Ibicuruzwa u Rwanda ruvana muri Kenya byaragabanutse ku kigero kirenga 80% mu mwaka ushize, ni ukuvuga hagati y’Ukwakira 2024 n’Ukwakira 2025.
Ubwo yitabiraga umwiherero w’Abanyarwanda baba muri Diaspora n’inshuti z’u Rwanda, wabereye i Paris mu Bufaransa mu mpera z’icyumweru gishize (Rwandan Diaspora Retreat 2025), Banki ya Kigali (BK), yabagaragarije amahirwe ahari yo gushora imari mu rugendo rw’iterambere u Rwanda rukomeje.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda, ari inkingi ikomeye ifatiye runini Igihugu n’abagituye.
Dr. Donald Kaberuka, wabaye Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), ahamya ko Afurika itashobora kwikura mu bibazo byo guhora yaka inguzanyo ndetse inahabwa inkunga n’amahanga, hatabayeho uburyo buhamye byo kuzigama.
Kuba urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi ari rumwe mu nkingi zikomeye zifatiye runini Igihugu, byatumye Banki ya Kigali (BK), ifata iya mbere mu guteza imbere urwo rwego ishoramo imari.
BK Group Plc yatangaje ko imikoranire myiza n’abakiriya babo yatumye mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka (2025) bagira urwunguko rwa miliyari 83.5 Frw zingana na 19.8% ugereranyije n’ayo mezi umwaka ushize.
Ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) rivuga ko kuva mu 2013 hamaze gushingwa amatsinda yo kugurizanya no kuzigama y’abafite ubumuga arenga 2,400 bigishwa n’ibijyanye n’ishoramari mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Mu gihe kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Ugushyingo 2025, hasozwaga icyumweru cyahariwe Kuzigama, abafite mu nshingano iby’imari bagaragaje ko Abanyarwanda bagera kuri 3% bakibika amafaranga yabo munsi y’umusego, mu ihembe, cyangwa ahandi hantu hatazwi ariko mu ngo zabo.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’ubucuruzi, RICO, cyahawe kurangiza isoko rya Gisenyi rimaze imyaka 15 ryubakwa, butangaza ko rigiye kwakirwa no gukorerwamo ku itariki 15 Ugushyingo 2025.
Umuyobozi ushinzwe Imari muri Sosiyete ya MTN Rwanda, Dunstan Ayodele Stober, yagaragaje uko iyo sosiyete y’itumanaho ihagaze mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka wa 2025 ndetse n’ingamba bafite mu minsi iri imbere.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ugushyingo 2025, u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu bitandukanye mu muhango wo gufungura ku mugaragaro imurikabikorwa ku byinjizwa mu Bushinwa (China International Import Expo - CIIE), ririmo kubera i Shanghai muri icyo gihugu, rikaba ryitezweho kongera ibyo u Rwanda rwoherezayo.
U Rwanda rwahawe igihembo nk’Igihugu gifite ibikorwa remezo byakira inama mpuzamahanga, n’amahoteli yo ku rwego rwo hejuru, bigamije guteza imbere no koroshya urwego rw’ubukerarugendo ku Mugabane wa Afurika (Best Tourism Infrastructure Award).
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yasoje igikorwa cyo gukangurira abagore kwishyurana hakoreshejwe telefone ngendanwa, hagamijwe kwiteza imbere no kwihaza mu by’imari muri gahunda yiswe ‘Gendana Konti’.
Abafite inganda za kawa mu Rwanda bagera kuri 50 bahuriye mu Mujyi wa Kigali ku mugoroba wa tariki 24 Ukwakira 2025, baganira n’abayobozi ba Banki ya Kigali (BK) uburyo bwo gukomeza kwagura imikoranire, no kurebera hamwe ibibazo bihari ngo bishakirwe ibisubizo.
Umuryango Plan International Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukwakira 2025, wamuritse ibikorwa wagezeho mu myaka itanu ishize, ndetse n’ibyo uteganya mu myaka itanu iri imbere (2026-2030), uvuga ko abagera ku bihumbi 770 bagezweho n’ibikorwa byawo.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yagaragaje ko kuba umubare w’Abanyarwanda bazigama ukiri hasi, ari kimwe mu bikoma mu nkokora ubukungu bw’Igihugu.
Mu Mujyi wa Kigali mu mpera z’iki cyumweru hasojwe amahugurwa y’abakora mu ruhererekane nyongeragaciro rw’ibikomoka ku mpu, yateguwe mu rwego rwo kubafasha kunoza ibyo bakora, kubimenyekanisha no gukorera hamwe hagamijwe kongera umusaruro.
LOLC Unguka Finance yateguye icyumweru cyahariwe umukiliya mu rwego rwo gushimira umukiliya ndetse n’utanga serivisi ku mukiliya buri munsi. Iyi gahunda y’icyumweru cy’umukiliya ni mpuzamahanga kandi hashize imyaka isaga 30 itangiye kwizihizwa.
Abo mu myaka yo hambere, ndetse n’abagiye bavuka nyuma yabo, baziranyeho ko mu myaka ishize iyo mu Rwanda havugwaga amata y’ifu, nta yandi yahitaga aza mu bwonko vuba nka NIDO.
Banki y’Abarabu y’Iterambere muri Afurika (BADEA), yahaye u Rwanda inguzanyo ya Miliyoni 45 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga Miliyari 65 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe guteza imbere Ikoranabuganga mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda, ICT Chamber, buratangaza ko mu mezi 9 ashize, abantu bagera ku 1990 biganjemo urubyiruko, babonye akazi gashingiye ku ikoranabuhanga, rugashishikariza n’abandi kuryitabira hagamijwe kugabanya ubushomeri.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage binyuze mu kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, kuri uyu wa Kane tariki 2 Ukwakira 2025, yavuze ko u Rwanda rufite intego ko (…)
Ibigo bikora ubuhinzi by’umwihariko ibyibanda ku bukungu bwisubira (Circular Economy), bigiye gufashwa kurushaho kubyaza umusaruro ibyangirikiraga mu mirima n’ibindi byafatwaga nk’imyanda, gukorwamo ibindi bishobora kugira akamaro.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yashyizeho amabwiriza mashya yihariye inatanga umucyo ku bemerewe kwakira ubwishyu mu madovize, harimo n’Amadorali.
Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) hamwe n’ibigo by’imari bikorera mu Rwanda birimo gufasha abaturage bafite ibibazo ndetse bagashyirwa mu kigo cy’Ihererekanyamakuru ku myenda TransUnion Rwanda Ltd kizwi nka CRB.
Abikorera bo mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragarije Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva Justin, aho bageze bateza imbere imyubakire muri uwo mujyi, cyane cyane ahitwa mu Cyarabu. Mu bikorwa binini barimo kubaka, harimo inzu y’ubucuruzi izuzura mu mwaka utaha itwaye Miliyari 7Frw.
Abarenga 80% by’urubyiruko rwishyuriwe na BK Foundation binyuze mu mushinga Igire bamaze kubona akazi nyuma yo kurangiza amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, ibintu bavuga ko ari inzozi zabaye impamo nyuma yo gucikiriza amashuri.
Imirimo y’umushinga Volcano Belt Water Supply System igeze ku kigero cya 60.4%, bikaba biteganyijwe ko uyu mushinga nurangira uzongerera ubushobozi uruganda rwa Mutobo, ahari kubakwa n’urundi ruganda rushya. Izo nganda ebyiri zizageza amazi meza ku baturage ibihumbi 354 bo mu Turere twa Musanze, Nyabihu na Rubavu.
Mu gihembwe cya kabiri cya 2025, icyuho hagati y’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 12.5% ugereranyije n’igihembwe nk’iki umwaka ushize, nk’uko bigaragara muri raporo y’Ubucuruzi Mpuzamahanga Bwanditse bw’u Rwanda.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuba nk’isoko rikomeye kandi ryizewe ku bicuruzwa by’u Rwanda, aho kugeza ubu ibiva mu Rwanda byoherejweyo biri hejuru ya 20% by’ibicuruzwa byose byoherezwa hanze.