Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze ko mu butaka bw’u Rwanda buhingwa, 50% ari ubutaka busharira, ariko abaturage batuye i Nyaruguru na Nyamagabe, ngo bamaze kumva ko imiyoborere myiza ari yo y’ingenzi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yibukije ko ubusanzwe Abanyarwanda n’Abarundi ari abaturage b’impanga, ariko u Burundi muri iyi minsi bukaba bwaratekereje ko bwabonye izindi mpanga, ari bo Abanyekongo.
Guhera kuri uyu wa 3 Gashyantare, Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC) yatangiye gusuzuma uko Itegeko rigenga amasoko ya Leta rishyirwa mu bikorwa, hagamijwe kureba uko amakosa agaragaramo yakosorwa.
Ku myaka ibarirwa muri 90, Lyonell Fliss, umwe muri bake bashoboye kurokoka Jenoside yakorewe Abayahudi hagati y’1941-1945 igahitana abarenga miliyoni eshashatu (6,000,000) yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bukomeye bw’abishi babo, akaba abyibuka nk’aho byabaye ejo, n’ubwo yari umwana w’imyaka itandatu.
Kuri uyu 27 Mutarama, u Rwanda rwifatanyije n’amahanga mu kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, igahitana abarenga miliyoni esheshatu n’abandi bantu babarirwa muri za miliyoni bishwe n’ubutegetsi bw’Abanazi, rugaragaza impungenge ku kwiyongera kw’urwango, ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside ku isi.
I Los Angeles muri Leta ya California, kuri uyu wa kabiri hatangiye urubanza rw’umukobwa w’imyaka 19 ushinja MetaAI kumena amakuru y’ibanga ahererekanya na bagenzi be, bikaba byaragize ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe.
WASAC Group, ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura, cyatangaje ko guhera ku wa 26 Mutarama 2026, zimwe muri serivisi zijyanye no gutanga amazi zatangiye gukorerwa ku rubuga rwa IremboGov, mu rwego rwo korohereza abafatabuguzi no kunoza imitangire ya serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umuryango w’Abashinwa baba mu Rwanda wizihije Umwaka Mushya w’Abashinwa (Lunar New Year) wa 2026, wakira ku mugaragaro itsinda rishya ry’Abaganga b’Abashinwa (China Medical Team – CMT), bishimangira gukomeza ubufatanye mu by’ubuvuzi bumaze imyaka 45 hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa.
Mu nama yo ku rwego rwo hejuru yabereye i Stockholm muri Suwede, ihuza Afurika n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’Uburayi ku buzima (Africa–Nordic Health Summit), u Rwanda rwasangije amahanga ubunararibonye mu gushyiraho ingamba zigamije kuziba icyuho cy’umubare w’abaganga ukiri muto, hibandwa ku mpinduka zirambye mu rwego (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yageze i Lomé muri Togo aho yitabiriye inama y’urwego rwo hejuru igamije guteza imbere amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ndetse no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zatangiye kugurisha ku mugaragaro peteroli ya Venezuela, nyuma y’aho Perezida w’iki gihugu, Nicolás Maduro, ashimutiwe n’ingabo za Amerika, ashinjwa ibyaha byo gukorana n’abambutsa ibiyobyabwenge muri USA.
Kuva kuri uyu wa 14-16 Mutarama 2026, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yitabiriye Inama ya 28 y’Abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko mu Muryango wa Commonwealth (CSPOC), ibera mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Buhinde, i New Delhi.
Mu Rwanda, ikibazo cy’abantu bagura ibinyabiziga bakabikoresha batarakoze ihererekanya ryabyo (mutation) kimaze igihe kigaragaza icyuho mu mikorere y’amategeko.
Mu mpera z’iki cyumweru turangije, ku mbuga nkoranyambaga hari higanje ubutumwa bwuzuye amarangamutima avanze n’agahinda, kubera busubiza imvugo za Gen Sylvain Ekenge, Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC), zitesha agaciro Abatutsi n’Abatutsikazi by’umwihariko.
Buri mwaka utambutse usigira amarangamutima imiryango y’Abanyarwanda, kubera ibyo banyuzemo, ibyo bibuka, ariko cyane cyane abo basezeyeho bakibakunze. Umwaka wa 2025 na wo, nta mwihariko wazanye kuri iyo ngingo, uretse ko wo wazanye ugutungurana kwinshi, ukajyana benshi, maze umuryango nyarwanda muri rusange ukajya mu cyunamo.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko Polisi y’u Rwanda isigaye itanga amahugurwa ku bapolisi bayo ameze nk’aya gisirikare mu rwego rwo kwitegura ikibazo icyo ari cyo cyose cyavangira umutekano w’abantu n’ibintu.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ku wa 23 Ukuboza 2025, yahurije mu nama abatekinisiye b’inzobere mu bikorwa byo kuhira, mu rwego rwo kuziba ibyuho mu nshingano bafite.
Kuva muri Mata 2025, u Rwanda rwatangiye kwitabira isuzuma mpuzamahanga mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bafite imyaka 15, hagamijwe kwipima bakareba aho uburezi bw’u Rwanda buhagaze mu ruhando mpuzamahanga.
Igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cy’Akarere ka Nyagatare (2023–2050) kigaragaza ko mu myaka hafi 30 iri imbere, Nyagatare izaba ari akarere k’ubuhinzi n’ubworozi bukataje.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Ukuboza, abaturage b’i Uvira bakangukiye ku nkuru itunguranye: Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryemera kwikura mu mujyi, ryari ryafashe mu cyumweru gishize. Ni mu ntambara barwana na Leta ya Congo n’abayishyigikiye, ikaba irangwa no kwihuta cyane, ndetse n’amasezerano (…)
U Rwanda rwongereye ubugenzuzi n’ibihano ku masosiyete ananirwa gushyira mu bikorwa imishinga ya Leta, aho byibura amasosiyete 103 yashyizwe ku rutonde rw’abatemerewe gupiganirwa amasoko ya Leta kuva mu 2021, azira imikorere mibi, kurenga ku masezerano no gutanga amakuru atari yo, nk’uko bigaragazwa n’imibare y’Ikigo (…)
Abadepite b’u Rwanda, Hon. Germaine Mukabalisa na Hon. Damien Nyabyenda, kuri uyu wa 08 Ukuboza 2025, batsindiye imidali itatu mu mikino ihuza abagize Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (East African Community Inter-Parliamentary Games) ibera i Kampala muri Uganda.
Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi yari arimo ku mugoroba wo ku wa 27 Kamena 2019, hamwe na Madame Jeannette Kagame muri Botswana, yagaragaje ko ibihugu byombi bisangiye intego yo guharanira iterambere ry’imibereho y’abaturage.
Madame Jeannette Kagame na Madame Neo Masisi, umugore wa Perezida wa Botswana, ku wa 27 Kamena 2019, basuye ibikorwa by’umuryango Botswana-Baylor wita ku bana n’ingimbi barwaye Kanseri n’abafite ubwandu bw’agakoko gatera Sida muri Botswana.
Bamwe mu bafatanyabikorwa b’Umuryango Imbuto Foundation mu rugamba rwo guhangana n’ikibazo cy’abangavu baterwa inda barasaba ko gahunda yo gukumira ko abangavu bakomeza guterwa inda zashingira ku muryango no ku rwego rw’umudugudu kuko bigaragara ko abakora ibyo byaha bahishirwa.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Kamena 2019 ku i saa sita n’igice, Abanyarwanda n’abaturarwanda bakunda gusura ubutaka butagatifu muri Israel barasubizwa kuko RwandAir, ikompanyi y’u Rwanda ikora ingendo rusange, itangira ingendo zerekeza i Tel Aviv muri Israel.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peteroli na gaz (RMB) kiratangaza ko uyu mwaka wa 2019 uzarangira kimenye niba peteroli iri mu Rwanda ihagije ku buryo ishobora gutangira gucukurwa.
Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente avuga ko kugira ngo abana b’Abanyafurika bagere ku rwego rwo kwiga amashuri makuru bafite imitekerereze ishobora gusesengura ibibazo Afurika ifite, hakwiye kubanza gukemura ikibazo cyo kubafasha kumva no gukora ku bintu birimo imibare.