Uwitwa Nkundakozera Félicien na Twagirimana Anne Marie batuye mu kagari ka Gati, Umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, ni bamwe mu baturage bahawe imbabura zirondereza ibicanwa hamwe n’umuriro w’amashanyarazi uturuka ku mirasire y’izuba, kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024.
Kuri uyu wa 13 Ukuboza, Urukiko rw’Ubujurire rwakatiye Iyamuremye Jean Claude bahimba Nzinga igifungo cy’imyaka 20 kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu Karere ka Kicukiro.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyanza, bavuga ko Biguma yagize uruhare rutaziguye mu gukora Jenoside, bakibaza impamvu yatinyutse kujurira kandi azi neza ibyo yakoze, ariko ngo bizeye ubutabera.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiratangaza ko gikomeje gahunda yo kongera ibyuma bikora Azote, ifasha abashinzwe ubworozi mu Turere kubika intanga z’inka.
Mu gihe abatuye i Nyanza binubira ubutoya bwa gare n’isoko babona bitajyanye n’igihe, ubuyobozi bw’Akarere buravuga ko umwaka wa 2025 uzasiga babikozaho imitwe y’intoki.
Umujyi wa Nyanza washinzwe mu mwaka w’1899, ubwo umwami Yuhi V Musinga yahaturaga, akahagira umurwa uhoraho w’Abami, bitandukanye n’uko mbere ye Abami b’u Rwanda bagendaga bimuka, ari yo mpamvu kuri ubu bari kwizihiza isabukuru y’imyaka 125 umaze ushinzwe.
Mu gutegura amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yabaye muri uku kwezi kwa Nyakanga 2024 mu Rwanda, abafite ibibazo by’uburwayi n’ubumuga na bo ntibabihejwemo, ahubwo hagiye higwa uburyo bwo kubashakira ibikenewe kugira ngo na bo bazabashe kwitabira amatora.
Hari abatuye mu Karere ka Nyanza bifuza ko hashyirwaho abakozi bunganira babiri bo mu Tugari kuko ubuke bwabo butuma badahabwa serivisi uko babyifuza.
Mu Murenge wa Muyira Akarere ka Nyanza, haravugwa amakuru y’impanuka, aho ikamyo yo mu bwoko bwa HOWO yaguye, umusenyi yari ipakiye umeneka ku musore wari hafi y’umuhanda ahasiga ubuzima.
Ephron Bizigira w’i Runga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza ahinga imboga za dodo zikagara ku buryo n’igiti kimwe cyatunga umuryango, kuko zitanga umusaruro mwinshi.
Mu gihe hari abafite ibiti by’imyembe n’ibindi byangizwa n’udusimba tw’utumatirizi bavuga ko bananiwe kuturwanya, umuhinzi witwa Prudence Sendarasi yagaragaje ko kuturwanya bishoboka, ndetse agira inama abandi bavuga ko bananiwe kuturwanya.
Ku bufatanye n’umuryango Dufatanye, mu Karere ka Nyanza hizihijwe umunsi wahariwe ku kuzirikana ku kwezi k’umugore (imihango), ku itariki 1 Kamena 2024.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko dosiye iregwamo Jean Baptiste Habineza, uyobora Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yashyinguwe by’agateganyo. Gitifu Habineza yashinjwaga ibyaha birimo guhisha amakuru ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kunyereza imibiri y’abazize Jenoside.
Protais Habanabakize ushinzwe porogaramu mu Muryango ushinzwe kubungabunga ibidukikije, kuzamura iterambere ry’ubuhinzi ndetse no kurwanya ubukene uhereye ku muturage wo hasi (APEFA) avuga ko guhinga udacokoza ubutaka ari bumwe mu buryo bwo kugabanya ibyuka byangiza ikirere.
Tariki ya 16 Gicurasi 2024, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Ntarindwa Emmanuel w’imyaka 51 y’amavuko akekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 na Mukamana Eugenie w’imyaka 53 ukekwaho kuba ikitso cy’ukekwaho icyaha aho yamuhishe mu mwobo wacukuwe mu nzu yari amazemo imyaka 23.
Christine Ingabire ukomoka i Nyanza, hafi y’icyuzi cya Nyamagana, avuga ko mu gihe cya Jenoside yihishe, bikagera igihe acika intege agashaka no kwishyira abamwica, ariko ko uwaje gutuma abona aho aba ari uruhinja rwakuwe mu mugongo wa nyina wari wapfuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko hari hakwiye gushyirwaho umwihariko wo kwibuka Abatutsi bishwe mu buryo bwihariye, muri bo hakabamo n’abishwe bataragira izina.
Ambasaderi Isaï Murashi, yagaragaje ko Inkotanyi zahagaritse Jenoside mu mwaka w’1994 kandi ko bitari ubwa mbere kuko hari n’iyo zahagaritse mu mwaka w’1988.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwamurikiwe urubuga rwa interineti rwa "CyberRwanda" ruzajya rukuraho amakuru arufasha mu kwirinda inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Mu masaha ya saa saba z’ijoro tariki 26 Mata 2024 imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yavaga mu Karere ka Huye yerekeza i Muhanga yageze mu Karere ka Nyanza ahitwa i Mugandamure mu Mudugudu wa Karukoranya, mu Kagari ka Kavumu, mu Murenge wa Busasamana ikora impanuka abantu batatu bahasiga ubuzima, undi umwe arakomereka.
Ibitaro bya nyanza byatangije gahunda yiswe Agaseke k’urukundo igamije gufasha abarwayi batishoboye bagana ibitaro, bakabura ubushobozi bwo kwishyura imiti n’ibindi bikenerwa kwa muganga.
Minisiteri y’Ubutabera iratangaza ko hagiye kurebwa uko Kaminuza yigisha iby’amategko mu Rwanda, ILPD, yanatangira kwigisha hifashishijwe iya kure (Online) kugira ngo serivisi itanga zirusheho kugera kuri benshi babyifuza.
Inka z’Inyambo zaturutse hirya no hino mu Rwanda, tariki 23 Werurwe 2024 zahurijwe i Nyanza mu iserukiramuco. Iri serukiramuco ryahurijwemo Inyambo zaturutse i Nyagatare, Kirehe, Gicumbi, Gasabo na Bugesera. Hari n’izisanzwe mu Ngoro y’Amateka y’Abami iherereye mu Rukari mu Karere ka Nyanza.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye kuva tariki 23 kugeza ku ya 24 Mutarama 2024, urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwagaragaje ko rwifuza ikigo cy’urubyiruko, mu gace k’Amayaga.
Umunyeshuri witwa Umuraza Germaine wigaga mu Kigo cy’Amashuri cya ESPANYA Nyanza, yashyinguwe iwabo mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Byimana, nyuma yo kuremba mu buryo butunguranye agahita yitaba Imana aguye kwa muganga.
Abantu bane bapfiriye mu kigega cy’amazi cy’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ubwo bari bagiye kugikorera isuku.
Telefone zigezweho za (Smart Phones) zatangiye guhabwa Abanyarwanda hirya no hino mu Gihugu, aho izigera kuri Miliyoni n’ibihumbi 200, ari zo zizahabwa abazifuza bishyuye ikiguzi gito.
Abanyeshuri biga ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya G.S. Mater Dei mu Karere ka Nyanza, batangiye kugaruka ku ishuri baherekejwe n’ababyeyi babo. Ni nyuma yo kwirukanwa ku wa Gatandatu tariki 21 Ukwakira 2023 kubera guhishira mugenzi wabo wari wakubise umunyeshuri wo mu mwaka wa mbere.
Abatuye mu Karere ka Nyanza by’umwihariko mu Murenge wa Kibilizi, bavuga ko ubusanzwe ubuhinzi bw’imyumbati buri mu bibafasha kubona ibyo kurya bihagije, ariko ubu ngo bahangayikishijwe no kuba nta mbuto nziza bafite.
Mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, hari abishimira kuba na bo baragabiwe inka, kuko bazitezeho amata n’ifumbire ihagije babonaga bibahenze, bityo bakaba bazitezeho ubukungu.