Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Jérôme Rutaburingoga, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itari impanuka kuko yateguwe, kandi ko nta n’aho ihuriye n’intambara nk’uko hari abajya bayita gutyo.
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Gisagara, Jérôme Mbonirema, avuga ko ingoboka ihabwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, isigaye ibabana nkeya cyane kubera uko ibiciro bisigaye bimeze ku isoko, bagasaba ko yakongerwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buvuga mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya no kuvura indwara ya Malaria, abajyanama b’ubuzima bashyizwe ku isonga ndetse bitanga umusaruro, kuko bagize uruhare mu kuvura abarwayi ku kigero cya 54%.
Nyuma yo kubona ko malariya igenda yiyongera, hakaba n’abarwara iy’igikatu itavurwa n’imiti isanzwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), cyatangije gahunda yo kugeza imiti y’iyo malariya ku bitaro no ku bigo nderabuzima hifashishijwe za drones.
Mu gihe hari abarya imboga ari uko baziguze, hakaba n’abazirya rimwe na rimwe kubera kunanirwa kuzihingira, Marie Chantal Mukeshimana utuye mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara, we azihinga mu mbuga ku buryo azirya uko abyifuza, agasagurira n’amasoko.
Imvura yaguye guhera mu ma saa cyenda z’urukerera rwo kuri uyu wa 23 Werurwe 2025, yangije ibikorwa bimwe na bimwe muri Gisagara, birimo inzu n’ikiraro kiri mu gishanga cya Nyiramageni hagati y’Imirenge ya Mamba na Musha.
Abasaga 100 babonye akazi mu mirimo yo gutunganya igishanga cya Nyiramageni mu Karere ka Gisagara, barinubira kutamenya ahashyirwa amafaranga bakatwa ku mishahara, babwirwa ko ari aya Caisse social (Ubwiteganyirize).
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye urubyiruko gufata ubumwe nk’umwuka bahumeka.
Tariki 8 Gashyantare 1900, ni bwo hatashywe Kiliziya ya mbere yubatswe n’abamisiyoneri batangije ubukristu mu Rwanda, i Save. Ni ku bw’iyo mpamvu kuri uyu wa 8 Gashyantare 2025, Kiliziya Gatolika yizihirije yubile y’imyaka 125, i Save.
Jérôme Rutaburingoga, umuyobozi w’Akarere ka Gisagara ari na we watorewe kuyobora umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gisagara ku itariki 18 Mutarama 2025, yabwiye inteko yamutoye ko gahunda ari ukuvuduka.
Abikorera bo mu Karere ka Gisagara bifuza ko bashyirirwa kaburimbo mu muhanda bita Akanyaru Belt, uturuka mu Karere ka Nyanza ufatiye k’urimo gutunganywa wa Bugesera-Rwabusoro-Nyanza, ukagera ku Kanyaru-Bas (umupaka uhuza u Rwanda n’Intara ya Ngozi y’u Burundi), kuko ngo ari wo wabakura mu bwigunge basigiwe no kuba (…)
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara igaragaza ko mu mezi atatu ashize yonyine, ni ukuvuga guhera mu kwezi kwa Nyakanga kugeza mu k’Ukwakira 2024, mu Murenge wa Mamba honyine habonetse abangavu 21 babyaye.
Hari ababyeyi bo mu Karere ka Gisagara bababajwe no kuba barabyariye mu rugo, abana babo bakimwa uburenganzira bwo gukingirwa.
Abatuye mu Murenge wa Nyanza uherereye mu Karere ka Gisagara barimo gufashwa n’umufatanyabikorwa FXB mu rugendo rwo kwikura mu bukene bukabije (graduation), baravuga ko hari intambwe bamaze kugeraho y’iterambere, kandi ko bafatiye ku rwego bagezeho mu gihe cy’umwaka n’igice, hari icyizere ko imyaka itatu basinyiye izasiga (…)
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, yabwiye urubyiruko rwitabiriye umuganda wihariye w’urubyiruko, aho wabereye ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Gisagara, kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Ukwakira 2024, ko imishinga irengera ibidukikije ihabwa amahirwe menshi.
Hari aborozi bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko bashobora kuba bahendwa n’abaveterineri bigenga babavurira amatungo kuko babaca amafaranga atangana kandi batanazi ibiciro by’imiti.
Uwitwa Gérard Macumi wo mu Karere ka Gisagara ntiyishimira gusiragizwa no kudakemurirwa ibibazo n’ubuyobozi azizwa gutanga amakuru. Nk’uko Macumi abivuga, ngo hashize imyaka irenga itanu akubiswe n’uwitwa Jean Chrysostome Nyandwi, wamukomerekeje akanamuvuna urutoki, akanamwangiriza imashini yifashishaga mu kogosha, bityo (…)
Ahitwa i Higiro mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara, hari urubyiruko rwiyegeranyije rugamije kuzana impinduka aho rutuye, none mu byo rukora harimo n’udutebe dufasha abana bavukanye ubumuga kwicara, guhagarara no kugenda.
Uko ibihe bigenda bitambuka, abantu bava mu buhinzi n’ubworozi gakondo bagana mu kubigira umwuga, ni nako ubushakashatsi bugenda butanga ibisubizo. Ni muri urwo rwego hagaragajwe ko guhinga ibigori ahatari mu butaka mu gihe kitarenze icyumweru, bitanga ibiryo by’amatungo bitubutse kandi bikungahaye ku bitera imbaraga (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Gisagara bifuza ko nk’uko Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ibavuriza ku bitaro byo guhera ku rwego rw’Intara kuzamura, yabavuza no ku bitaro by’Akarere.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Gisagara, barashima ibikorwa Umuryango FPR-Inkotanyi ubagezaho kuko bibafasha kwiteza imbere ndetse bakava mu bwigunge.
Impunzi zituye mu Nkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara zivuga ko zishimiye uko zifashwe n’Igihugu cy’u Rwanda kandi uko iminsi igenda yicuma zigenda zishakamo ibisubizo nk’abandi Baturarwanda babifashijwemo cyane cyane n’amahugurwa bagenda bahabwa yo ‘Kwigira’.
Abatuye mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara kuri ubu barishimira kuba amwe mu mavomero y’amazi meza yari yarakamye ubu ashobora kwifashishwa noneho kuko yagejejwemo amazi.
Vestine Umutesi ukomoka i Kibilizi mu Karere ka Gisagara avuga ko mu gihe cya Jenoside yahuye n’ibibi byinshi harimo no kubohozwa, kandi ko mu bazima bake cyane yahuye na bo harimo uwari ufite uburwayi bwo mu mutwe warushije ubumuntu abazima.
Abikorera bo mu Majyepfo barashishikarizwa kwirinda amacakubiri bakimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda birinda kuba bagenza nka bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside bagasarura igihombo n’igifungo.
Ni igikorwa cyatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, ku ya 6 Gicurasi 2024, mu gutangira imirimo yo gushyira kaburimbo iciriritse mu muhanda uturuka i Karama/ateliye ukagera ku isoko ryo mu Rwanza, mu Karere ka Gisagara.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batishimira kuba Augustin Ndindiriyimana wari umuyobozi wa Jandarumori, yaragizwe umwere n’Urukiko rwa Arusha, mu gihe abo yayoboraga bo bakurikiranwa bakanahanwa.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Gisagara, Jérôme Mbonirema, aributsa abarokotse Jenoside bacikirije amashuri, ko babegereye bafashwa bakabasha kuyasubiramo, hanyuma bakiga ibyabagirira akamaro.
Ubuyobozi bw’uruganda rukora amashanyarazi hifashishijwe nyiramugengeri i Mamba mu Karere ka Gisagara, buvuga ko butarabasha gutanga amashanyarazi bwari bwariyemeje kubera ko bwahuye n’ikibazo butari bwarigeze butekerezaho, cy’imihindagurikire y’ikirere ituma ibishanga byuzuramo amazi.
N’ubwo mu Karere ka Gisagara hari inganda enye zenga inzoga mu bitoki, abahatuye bahinga ibyengwa bavuga ko kubona ababagurira umusaruro wose na n’ubu bitaragerwaho, bikaba byarahumiye ku mirari aho umusoro mu nganda zibyenga wazamuriwe.