Nyuma y’imvura nyinshi yaguye kuru stade ya Muhanga bigatuma umukino As Muhanga yakinagamo na Police usubikwa, urasubukurwa bakomereza aho bari bageze.
Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, rurashima amahirwe angana ruhabwa mu mashuri no gukora imishinga itandukanye, kuko rwatangiye kuyabyaza umusaruro.
Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ubugenzuzi, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Abaguzi (RICA) kiramara impungenge abahinzi, bagurira imbuto ku batubuzi bemewe mu Rwanda, kuko iyo bigaragaye ko imbuto bahawe itabaye nziza, ibigo bitubura imbuto ari byo byirengera ingaruka.
Abahinga mu gishanga cya Rugeramigozi ya kabiri mu Murenge wa Shyogwe, batangiye guhinga Soya ku buso busaga hegitari 40, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibinyamisogwe mu byanya bigega by’ibiribwa (FOBASI) mu Karere ka Muhanga.
Ubuyobozi bw’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, buributsa abafite za Resitora kwita ku isuku y’aho bategurira n’aho bakirira amafunguro, kugira ngo batangiza ubuzima bw’abo bakira.
Umuhanzi umenyerewe mu muziki Nyarwanda Jules Sentore aratangaza ko agiye gushaka ubushobozi bwo gufasha abana bafite ubumuga bwa Autisme bo mu kigo Oroshya Autisme kiri mu Karere ka Muhanga.
Abanyeshuri 970 bazatangira Kaminuza umwaka utaha mu Karere ka Kamonyi, bahawe impamba y’ubumenyi ngiro mu bigo n’amashuri byigisha imyuga.
Koperative IABM ihinga ibigori mu gishanga cya Makera mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, irasaba ubufasha bwo kubakirwa imihanda n’amateme bigera ku mirima yabo, kuko biri mu bikomeje kubangamira abahinzi mu gihe bakusanya umusaruro.
Inzobere mu bijyanye no gukira ibikomere Dr. Niyonzima Bosco, avuga ko kugira ubuntu bisobanuye, kubanira neza abandi, gukunda no gukundwa, gutega abandi amatwi no kuba wabitangira.
Abagore bagize urugaga rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Ruhango, baratangaza ko bagiye kwita ku isuku nk’umuco kugira ngo babere abandi intangarugero.
Amakipe ya G.S. St Aloys y’i Rwamagana mu bakobwa na College Christ Roi Nyanza mu bahungu, ni yo yatwaye ibikombe mu marushanwa Isonga muri Volleyball.
I Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo mu kigo cy’amashuri cya Christ Roi de Nyanza, hatangiye amarushanwa ya volleyball ahuza ibigo by’amashuri bibarizwamo umushinga wa Isonga.
Abaturage b’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, barishimira ko Umuhanda uva ku isoko ry’amatungo rya Misizi, werecyeza mu bice bituwe bya Vunga, wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo guhuriza hamwe imbaraga hagakorwa umuganda wo kuwusana, no gusibura imiyoboro yawo y’amazi.
Imirenge ya Cyeza mu bahungu na Shyogwe mu bakobwa, niyo yegukanye ibikombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, inahabwa ibihembo by’amafaranga 500.000frw buri umwe.
Abaturage b’Umurenge wa Mushishiro bajyaga kwivuriza mu Karere ka Ngororero no mu bindi bice, barishimira kuba bashyikirijwe ivuriro ry’ibanze rizajya ritanga serivisi zisumbuyeho zirimo kuvura amenyo n’amaso.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, arasaba urubyiruko gushishoza mu gushaka ubukire, kuko n’ubwo bishoboka kubugeraho uri muto, ahanini bisaba gukora cyane, kwihangana, kugira intego no kwemera gutegereza ugerageza byinshi kugira ngo ugere ku ntego wiyemeje.
Abayobozi b’Imidugudu bahize abandi mu Karere ka Ruhango bahawe ibihembo, mu rwego rwo kubashimira ubwitange bagira mu kazi, no kwereka abatarakoze neza ko nabo baramutse bashyizemo imbaraga bagera kuri byinshi.
Abagore bagize urugaga rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bungutse impanuro ku gisobanuro n’akamaro k’inyabutatu y’umugore mu muryango Nyarwanda, kandi bigiye kurushaho kubafasha kunoza kurangiza inshingano zabo za buri munsi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amarushanwa Umurenge Kagame Cup, azakomeza kugira uruhare mu kurwanya akarengane, umuturage agakomeza guhabwa serivisi nziza kandi imunogeye mu nzego z’ubuyobozi.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu MINUBUMWE iratangaza ko kwitabira Urugerero, ari kimwe mu bigamije gusigasira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, kuko rukomoka mu muco w’abakurambere nk’indangagaciro y’ubwitange.
U Rwanda rwatangiye gahunda igera mu gihugu hose igamije gushishikariza abarezi n’abarimu kwimakaza isuku ku ishuri, ndetse bakabikomeza mu ngo zabo.
Abayobozi b’Akarere ka Ruhango bavuga ko bakemuye ikibazo cyatumaga abashyitsi babasura bihuta, bagasubirayo batarebye neza ibyiza bitatse akarere, ndetse n’amahirwe y’ishoramari gafite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko ibikorwa by’Ingenzi byakozwe mu mwaka wa 2025, bishingiye ku nkingi eshatu za Guverinoma, bizatuma ibiteganyijwe mu mwaka wa 2026 bigerwaho ku gipimo gishimishije.
Ku gicamunsi, kuri Hotel Saint-Andre Kabgayi ahari hakoraniye abana benshi bari mu byicungo byabo, ababyeyi bagiye kubona babona ngabo Abapolisi babagezeho, maze bamwe batangira kwihisha no guhisha imfunguzo z’imodoka, abandi batangira kwisobanura ko bataributware banyoye ku nzoga.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango by’Umwihariko abo mu Mujyi wa Ruhango, baraye bizihije Noheli mu gitaramo cy’ibyishimo, ndetse kinakomeza n’ubundi ku mugoroba wa Noheli nyirizina.
Imiryango 30 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, irahamya ko imibanire itemewe n’amategeko yari intandaro ikomeye yo gukimbirana ku mugore n’umugabo n’abandi bagize umuryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba imiryango ivukamo abantu bafite ubumuga kwirinda kubaheza, by’umwihariko abana bavukana ubumuga kuko hari aho bahishwa mu bikari ntibanandikishwe mu bitabo by’irangamimerere.
Inama y’Igihugu y’Abantu bafite Ubumuga, NCPD, mu Ntara y’Amajyepfo, irasaba ko serivisi z’ubuvuzi bakoresheje ubwishingizi bwa Mituweli zarushaho kunozwa, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima iherutse kubyemeza.
Ubuyobozi bw’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, burasaba abayobozi bawo mu nzego z’ibanze kuba intangarugero, kugira ngo abaturage babarebereho ibyiza, kuko iyo abayobozi badatanga urugero rwiza n’abayoborwa bitwara nabi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abaturage mu byiciro byose, abikorera, abatuye mu mujyi n’abatuye mu cyaro, gukurikiza amabwiriza y’isuku kuko byagaragaye ko indwara nyinshi mu Rwanda no mu Karere ruherereyemo, higanje indwara ziterwa n’umwanda.