Ngabonziza Augustin wamenyekanye mu ndirimbo ‘Ancilla’ yitabye Imana

Umuhanzi wo hambere, Ngabonziza Augustin, wamenyakanye mu ndirimbo yamamaye cyane ‘Ancilla’, yitabye Imana mu ijoro ryakeye ry’uyu wa Mbere tariki 3 Ugushyingo 2025 azize uburwayi.

Umuhanzi Ngabonziza Augustin yitabye Imana
Umuhanzi Ngabonziza Augustin yitabye Imana

Uyu muhanzi yamenyakanye cyane muri orchestre zitandunye nka ‘Les Citadins’, ari na we wayishinze afatanyije na mukuru we Ngaboyisonga Bernard, banafatanyije mu bihangano bitandukanye, nk’uko byatangajwe na Andre Glomyko wabanye na we, wanamufashije mu by’umuziki, mu kiganiro yagiranye na RBA.

Mu ndirimbo za Orchestre Les Citadins Ngabonziza yagizemo uruhare harimo Ancilla, Iwacu mu Rwanda Yewe mwari byose birakunaniye, Rugori rwera, Nkumi nziza n’izindi nyinshi.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka