igaragaza ko amafaranga menshi azava imbere mu gihugu.
Umwaka utaha w’ingengo y’imari, abaganga bize muri gahunda yo gukuba abaganga inshuro enye mu gihe cy’imyaka ine bise 4x4 bazatangira kurangiza amasomo yabo, Minisiteri y’Ubuzima ikaba yateguje Guverinoma ko igomba kwitegura imishahara izahemba abize muri iyi gahunda guhera umwaka utaha.
Abasenateri bagaragaje impungenge ku igabanuka ry’ingengo y’imari yagenewe urwego rw’ubwikorezi mu mwaka wa 2026/2027, bavuga ko bishobora kudindiza ubucuruzi bw’umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi ndetse bigaca intege abashoramari.
Sena yagaragaje ko idashimishijwe n’uko mu mbanzirizamushinga w’ingengo y’imari ya Leta ya 2026/2027 hari ibikorwa byo kubungabunga inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi no kubakira abarokotse Jenoside bitagenewe amafaranga ahagije, isaba ko bikosorwa.
Sena yagaragaje impungenge ku igabanuka ry’ingengo y’imari yagenewe kugeza ibikorwaremezo mu byanya by’inganda, ivuga ko bishobora kudindiza iterambere ry’inganda, guca intege abashoramari no kugira ingaruka ku bushobozi bw’igihugu bwo kubona amadovize.
Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe isi iri kunyura mu mpinduka zikomeye zirimo gutuma gahunda mpuzamahanga yari isanzweho (world order) igaragara nk’iri gusenyuka, Afurika ikwiye kubifata nk’umwanya wo kwishakamo ibisubizo aho gukomeza gutegereza ibisubizo biturutse hanze.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’igihombo gikomoka ku kwangirika k’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi mbere yo koherezwa ku masoko mpuzamahanga, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyateganyije gushora arenga miliyari 1.3 Frw mu kubaka no gusana ibikorwa remezo (…)
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko hakiri icyuho cy’ingengo y’imari kingana na miliyari 17.2 Frw muri gahunda ya nkunganire y’imbuto, ifumbire n’ishwagara, ibintu bishobora kugira ingaruka ku bushobozi bwo gukomeza gufasha abahinzi kubona inyongeramusaruro ku gihe.