Basketball: APR WBBC irisobanura na Al Ahly muri 1/2, REG igomba gushaka umwanya mwiza
Mu mikino ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’ Afurika muri Basketball y’abagore, ikipe ya APR yamaze kugera muri 1/2 naho REG yo igomba kujya gushaka imyanya myiza.
Ikipe ya APR Women Basketball Club yageze muri 1/2 nyuma yo gusezerera muri 1/4 ikipe ya Kenya Ports Authority yo muri Kenya iyitsinze amanota 79 kuri 76 mu mukino wabaye kuri uyu wa gatanu taliki ya 12 Ukuboza 2025.
Ikipe ya REG Women Basketball Club nayo ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino, yo nti ya bashije kugera mu mikino ya 1/2 kuko yasezerewe n’ikipe ya ASC Ville de Dakar yo muri Senegal nyuma yo gutsindwa amanota 68 kuri 48 bityo yisanga igomba kujya guhatanira imyanya myiza (Ranking).
Nyuma yo kugera muri 1/2, ikipe ya APR WBBC iracakirana na Al Ahly yo mugihugu cya Misiri ari nayo yakiriye iyi mikino naho ikipe ya REG yo igomba gukina na Sporting Clube de Luanda yo muri Angola ba hatanira umwanya kuva kuri 5-8.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|