Antoine Mugesera, umusaza w’imyaka 77 y’amavuko wahoze uri umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yibuka ko yatunze konti ya banki bwa mbere mu 1970 muri Banki yitwaga Caisse d’Epargne kugira ngo abone aho azajya acisha umushahara we.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari mu ruzindiko rw’iminsi ibiri i Abuja muri Nigeria aho aza gutanga ikiganiro mu nama yo kurwanya ruswa iribufungurwe kuri uyu wa 11 Kamena 2019 na Perezida w’icyo gihugu, Muhammadu Buhari.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Jean Damascene Bizimungu, Umugenzuzi w’Imari (Auditeur) w’Akarere ka Rutsiro ashinjwa kwakira ruswa ngo adashyira ku karubanda ubuyobozi bwa Koperative KOPAKAMA mu ikoreshwa nabi ry’umutungo w’iyi koperative.
Uruganda rumwe rukumbi rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rugiye kubona umukeba mu gihe rwari rumaze imyaka irenga 30 rwihariye isoko ryo gukorera sima ku butaka bw’u Rwanda.
Mu myaka 10 yakurikiye ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uwabaga ufite imodoka yagize ikibazo ashaka gukoresha, aho wagana hose mu magaraji yo mu Rwanda by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, wakirwaga n’Ikigande cyangwa Igiswahili kuko mu Rwanda hari abakanishi benshi b’abanyamahanga ndetse ugasanga ari na bo (…)
Theresa May, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, amaze kwegura nyuma yo kunanirwa gukura Ubwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) mu cyo bari barise “Brexit”.
Mu gihe amazi ari kimwe mu by’ibanze umuntu akenera kugira ngo abeho ndetse akaba ari no mu burenganzira bw’ibanze bwa muntu, hamwe na hamwe mu Mujyi wa Kigali usanga kujya kuhatura ugomba kubanza kwitegura ko ushobora kujya uyabona gake gashoboka. Ibi bikajyana no kwitegura kongera amazi ku kiguzi cy’ubukode kuko ibura (…)
Ku muhanda Nyabugogo-Giticyinyoni, uhasanga amajerekani atondetse kuri kaburimbo abakarani - ngufu bacuruza amazi, abandi basunika ibigorofani binini by’ibyuma byuzuye amajerekani y’amazi bagenda bayagurisha abatuye muri ako gace.
Newcities, Umuryango udaharanira inyungu mu gihugu cya Canada uteza imbere imiturire y’imijyi yimakaza imibereho y’abayituye, wahaye Umujyi wa Kigali igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’ubuzima rusange.
Umunyamabanga wa mbere wa Ambasade y’u Rwanda mu Bwongereza, James Uwizeye, avuga ko u Rwanda rwiteguye gutabara aho ari ho hose ku isi, rufite ubushobozi bwo kugera, hashobora kuba amacakubiri yaba intandaro ya Jenoside, mu rwego rwo gukumira ko ibyabaye mu Rwanda mu 1994 nta handi byakongera kuba ku isi.
Ikigo cy’ubufatanye mpuzamahanga cya Koreya y’Epfo (KOICA), kuri uyu wa 16 Gicurasi 2019, cyasinyanye na Minisiteri y’Urubyiruko amasezerano y’inkunga ya miliyoni 7 n’ibihumbi 500 by’Amadolari ya Amerika azafasha urubyiruko guhanga ibihumbi 20 by’imirimo.
Angelique Uwamahoro, umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka 24 wari muri Gare ya Nyabubogo mu ma saa tanu kuri uyu wa 13 Gicurasi 2019, agiye gufata imodoka yerekeza i Muhanga, avuga ko mu cyumweru gishize yateze imodoka umushoferi akajya anyuzamo akigira ku mbuga nkoranyambaga muri telefone ye.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda burasaba abashinzwe gushyira ingengo y’imari ya Leta mu bigo bitandukanye bya Leta kurya bari menge, kuko ngo ibihano bijyanye n’ibyaha ku kwangiza umutungo wa rubanda byakajijwe bigakurwa mu makosa bigashyirwa mu byaha by’ubugome.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Johnston Busingye, yihanangirije abahesha b’inkiko barangiza imanza ariko bakagira akaboko kadashaka kurekura amafaranga y’irangizarubaza ngo bayageze kuri ba nyirayo bakimara kurangiza urubanza.
Anne Marie Niwemwiza, Umunyamakuru wa KT Radio ukora ikiganiro “Ubyumve ute”, yibuka atangira iki kiganiro muri 2015 uburyo byari bigoye guhamagara umuyobozi mu kiganiro ngo yemere kukijyamo kuko hari imyumvire ko ibitangazamakuru bakorana na byo ari ibya Leta gusa.
Mu buryo butunguranye, muri Gicurasi 2018, mu rugo rw’uwitwa Emilienne Uwimana mu ruganiriro rw’inzu yabagamo, yanabyariyemo abana babiri havumbuwe icyobo gifite metero 30 z’ubujyakuzimu gitabyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Pélagie Nyirakamana, Umubyeyi wo mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yarwaje umwana Bwaki muri 2016 agera ku rwego rwo kuba atarashoboraga no kuzamura akaboko cyagwa gutambuka neza.
Bamwe mu rubyiruko rw’Intore z’Inkomezabigwi, icyiciro cya karindwi, bari mu bikorwa by’urugerero mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi baravuga ko imikoranire idasobanutse yabo n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abagenerwabikorwa ndetse no kubura ibikoresho bituma batagera ku ntego zabo.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Maya mu Kagari ka Kabuga ho mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko bishyize hamwe bakubakirana ubwiherero binyuze mu biganiro bahawe n’Itorero ry’Igihugu mu mudugudu wabo, ariko ngo bakaba barabuze isakaro bitewe n’ubushobozi buke.
Intore z’Abanyamakuru zibumbiye mu mutwe w’Intore w’Impamyabigwi zatumwe hiryo no hino mu gihugu guhamya ibigwi by’indi mitwe y’intore hagamajwe kwimakaza umuco w’ubutore mu Banyarwanda mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Icyegeranyo cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ku ndwara ya Malariya giherutse kumurikwa muri 2016 kigaragaza ko umwana umwe ku isi buri minota ibiri aba yishwe na Malariya.
Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO) buravuga ko bwamaze kuganiriza abamotari ku buryo bitarenze Kamena 2019 abatwara abagenzi kuri moto bose bazaba bafite utwuma tubara ibilometero watwaye umugenzi kandi tukagena igiciro akwishyura.
Ubuyobozi bw’Ikigega cy’u Rwanda cy’Ingoboka (Special Guarantee Fund) buravuga ko kuva muri Nyakanga 2018 kugeza muri Werurwe 2019 kishyuye miliyoni 530FW kubera abantu basabye indishyi kubera guhohoterwa n’ibinyabiziga bidafite ubwishingizi.
Polisi y’u Rwanda yafatanye kasha 74 umugabo wo mu kagari ka Kigarama, mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge ukora ibyangombwa by’ibyiganano by’ibigo bitandukanye akabiha abajya kubyibisha.
Mu gitondo cyo ku wa 11 Mata 2019, Jeannine Nyiransabimana w’imyaka 34 y’amavuko, wo mu Karere ka Kirehe, yabyutse yitegura ngo ajye kwifatanya n’abandi kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ntibyamuhira kuko ngo umugabo bivugwa ku ubundi bari basanzwe babanye neza, yahise amwica ngo amuhora ko atashakaga (…)
Festus Ndayisaba wari umukozi wa PNUD, rimwe mu mashami ya One UN mu Rwanda, ngo yategetswe kwishyura amasasu yo kwicishwa, we n’umuryango we, kugira ngo baticwa urw’agashinyaguro.
Mu gihe Banki ya Kigali (BK) yibukaga abari abakozi bayo cumi na batanu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku wa 12 Mata 2019, imiryango yabo yishimiye ko ku nshuro ya mbere ubwo bibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, basanze kuri BK hari Urwibutso rya Jenoside ruriho amazina y’abahoze ari abakozi b’iyo (…)
Mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, Banki ya Kigali (BK), kuri uyu wa 12 Mata 2019, yifashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Ntarabana, Cyinzuzi na Burega mu Karere ka Rulindo iha ingufu z’amashanyarazi ingo ijana ndetse inasana inzu 16 (…)
Richard Mugenzi wari maneko mu ngabo za Habyarimana avuga ko ku wa 6 Mata 1994, indege ya Perezida Habyarimana imaze kumanurwa, abari abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) n’ingabo z’Ubufaransa zari mu Rwanda bamutegetse gutegura ubutumwa buvuga ko FPR-Inkotanyi imaze guhanura indege y’umukuru w’igihugu.
Igisirikare cya Sudan cyamaze gutangaza ko cyakuyeho Perezida Omar al-Bashir kandi ko kigiye guhindura Itegeko Nshinga mu myaka ibiri iri mbere.