Ikipe y’abafite ubumuga ya sitting volley ball y’akarere ka Gisagara yatwaye igikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihizi isabukuru ya FPR, ndetse bikanahuzwa n’umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga wizihijwe tariki 03/12/2012.
Akarere ka Gisagara katangirijwemo icyumweru nyafurika cyo kurwanya ruswa n’akarengane kashimiwe ko kaje imbere mu marushanwa atandukanye yateguwe muri urwo rwego ariko kandi abagatuye bashishikarizwa kongera imbaraga mu kurwanya ruswa kuko urugamba rugihari.
Abayobozi bo mu karere ka Gisagara barasabwa kwegera abaturage bayobora, babasanze mu mirenge no mutugari, bakabafasha gukemura ibibazo bihari no kumva ibitekerezo byabo, cyane cyane muri gahunda z’imihigo.
Mu rwego rwo kongera isuku mu karere ka Gisagara, hemejwe ko hagiye gukorwa ibarura ry’abantu baba ku mihanda bafite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe, bityo bazitabweho uko bikwiye kuko akenshi aribo bakunze kugaragara bafite umwanda bikitirirwa akarere kose.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF) ryo mu karere ka Gisagara ryasoje amahugurwa y’iminsi ibiri ryatangaga ku bafasha myumvire b’irihuriro bakorera mu mirenge igize aka karere.
Abaturage bo mu murenge wa Kigembe, akarere ka Gisagara bavuga ko mu bikunze gutuma mu ngo havuka ibibazo ndetse hakanavamogucana inyuma harimo n’isuku nke ishobora kuranga ababana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashimirwa igikorwa cy’ubushakashatsi batekereje, bwerekana uko imiyoborere ndetse n’imitangire ya service bihagaze kuko ibyavuye muri ubu bushakashatsi bizafasha kuvugurura imikorere muri aka karere.
Abaturage b’akarere ka Gisagara bemeza ko telefoni itishyurwa akarere kabashyiriyeho abaturage mu rwego rwo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane uborohereza gusiragira mu buyobozi kandi n’ibibazo batanga bigakemurwa.
“Depression” tugenekereje mu kinyarwanda byakwitwa “agahinda gakabije” ni kimwe mu bibazo uyu munsi bihangayikisjije ku isi, kuko ari indwara imaze kugera mu bantu benshi kandi ikanatera abantu kwiyambura ubuzima akenshi.
Inzu y’Umurenge SACCO ya Gishubi niyo iciye agahigo mu kuzura muri aka karere, ugereranyije n’izindi zihagaragara usanga zishaje zitanahagije, kandi zisabwa kwiyubakira kuko ntankunga iteganywa mu kuzivugurura.
Amahugurwa y’iminsi 12 yagenewe abagize urwego rw’ubufatanye hagati ya polisi n’abaturage (Community Policing) agomba gutangwa mu turere twose yatangiriye mu karere ka Gisagara tariki 04/10/2012. Kuba uru rwego rugiye kungurwa ubumenyi bizanarufasha gukora ibyo rusobanukiwe neza.
Abanyeshuri biga imyuga mu kigo cy’Amashuli kitiriwe Mutagatifu Kizito, giherereye mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, berekanye ubuhanga bw’ibyo bashoboye gukora mu myuga banagaragaza ingorane bagira zibabuza gukora ibirenzeho.
Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Gisagara yakusanyije amafaranga ibihumbi 118 yo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund (AgDF); nk’uko bitangazwa na Clémence Gasengayire ukuriye CNF mu karere ka Gisagara.
Mu karere ka Gisagara kimwe no mu tundi turere tw’intara y’amajyepfo hagiye guterwa ubwoko bw’ubwatsi bugaburirwa amatungo bwera vuba kandi bugatubuka kurusha urubingo rwari rumnyerewe, muri iki gihembwe cy’ihinga.
Abategarugori bo mu karere ka Gisagara umurenge wa Mukindo, baravuga ko bari kwitabira gahunda yo kugabanya imirimo ishingiye ku buhinzi bahanga indi ishobora kubateza imbere kandi bakaba banazigamye ubutaka.
Akagoroba k’ababyeyi katavugwagaho rumwe n’abantu cyane cyane abagabo, kamaze kwigaragaza nka bumwe mu buryo bwo kongera imibanire myiza mu baturage, aho ababyeyi bahura bagafashanya gucyemura ibibazo bitandukanye bigaragara mu ngo.
Mu rwego rwo kumvisha abaturage ububi bw’ibiyobyabwenge, urumogi, litiro 180 z’inzoga y’inkorano ndetse n’ibindi byafatanwe abaturage byatwikiwe ku mugaragaro mu murenge wa Ndora ho mu karere ka Gisagara, tariki 05/09/2012.
Mu miryango isaga 170 yabaruwe ko ibana mu buryo butemewe n’amategeko mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, 76 yasezeranyijwe kuwa gatanu tariki 31/08/2012.
Abatuye umurenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, bavuga ko Agaciro Development Fund ari uburyo bwo kwikorera nk’Abanyarwanda kandi ari ikigega cy’iterambere bahunikamo kikazabagoboka.