Umuhanzi w’Umunya-Jamaica wamamaye mu njyana ya Reggae, Jimmy Cliff, yitabye Imana azize uburwayi, akaba yari afite imyaka 81.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine usanzwe ufatanya na murumuna we Kamikazi Dorcas, yanditse ubutumwa bukomeye bukubiyemo agahinda ndetse n’ubuzima bushaririye akomeje gucamo.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Rev Emmanuel Ganza, yavuze ko yishimiye kongera kugaruka mu Rwanda kuko ari mu rugo, kandi hamurutira ahandi hose yaba atuye ku Isi.
Umuhanzi Senderi Hit ukomeje icyiciro cya kabiri cy’ibitaramo bizenguruka Uturere twose tw’Igihugu, mu kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki yataramiye ab’i Musanze avuga ko yasanze baramwiteguye, mu kumushyigikira muri uru rugendo afata nk’amateka.
Umuhanzi Richard Nick Ngendahayo wamamaye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yashimye Perezida Paul Kagame wagize uruhare rukomeye mu gutuma u Rwanda rugira izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga, ndetse rukaba Igihugu cyubashywe n’amahanga, akavuga ko aho yaba ari hose aterwa ishema no kwitwa Umunyarwanda.
Nyuma y’igihe kirenga imyaka umunani atagera mu Rwanda, umuhanzi Kitoko Bibarwa, wakanyujijeho mu ruhando rwa muzika Nyarwanda, agiye kongera gutaramira mu Rwanda.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 2 Ugushyingo 2025, BK Arena yari iteye amabengeza ubwo ibirori bya Sherrie Silver Gala 2025, byahurizaga hamwe ubuhanzi, imideli, ibikorwa by’ubugiraneza n’ubudasa bwa Afurika byabereye hamwe.
Umuhanzi wo hambere, Ngabonziza Augustin, wamenyakanye mu ndirimbo yamamaye cyane ‘Ancilla’, yitabye Imana mu ijoro ryakeye ry’uyu wa Mbere tariki 3 Ugushyingo 2025 azize uburwayi.
Byatangarijwe mu birori bibereye ijisho bya ‘The Silver Gala’, byari bigamije gushaka ubufasha bwo gushyigikira urubyiruko rwo muri Sherrie Silver Foundation, rufite impano mu muziki ndetse no kubyina.
Hari indirimbo yo ha mbere yitwa Adela Mukasine yaririmbwe na orchestre Umubano mu ijwi rya Capiteni Nsengiyumva Bernard, aho bagira bati “Adela Mukasine umukobwa wa Stanislas, yasomye wisiki arayisinda ayicuruye iramucurangura…” Nubwo uvugwa muri iyo ndirimbo yabayeho, ntabwo ibimuvugwaho byose ari ko byagenze.
Nyakwigendera Rodrigue Karemera, ni umwe mu bahanzi b’umwuga babyigiye hanze y’u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Usibye guhimba, kwandika indirimbo no gucuranga, Karemera yanakoraga mu biro byari bishinzwe gutegura integanyanyigisho ya muzika muri MINEPRISEC, Minisiteri y’Uburezi bw’Amashuri Abanza n’Ayisumbuye (…)
Umuhanzi Senderi International Hit yasubukuye ibitaramo bye byo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, aho azataramira mu turere 12 tw’u Rwanda, agashimisha abakunzi be mu ndirimbo ze zikunzwe na benshi.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, atangaza ko yiyemeje gusohora indirimbo nshya buri cyumweru kugeza mu kwezi k’Ukuboza, zose ziri kuri albumu ye nshya yise ‘Hobe’.
Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Niyomurinzi Emmanuel, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Em Murinzi, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Wiringire Uwiteka’.
Umuhanzi w’Umurundi Kirikou Akili wamenyekanye mu ndirimbo ‘Aha ni he’, agiye gusohora indirimbo yahuriyemo n’abahanzi b’Abanyarwanda barimo Bushali, Yampano na Davis D, akaba ari i Kigali aho yitabiriye igitaramo kidasanzwe yatumiwemo.
Umuhanzi Emma Rwibutso urimo kuzamuka no kugaragaza impano mu ndirimo zo guhimbaza Imana, yashyize hanze indirimbo ya gatanu yise ‘Rukundo’. Yayikoranye na mugenzi we Bosco Nshuti umaze kugira izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025, umuhanzi Muligande Jacques uzwi cyane nka Mighty Popo, yamuritse filime yise Killer Music, ikaba yakinwe bwa mbere, igikorwa cyitabiriwe n’ibyamamare mu ngeri zitandukanye ndetse na bamwe mu bayobozi bakuru mu nzego za Leta.
Iserukiramuco rya Filime rya Mashariki African Film Festival (MAAFF) ku nshuro yaryo ya 11, rigarukanye umwihariko wo guhemba imodoka ku bakinnyi ba sinema bakunzwe cyane bagatorwa n’abaturage (People’s Choice Actor & Actress), n’igihembo cy’icyubahiro kizwi nka ’Lifetime Achievement’.
Umuvugizi wa Police, ACP Rutikanga yemeje ko abahanzi Barbara Horn Teta wamamaye nka Babo na Ariel Wayz bafunze.
Itsinda ryamamaye ku Isi mu njyana ya Zouk, Kassav, ritegerejwe gususurutsa abitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20, binyuze mu gitaramo cyiswe Conservation Gala Dinner gitegerejwe kuri uyu wa 6 Nzeri 2025 muri Kigali Convention Center.
Umuryango wa Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close wasangije abitabiriye amasengesho y’urubyiruko yo gusengera Igihugu azwi nka Young Leaders Prayer Breakfast urugendo rw’imyaka 12 bamaze bubatse urugo n’ibyabafashije kugira urugo rwiza.
Abahanzikazi Alicia and Germaine bamaze kumenyekana mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel) bashyize hanze indirimbo nshya bise ‘Ndahiriwe’ yasohokanye n’amashusho yayo, bakizera ko izagera kure hashoboka bitewe n’uburyo yitondewe mu kuyitunganya.
Kuva mu mwaka wa 2018 binyuze mu muryango Imbuto Foundation hatangijwe amarushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi hagamijwe gushyigikira no kuzamura impano z’abakiri bato.
Waba uri umukirisitu, umuyisilamu, umuhindu, umubudisite, umubahayi, cyangwa se nta na hamwe ubarizwa, biragoye kuba waba utarigeze wumva indirimbo yitwa ‘What a friend we have in Jesus’, ikunze kuririmbwa n’abo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi. Mu Kinyarwanda iragira iti ‘Nta nshuti nziza nka Yesu (Yezu). (…)
Ku wa 18 Ukwakira 2025, muri Zaria Court i Kigali hazabera ibirori by’akataraboneka bizashyushya Umujyi wa Kigali, bikaba byarateguwe mu rwego rwo kwizihiza umuziki, kwidagadura ndetse n’ubuvandimwe buhoraho.
Umuraperi akaba na rwiyemezamirimo, Gauchi The Priest yateguje abakunzi be Album ye ya mbere yise ’Collabo’, izaba igizwe n’ibihangano byinshi bigaruka ku buzima busanzwe abantu babamo.
Umusizi Murekatete Claudine, yashyize hanze amashusho y’igisigo yise ’Arubatse’ yakoranye n’umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime, Nsabimana Eric, uzwi cyane nka Dogiteri Nsabi.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Manzi Olivier uzwi nka Manzi Music, yatangaje ko kuva kuri uyu wa 15 Kanama 2025, atakibarizwa muri sosiyete ya Moriah Entertainment isanzwe ifasha abahanzi batandukanye bakora umuziki wa Gospel, nyuma y’imyaka itatu bari bamaze bakorana.
Nk’uko twabivuzeho mu nkuru iheruka ku bihangano n’amateka ari inyuma yabyo, indirimbo zose burya si ko ziba zishingiye ku nkurumpamo. Hari abahanzi bahimba indirimbo bashingiye ku bigezweho mu gihe cyabo, abandi ku bibazo abantu bahura nabyo, abandi bagahimba izishishikariza abaturage kwitabira gahunda za leta n’izindi.
Umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz, yahishuye uko kwangwa n’umukobwa bakundanaga amuziza ubukene byamuhaye inganzo, ahimba indirimbo ye yise ‘Kamwambie’ yahinduye ubuzima bwe kuko yakunzwe cyane, nubwo uko gutandukana na we byamuteye agahinda.