Mu magambo aremereye, kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017, urubanza rwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru, rwakomeje yisobanura ku makuru yatanzwe n’ubushinjacyaha.
Ubushinjacyaha bwisobanuye ku bujurire bwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside butera utwatsi ibyo gukusanya abaturage aho uregwa avuka ngo bashinje, banashinjure.
Gahunda ya “Gira Inka” munyanyarwanda yashyizwe mu biganza by’imiryango itandatu ya sosiyete sivile ikazafatanya n’ubuyobozi bw’imirenge n’utugari kuyicunga.
Nyuma y’imyaka ibiri bavumbuye ikoranabuhanga ryo guhererekanya amafaranga nta kiguzi rigashorwamo Imari rigakomera, Patrick Muhire na Cedrick Muhoza Abanyarwanda b’abavandimwe, bageze i Silicon Valley mu Majyaruguru ya San Francisco muri Leta ya Calfornia muri USA, aho bakomereje uyu mushinga wabo umaze kugera ku gaciro ka (…)
Emmanuel Mbarushimana woherejwe n’inkiko zo muri Danmark kuburanira mu Rwanda yigaramye abamwunganira mu rukiko, asaba ko bahindurwa ariko urukiko rubitera utwatsi.
Abakozi ba Leta batagira inzu bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse muri gahunda ya Leta yo gukemura ibibazo by’amacumbi.
Akanama k’umutekano n’amahoro k’Afurika Yunze Ubumwe (AU) karahamagarira ibihugu byo muri Afurika bicumbukiye abakoze ibyaha bya Jenoside kubacira imanza cyangwa bikabohereza mu Rwanda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM) ryaguze mu Rwanda toni 508 z’ibishyimbo byo kugoboka u Burundi bwugarijwe n’amapfa.
Uruganda rwa mbere rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasembuye mu Rwanda (Bralirwa) rwatangaje ko inyungu rwabonye muri 2016 rutarishyura imisoro ingana na miliari 2 na miliyoni 670 z’amafaranga y’u Rwanda muri 2016.
Televiziyo y’Abafaransa yibasiwe n’abakoresha urubuga rwa Twitter, kubera inkuru yakoze ivuga ku ngabo z’Abafaransa zashinjwaga gufata abagore bo muri Centre Afrika, ariko bagahitamo koresha ifoto ya Polisi y’u Rwanda.
U Rwanda rugomba gutegereza nyuma y’umwaka wa 2030 kugira ngo umuhanda wa mbere wa Gari ya moshi ugere mu Rwanda, bityo rushobore guhahirana n’ibindi bihugu byo mu karere nta nzitizi.
Perezida Paul Kagame asanga hakiri kare ko Afurika yabazwa icyo itekereza ku mubano wayo na Donald Trump wa Amerika, mu gihe n’abamutoye ubwabo bataramenya neza icyo azabagezaho.
Inteko y’Ibihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EALA) yemeje Itegeko ry’Uburinganira n’Iterambere hagati y’abagabo n’abagore inasaba ko u Rwanda rwabera ibindi bihugu urugero mu kuryubahiriza.
Kompanyi yo mu Busuwisi “WISeKey”, mu Nama Mpuzamahanga yiswe “Mobile World Congress” i Barcelone muri Espagne yatangaje ko igiye kubaka i Kigali ikigo cy’icyitegererezo mu guhererekanya amakuru ku bantu n’ibyabo.
Umucamanza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) yahamije Umunyarwanda, Gervais Ngombwa,ibyaha bya Jenoside no kwinjira muri USA yifashishije amakuru y’ibinyoma, amukatira gufungwa imyaka 15.
Nyuma y’uruzinduko rwa Visi Perezida w’Ubuhinde, Hamid Ansari, mu Rwanda, Ubuhinde bugiye guca amasashi mu cyo bise “Clean India”.
Muri uku kwezi kwa Gashyantare 2017, u Rwanda ni rwo rurimo kuyobora Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Afurika yunze Ubumwe (AUPSC).
Félicité Niyitegeka, umubikira wayoboraga Centre Saint Pierre i Rubavu mu cyari Gisenyi, yimye amatwi musaza we wari umusirikare ukomeye yemera gupfana n’Abatutsi 43 yari yahaye ubuhungiro
Niyitegeka Sostène, w’i Ntosho mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Bweramana muri Ruhango, yarwanye ku batutsi 104 kuva Jenoside itangiye, kugeza abagejeje mu maboko y’Inkotanyi.
Leta y’u Rwanda ikeneye miliyari 5FRW yo gusana ibyangijwe n’imvura iherutse kwibasira uturere dutanu igasenyera amagana y’abantu.
Leta y’ U Rwanda irimo gushakisha imiryango irenga 1000 yifuza kwakira abana bamaze imyaka ine mu bigo by’impfubyi barabuze imiryango ibakira ngo ibarere.
Ubushakashatsi bwa Loni bwagaragaje ko amahirwe y’Abanyarwanda yo kubaho igihe kirekire akomeje kwiyongera ku buryo muri 2030, Abanyarwanda bazaba bashobora kubaho imyaka 70.
Urukiko rw’Ibanze rwa Lilolongwe muri Malawi rwongeye gusubika urubanza rwo kohereza mu Rwanda Vincent Murekezi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo (MONUSCO) zihakana zivuye inyuma ko nta murwanyi wa M23 n’umwe uri ku butaka bwa Congo (DRC).
Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA) yatangaje ko iri mu nzira zo kwemererwa gukorera mu Rwanda, aho yiteguye kuziba icyuho muri serivisi za banki zifashisha ikorabuhanga rya telefone.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yasabye amabanki n’ibigo by’imari gukusanya amafaranga yose ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa (dormant) agashyirwa kuri konti yabugenewe muri BNR.
Umuceri u Rwanda rwohereza mu mahanga wikubye inshuro 230 mu gihembwe cya 2015-2016 ruhinjiriza ayikubye inshuro 468 ugereranyije n’igihembwe cyabanje cya 2014-2015.
Muri uyu mwaka dusoza, u Rwanda rwaranzwe no gufata imyanzuro ikomeye ku bukungu bwarwo ndetse runatsura umubano n’ibindi bihugu byinshi birimo n’iby’ibihangange.
Mu butumwa bwifuriza ingabo n’izindi nzego zishinzwe umutekano Noheli nziza n’umwaka mushya muhire, Perezida Kagame yavuze ko ubwitange, ubunyamwuga n’ikinyabupfura cyabo, ari yo nkingi y’iterambere u Rwanda rugezeho.
Umwe mu myanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 14, ugaruka ku kugena igihe ntarengwa u Rwanda ruzagera ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari.