Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwatangije umushinga wo kubaka inzu 141 z’ abasenyewe n’ibiza kandi badafite ubushobozi bwo kwiyubakira, mu rwego rwo gutuza Umunyarwanda ahantu hamuhesha agaciro.
Kuri uyu wa 03 Kanama 25, mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye Akagari ka Gifumba mu midugudu ya Rugarama na Gifumba, ku bufatanye n’inzego z’ibanze, abaturage na Polisi bafashe itsinda ry’abantu 15, barimo abagabo 13 n’abagore babiri.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline aratangaza ko kwizihiza umunsi w’Umuganura, ari umwanya wo kwishimira umusaruro abaturage bagezeho, banazirikana kutawurira kuwumara ahubwo bakarushaho kuzigamira ejo hazaza, no gukaza ingamba zo kurushaho kwiteza imbere.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice arasaba abaturage kugira uruhare mu bikorwa bibateza imbere, kuko ari bwo ubuyobozi buzaboneraho kubunganira mu bikorwa bibashyira ku isonga koko.
Abaturage bo mu Mirenge ya Musambira, Kayumbu, Karama, na Kayenzi mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko nyuma y’uko amateme n’ibiraro bambukaga bagenderana bitwawe n’ibiza, bapfushije abantu benshi kubera gutwarwa n’imigezi inyura muri iyo Mirenge
Ubuyobozi by’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gahunda yo guhuriza hamwe abanyeshuri bari mu biruhuko, yiswe Intore mu Biruhuko, izatuma hamenyekana ibibazo abana bahura nabyo mu miryango mu gihe cy’ibiruhuko, no gukomeza gukebura abashobora kwitwara nabi.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze AS Muhanga yagarutse muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere uyu mwaka, ibitego 4-0, mu mukino wa gicuti wabereye kuri Sitade ya Muhanga kuri uyu wa 27 Nyakanga 2025.
Kompanyi ikorara ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya BIG Mining mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, yemeye kureka gukomeza kurengera mukeba wayo EMITRA Mining badikanyije, nyuma yo gusuzuma imbago n’imiterere y’aho izo Kompanyi zombi zemerewe gukorera.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, arasaba abikorera gushora imari mu bwubatsi bw’inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Ruhango, hagamijwe gukomeza kuzamura urwego rw’ishoramari kuko izihari zidahagije.
Ingo ziyobowe n’abagore mu gihe abagabo babo badahari by’igihe runaka ziragenda zigabanuka ugereranyije n’imyaka 10 ishize, aho yavuye kuri 6.4% mu mwaka wa 2016/17, ikagera kuri 4% mu mwaka wa 2023/24.
Imiryango 20 itishoboye yari ibayeho nabi itagira aho ikinga umusaya, mu Kagari ka Gifumba mu Murenge wa Nyamabuye yahawe inzu bubakiwe ku bufatanye bw’Akarere ka Muhanga n’Abafatanyabikorwa, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ya 31 yo Kwibohora.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame avuga ko mu myaka ine ishize, Isi yose yateraniye ku Rwanda akumirwa agereranyije n’u Rwanda azi, akibaza uko ruteranirwaho n’Isi yose n’ukuntu bishoboka, akibaza n’icyo u Rwanda ruba rwakoze ngo Isi yose ihaguruke irwamagane inavuge u Rwanda.
Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, MININTER, itangaza ko mu bikorwa ngarukamwaka byo kwegera abaturage umwaka wa 2024-2025, Ingabo na Polisi y’Igihugu bubakiye abaturage batishoboye inzu 70, ibiraro 13 bifasha Uturere guhahirana, banubaka ibyumba by’amashuri y’incuke 10.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko umwaka w’ingengo y’Imari 2025-2026, uzarangira abatuye umujyi wa Muhanga babonye amazi ahagije, kandi ko ari umuhigo w’Akarere.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kibilira, banaremera uwarokotse Jenoside bamworoza inka, nk’uko babyiyemeje ko buri mwaka bazajya bakora bene icyo gikorwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, arasaba urubyiruko kwirinda kwipfusha ubusa, rwishora mu bikorwa birwandarika ahubwo rugakura amaboko mu mifuka rugakora, kuko iyo rwipfushije ubusa ruba rusenya ejo harwo hazaza n’ah’Igihugu muri rusange.
Banki ya Kigali (BK) ku bufatanye n’Umushinga w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, UNICEF Rwanda na Water For People, batangije gahunda yo gutera inkunga imishinga y’abikorera bifuza gushora mu bijyanye no gukwirakwiza amazi meza, isuku n’isukura hirya no hino mu Gihugu (WASH).
Abakozi b’Akarere ka Muhanga bibutse bagenzi babo bakoreraga iyahoze ari Perefegitura Gitarama bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banaha inka imiryango ibiri y’abarokotse.
Abagenzi 18 bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ya minibisi RAB 579H, yavaga mu isantere ya Kabaya yerekeza mu isantere ya Ngororero mu Karere ka Ngororero.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iratangaza ko mu rwego rwo gushyigikira ubumenyi bufite ireme, mu mashuri yisumbuye n’ayigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, hagiye gutangizwa kwiga amasomo ajyanye no gukoresha ubwenge buhangano (AI).
Umugenzuzi Mukuru w’Imari n’Umutungo wa Leta Alexis Kamuhire, arasaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu, NIDA, guhindura vuba uburyo isimbuza indangamuntu ku wayitaye, n’uburyo ikosora amakosa yagaragaye ku ndangamuntu ya runaka.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, avuga ko harimo gukorwa ibishoboka kugira ngo amafunguro abanyeshuri bafatira ku mashuri yiyongere, n’ubwo ubushobozi bwo kugaburira bose bitoroshye na gato, ugereranyije n’umubare w’abanyeshuri hafi Miliyoni eshatu n’igice bagaburirwa buri munsi.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Ntibitura Jean Bosco, arasaba abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Uturere, JADF, guha umwanya abagenerwabikorwa babo na bo bakajya bagaragariza abitabira imurikabikorwa, ibyo bagezeho byabahinduriye ubuzima.
Inzu 20 z’abatishoboye bo mu Murenge wa Nyamabuye zabonewe isakaro, ku buryo hari umuhigo wo kuzitaha bitarenze Kamena 2025.
Abagabo n’abagore babanaga mu buryo butemewe n’amategeko mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, biyemeje gusezerana, banagabirana inka ku miryango 12 itishoboye, nka bumwe mu buryo bwo kubaka imiryango itekanye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta (NESA), kiratangaza ko hari kwigwa uburyo amanota abana babona mu masuzuma atandukanye bakora ku ishuri, kuva mu mwaka wa kane w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, azatuma abana badakomeza gusibira cyangwa guta amashuri.
Abashinzwe uburezi mu bagaragaza ko ubucucike mu mashuri, ubumenyi bw’umwarimu mu kwigisha, biri mu bituma umunyeshuri atsindwa agasibira, cyane ku banyeshuri b’abanyantege nke nk’uko bigaragara mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, aho mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri abana basibira biyongereye.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’amashuri y’ibanze muri REB Dr. Flora Mutezigaju, arasaba abarimu n’ababyeyi bita ku bana biga mu mashuri y’inshuke, birinda kubasibiza kuko binyuranyije na gahunda ya Leta yo kwiga no kwigisha mu mashuri y’inshuke.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko mu rwego rwo gufasha abaturage guhaha no guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, hari impinduka zabaye ku misoro yari iteganyijwe kuzamurwa mu mwaka w’ingengo y’Imari 2025-2026.
Abiga imyuga n’ubumenyi ngiro muri Diyosezi ya EAR Shyogwe, bamaze kuvumbura uburyo bwo gukora amasabune bifashishije ibishishwa by’imyumbati, bakamuramo amavuta asimbura amamesa n’andi mavuta bakoreshaga.