Mu gihe u Rwanda rukomeje gushishikariza urubyiruko kwinjira mu buhinzi bwa kijyambere, abakiri bato bafite imishinga y’ikoranabuhanga bavuga ko hakiri imbogamizi zibabuza kugera ku ntego, zirimo kubura igishoro no kuba udushya bahanga tutemerwa nk’ingwate mu bigo by’imari.
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubushakashatsi ku nyanja n’ikirere (NOAA) cyatangaje ko inkubi y’imiyaga ya El Niño yamaze gutangira mu nyanja ya Pasifika, nyuma y’izamuka rikomeye ry’ubushyuhe bw’amazi ryagaragaye mu mezi ashize.
Amagorofa amwe yo mu nyubako y’Icyicaro cya Minisiteri y’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kizwi nka Pentagon, yashyizwe mu kato nyuma y’uko habonetse ikibazo cy’umwuka ushobora kuba wanduye cyangwa urimo ibintu bishobora guteza ibyago.
Muri iyi ngengo sinabonye ingengo y’imari yagenewe ubushakashatsi n’iterambere, kandi nyamara mu nzego zose iyo urebye usanga ahanini zikwiriye gushingira ku byavuye mu bushakashatsi kugira ngo tuzashobore kugera kuri cya cyerekezo cy’igihugu cy’igihe kirambye, yaba mu byo dukora uyu munsi cyangwa mu guhanga udushya (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaranga (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo, yavuze ko kutabona inyandiko nyinshi z’ikoranabuhanga mu Gifaransa cyangwa mu zindi gakondo mu bihugu binyamuryango ari imbogamizi ikomeye ku kubona amakuru y’ikoranabuhanga no kurikoresha.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda igaragaza ko u Rwanda rutakaza amahirwe yo kwinjiza arenga miliyoni 430 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 600 Frw) buri mwaka kubera kohereza mu mahanga impu zitarongererwa agaciro mu gihe rwinjiza ari munsi ya miliyoni 30 gusa z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 44 Frw) mu kohereza (…)
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Bubiligi gushyiraho itegeko ribuza cyangwa rigabanya kwinjira ku bagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.
Uwahoze ari umupilote mukuru w’indege za Air Canada yatawe muri yombi nyuma yo gushinjwa gutwara indege imyaka hafi 17 adafite uruhushya rumwemerera gutwara indege zitwara abagenzi.
Ikigo cy’Igihugu cy’ Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko indwara zitandura kuri ubu ziza ku mwanya wa mbere mu guhitana umubare munini w’Abanyarwanda.
Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Cambridge mu Bwongereza batangaje ko bakoze urukingo rushya rwifashishije ubwenge buhangano (AI), bavuga ko rushobora kurinda abantu ubwoko bwinshi bwa virusi zo mu muryango wa Coronavirus ndetse n’izishobora guteza ibyorezo mu gihe kiri imbere.
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko kurengera ibidukikije n’umutungo kamere wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) bikwiye gushyirwa imbere mu rugendo rwo kubaka igihugu no guteza imbere abaturage.
Ambasade y’Ubwami bw’u Buholandi mu Rwanda, iyobowe na Ambasaderi Joan J. Wiegman, yifatanyije n’Abanyarwanda mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guhera ku wa kabari w’icyumweru gitaha, Urukiko rwa Rubanda rw’Ubujurire rwa Paris mu Bufaransa ruzatangira kuburanisha urubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo wajuririye icyemezo cyamukatiye gufungwa imyaka 27 nyuma yo guhamywa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Koperative Umwalimu Sacco yashyizeho uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo mu rwego rwo kurinda abanyamuryango igihombo.
Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika, Umutwe w’Abadepite (House of Representatives), igenzurwa n’Abarepubulikani, yatoye umwanzuro usaba Perezida Donald Trump guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Iran keretse habayeho uburenganzira butangwa na Kongere (Sena).
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yaburiye abatuye isi ko mu mezi abiri ari imbere hitezwe inkubi y’umuyanga karundura ya El Niño ishobora kuzasiga isibye byinshi ku isi.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yavuze ko igihugu cye cyagize uruhare mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, asobanura ko ukuri ku byabaye gukwiye gukomeza gushyirwa ahagaragara kugira ngo habeho ubutabera n’ubwiyunge.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwatashywe i Paris ruzagira uruhare rukomeye mu kubungabunga amateka no kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira.
Perezida Paul Kagame yavuze ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yagizwemo uruhare n’abari hanze y’u Rwanda, inshingano ya mbere yo kuyisobanukirwa no kubaka igihugu kitazongera kuyisubiramo iri ku Banyarwanda ubwabo.
Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron ku butwari n’ubumuntu yagaragaje mu kwemera ko igihugu cye cyagize uruhare mu makosa yabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abantu batandukanye b’imihanda yose banenze icyemezo cya Amerika, Canada na Mexico ku ngendo z’Abanyafurika bashaka kujya kureba igikombe cy’isi (World Cup 2026).
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yanenze Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), irishinja gutangaza amakuru ajyanye n’icyorezo cya Ebola mu buryo ngo bushobora guteza urujijo no gukwirakwiza ubwoba mu baturage.
Ingabo zirinda ubutegetsi bwa Iran zizwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) zatangaje ko zagabye igitero ku birindiro bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zisobanura ko ari igisubizo ku gitero Amerika yari yagabye hafi y’umujyi wa Bandar Abbas uherereye mu majyepfo ya Iran.
Guverinoma ya Canada yatangaje ko yashyizeho ingamba zidasanzwe ku bagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.
Nyuma y’ubuvugizi bw’Inteko Ishinga Amategeko, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yongeye kugenera ingengo y’imari ibikorwa byo kubakira abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko ikigo mpuzamahanga gishinzwe gusesengura ubushobozi bw’ibihugu mu kwishyura imyenda, S&P Global Ratings, cyemeje ko u Rwanda rugumanye igipimo cya ‘B+/B’ ndetse uburyo rugaragara bukaba budahindagurika “stable”, bivuze ko ubukungu bw’igihugu bukomeje kugaragaza (…)
Amakuru atangwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo, aravuga ko umurambo wa Isaie Twizerimana wari ugishakishwa na wo wabonetse.
I Rusine mu gace k’Akagari ka Kajevuba mu Murenge wa Ntarabana w’Akarere ka Rulindo, uyu munsi baramukiye mu kiriyo nyuma y’ikirombe cyagwiriye abasore babiri, umwe yitaba Imana, mu gihe usigaye agishakishwa.