Kuri uyu wa Gatandatu,ikipe ya Rayon Sports yanganyirije n’Amagaju FC kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye 1-1 mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona ikomeza kwiyegereza APR FC irusha amanota ane.
Amakipe aturuka hanze y’u Rwanda aje gukina Tour du Rwanda 2025 yamaze kugera mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore yatsindiwe na Misiri kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0, mu mukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2025 kizabera muri Maroc.
Umutoza w’Amagaju FC, Niyongabo Amars, avuga ko barimo kwitegura Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu, batagendeye ku mukino ubanza wa shampiyona banganyirije i Kigali muri Kanama 2024, kuko yahindutse ndetse nabo bagahinduka ariko ngo biteguye kuyibonaho amanota.
Ku wa 19 Gashyantare 2025, ikipe ya APR FC yatsindiye Musanze FC kuri Kigali Pelé Stadium 4-0, mu mukino wo kwishyura wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro igera muri ¼, aho yasanze amakipe arimo Rayon Sports.
Abashinzwe gutegura isiganwa "Tour du Rwanda" bamaze gutangaza urutonde rwose rw’abakinnyi bazayitabira, ndetse na numero buri wese azaba yambaye
Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025, ikipe ya Rayon Sports yangiwe gukorera imyitozo n’umuterankunga wayo mukuru Skol, aho isanzwe ikorera mu Nzove, kubera ibyo batumvikanaho.
Isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda, ku nshuro ya 17 rigiye kongera gukinirwa ku butaka bw’u Rwanda nk’ibisanzwe.
Ikipe ya REG Volleyball Club yatsinze ikipe ya Gisagara Volleyball Club amaseti 3-1, amahirwe yo kuza mu makipe ane ya mbere arayoyoka.
Ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, ikipe ya APR FC yatsinze AS Kigali ibitego 2-1 ibifashijwemo na rutahizamu Mamadou Sy, watsinze igitego cyo ku munota wa nyuma ikomeza kotsa igitutu Rayon Sports.
Ku wa Gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025, ikipe ya Kiyovu Sports yatsindiwe na Rayon Sports 2-1 kuri Kigali Pelé Stadium, yakomeje gufata umwanya wa mbere irusha amanota atandatu APR FC iyikurikira.
Ubusanzwe Siporo ni kimwe mu bihuza abantu benshi, igakurikirwa na benshi, ndetse igakurura amarangamutima y’ingeri zitandukanye.
Kuri uyu wa Kane, ku bibuga bitandukanye habereye imikino itandatu ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, aho Rayon Sports yatsindiye i Rubavu, APR FC ikanganyiriza i Musanze.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Musanze FC ibitego 2-2 kuri Kigali Pelé Stadium, mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya shampiyona bigabanya ikinyuranyo hagati yayo na APR FC yo yatsinze.
Mu kiganiro ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu Gatanu tariki ya 7 Gashyantare 2025, bwasobanuye byimbitse ibibazo n’impinduka zivugwa muri iyi kipe.
Ikipe ya Mukura VS yatije Umunya-Ghana, Samuel Pimpong, mu ikipe ya FC Shiroka yo muri Albania, harimo ingingo yo kugurwa mu gihe yashimwa.
Ku wa 6 Gashyantare 2025, kapiteni w’Amavubi Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Kryvbass Kryvyï Rih yakiniraga mu cyiciro cya mbere muri Ukraine, asinyira Al Ahli Tripoli yo muri Libya.
Abategura Tour Du Rwanda ndetse n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), bahumurije abazitabira isiganwa ngarukamwaka ry’amagare, ko umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo (DRC), igihugu gihana imbibi n’u Rwanda ko ntaho bihuriye n’u Rwanda bityo ko isiganwa rya Tour Du Rwanda ry’uyu mwaka, rizaba nta (…)
Amakipe y’abagore ya Police VC na Kepler VC mu cyiciro cy’abagabo, ni yo yegukanye irushanwa ry’umunsi w’Intwari (#Ubutwari2025).
Perezida Paul Kagame yagaragaje ibyishimo nyuma y’umukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona y’u Bwongereza, aho Arsenal yanyagiye Man City 5-1 kuri iki Cyumweru.
Mu gihe u Rwanda n’Isi bitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwirinda no kurwanya indwara za Kanseri uba buri mwaka tariki 04 Gashyantare, Minisiteri y’Ubuzima yifatanyije n’Abanya-Kigali muri Siporo rusange (Car Free Day), yatangiwemo ubutumwa bwo kwirinda iyo ndwara.
Ku wa Gatandatu tariki 1 Gashyantare 2025, ikipe ya APR FC yatsinze Police FC penaliti 4-2 yegukana igikombe cy’Intwari 2025.
Ku wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025, nibwo hasojwe irushanwa ry’Intwari mu cyiciro cya gisirikare mu mupira w’amaguru, aho Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Gabiro (Combat Training Center/CTC) ryegukanye igikombe ritsinze Special Operations Force (SOF) kuri penaliti 4-3.
Impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi "UCI" yatanze umucyo ku bimaze iminsi bivugwa ko shampiyona y’isi y’amagare itakibereye mu Rwanda
Kuri uyu wa Gatanu, Rayon Sports yatangaje abakinnyi bashya barimo rutahizamu Biramahire Abeddy utari witezwe mu bavuzwe.
Itorero indatirwabahizi ry’umujyi wa Kigali ryarangaje imbere abahanzi basusurukije amagana yitabiriye igitaramo cyinjije u Rwanda mu munsi mukuru wo kwizihiza intwari z’igihugu.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko yasinyishije Habineza Fils François wakiniraga Etoile de l’Est, amasezerano y’imyaka itatu.
Kuri uyu wa Kabiri,Ikipe ya Police FC yatsinze Rayon Sports y’abakinnyii icumi kuri penaliti 3-1 mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Intwari 2025 isanga APR FC ku mukino wa nyuma bagiye guhuriraho umwaka wa kabiri wikurikiranya.
Mu gihe habura iminsi micye ngo twizihize umunsi w’Intwari z’Iguhugu, nk’uko kandi buri mwaka bikorwa mu mikino itandukanye hakinwa irushanwa ry’Intwari ‘Heroes Tournament’, dore uko imikino iteye mu mpera ziki cyumweru.
Abitabira siporo rusange mu Karere ka Muhanga baravuga ko, bamaze kureka imiti bahoraga bafata kubera indwara zidakira, nyuma yo gusabwa gusa gukora imyitozo ngororamubiri itandukanye.