Umuraperi w’Umunyamerika Benjamin Hammond Haggerty, wamamaye nka Macklemore yahagaritse ibitaramo yari afite mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu nyuma yo gushinja iki gihugu gushyigikira intambara iri kubera muri Sudani
														
													
													Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuza, uzwi nka Eddy Kenzo, yashimye Perezida Museveni wa Uganda ndetse avuga ko yizeye ko hari icyo yamubonyemo ubwo yamuhaga inshingano zo kuba umujyanama we mu bijyanye n’ubuhanzi n’ubugeni.
														
													
													Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya pop, Justin Bieber n’umugore we Hailey Rhode Baldwin Bieber bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana w’umuhungu bahise baha izina rya Jack Blues Bieber.
														
													
													Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Augustin Miles Kelechi Okechukwu, uzwi cyane ku izina rya Tekno Miles, yahakanye amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ko yaguye igihumura ubwo yari ku rubyiniro muri Afurika y’Epfo.
														
													
													Jennifer Lopez yasabye gatanya n’umugabo we Ben Affleck, nawe uzwi cyane mu bya filimi, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Amerika n’ahandi bivuga ko wari umwe mu miryango (couples) zizwi cyane kurusha izindi muri Hollywood.
														
													
													Jude Okoye, mukuru wa Peter na Paul Okoye bari bagize itsinda rya muzika rya Psquare akaba yaranababereye umujyanama, yatangaje ko yakuyemo akarenge ke mu kugerageza gukemura amakimbirane akomeje kuvuka hagati y’aba barumuna be b’impanga.
														
													
													Uyu mugabo ni umwe mu bakinnyi ba filimi batumye sinema y’u Bufaransa igira ibihe byiza, akaba yaramenyekanye cyane akina nk’umuntu utisukirwa muri filimi zakunzwe cyane zirimo iyitwa Le Samouraï mu 1967.
														
													
													Umuhanzi Fally Ipupa ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba azwi cyane mu njyana ya Rumba, yari ategerejwe n’abafana be benshi bari baje kumureba mu gitaramo yari gukora kuwa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, ariko birangira ataje, aho bamwe mu rubyiruko rwari rumutereje, bagaragaje uburakari bavuga ko (…)
														
													
													Umuhanzikazi Sheebah Karungi uri mu Rwanda aho yitabiriye igitaramo kizaba kuri uyu wa Gatandatu, yatangaje ko muri gahunda afite harimo kubyara, akagira abana nubwo ibijyanye no gushaka ntabyo ateganya.
														
													
													Jackson Mucunguzi, umwe mu bayobozi bakuru ba Polisi muri Uganda, yatangaje ko Shakib Lutaaya (Cham), umugabo wa Zari Hassan, naramuka yifuje kwegeranya ibimenyetso byose birimo ibirego by’ihohoterwa akorerwa n’uyu mugore harimo irishingiye ku mutungo ndetse n’iry’imitekerereze inzego zibishinzwe ziteguye kumwakira.
														
													
													Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za America, nkuko asanzwe abigenza buri mwaka yashyize hanze urutonde rw’indirimbo yakunze cyane kurusha izindi mu mpeshyi ya 2024.
														
													
													Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Israel Mbonyi yakiriwe nk’umwami ubwo yari ageze i Nairobi muri Kenya, yakirwa n’umwe mu bantu bazwi mu gutegura ibitaramo bikomeye witwa Big Ted ndetse n’abanyamakuru bakorera ibinyamakuru bitandukanye by’aho muri Kenya.
														
													
													Israel Mbonyi, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana akaba kandi umwe mu bamaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, agiye gutaramira muri Uganda.
														
													
													Umuhanzi w’Umunyanigeriya, Paul Okoye uzwi nka Rude Boy wamamaye mu itsinda rya P-Square n’impanga ye, Peter Okoye uzwi nka Mr P, yavuze ko uyu muvandimwe we yashatse kumugambanira na mukuru wabo (Jude Okoye) ku nzego zishinzwe kugenzura ikoreshwa nabi ry’umutungo muri Nigeria, EFCC kugira ngo batabwe muri yombi.
														
													
													Umuhanzi w’Umunyamerika akaba n’icyamamare mu njyana ya pop, Justin Randall Timberlake, imbere y’umucamanza wategetse ko uruhushya rwe rwo gutwara ibinyabiziga ruhagarikwa muri leta ya New York, yahakanye icyaha cyo gutwara imodoka yasinze.
														
													
													Itsinda ‘Tag Team’ ryatumiwe mu gitaramo ‘Kigali Auto Show’ kigiye kuberà i Nyamata rigiye kwifatanya n’abatwazi kabuhariwe b’imodoka na moto kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Kanama 2024.
														
													
													Umuryango w’ivugabutumwa witwa Baho Global Mission ku bufatanye n’amadini n’amatorero akorera mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, bateguye igiterane cy’ububyutse batumiyemo abarimo Pastor Zigirinshuti Michel, Bishop Joseph Mugasa n’abahanzi nka Theo Bosebabireba na Thacien Titus. Rev Baho Isaie (…)
														
													
													Nyiransengiyumva Valentine uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Vava wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga mu ndirimbo ye ‘Dore imbogo dore impala, Huhhh, Huhhhhhhh, yapfuye.
														
													
													Apostle Arome Osayi wo muri Nigeria ukunzwe n’abatari bake, agiye kuza mu Rwanda mu giterane cy’ivugabutumwa cyatumiwemo Chryso Ndasingwa na Yves Ndanyuzwe, aba bakaba ari bamwe mu bahanzi bakunzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
														
													
													Pasiteri Kayumba Fraterne umenyerewe mu bikorwa by’ivugabutumwa no mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana uzwi nka ‘Gospel’ yashyize hanze indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Paul Kagame.
														
													
													Umuhanzi Sam Gakuba wamamaye mu muziki nka Samlo kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, yakoze ubukwe n’umukunzi we Mutesi Betty, bari maranye imyaka umunani bakundana.
														
													
													Umunyarwenya Fred Omondi, akaba murumuna w’icyamamare mu gusetsa, Eric Omondi yitabye Imana nyuma y’impanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa gatanu. Yaguye mu bitaro bya Mama Lucy aho yari yahise ajyanwa kwitabwaho.
														
													
													Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, David Adedeji Adeleke OON uzwi nka Davido, yatangaje ko yishimiye icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa Recording Academy butegura ibihembo bya Grammy Awards ku kwagurira ibikorwa muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.
														
													
													Umuraperi akaba n’umuririmbyi wo muri Nigeria, Skales, yamaganye mugenzi we wamamaye muri Afrobeats, Wizkid nyuma yo gutangaza amagambo ataravuzweho rumwe ko injyana ya Hip-Hop yapfuye.
														
													
													Polisi yo mu mujyi wa Kampala muri Uganda yatangaje ko yatangiye gukora iperereza ku birego by’ihohotera bishinjwa umuhanzi w’icyamamare muri icyo gihugu no mu Karere, Joseph Mayanja uzwi cyane ku izina rya Dr Jose Chameleone.
														
													
													Icyamamare Celine Dion, yagaragaje ibibazo by’ubuzima afite bitewe n’indwara yitwa ‘Stiff Person Syndrome’. Iyo ikaba ari indwara idasanzwe ihungabanya cyane imikorere y’imitsi n’imikaya y’umubiri w’umuntu.
														
													
													Gateka Esther Brianne, wamenyekanye mu kuvanga imiziki nka DJ Brianne, kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024, yabatijwe yakira Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza we.
														
													
													Inama y’ubuyobozi bwa Kaminuza ya Howard University ifite inkomoko ku mateka y’abirabura bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington DC, yambuye umuhanzi w’injyana ya hip-hop Sean "Diddy" Combs impamyabumemyi y’icyubahiro yari yaramugeneye mu 2014.
														
													
													Umuhanzi Cyusa Ibrahim umaze kubaka izina mu muziki Gakondo yatangaje ko igitaramo cye yise Migabo, yahisemo kucyitirira Perezida Paul Kagame kubera ibyiza byinshi amaze kugeza ku gihugu.
														
													
													Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, yatangaje ko yageze mu Bubiligi mu mujyi wa Bruxelles aho afite igitaramo ku itariki 8 Kamena.