Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu yasabye urubyiruko kutazaba Imbwa bakaba Intare kuko ibihe biri imbere ari ibyabo.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu watanzwe n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, yibukije abatuye mu Karere ka Nyagatare ko ariho basohokeye bajya kuba impunzi kandi ari naho binjiriye mu rugamba rwo kubohora Igihugu.
Mbabazi Kellen, umugore wo mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Matimba, yashimiye umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, waciye umuco wo guterura abakobwa (Gushakwa ku gahato) bakabana n’abagabo batakundanye ahubwo akabakura ku ruhimbi akabaha amashuri.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare ntibaryamye ahubwo baraye mu mihanda baje kwamamaza umukandida Perezida watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe habayeho iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi aho umusaruro w’ubuhinzi wavuye munsi ya toni imwe ku bigori n’umuceri ugera kuri toni eshanu kuri hegitari ndetse n’umukamo w’amata uva kuri litiro 2,000 ugera kuri litiro zirenga 100,000 (…)
Bamwe mu banyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rwempasha, bavuga ko bashimira FPR kuba yaracyuye impunzi zari zaraheze mu mahanga ariko by’umwihariko ikunga Abanyarwanda bari barahemukiranye ndetse ikanatanga n’umutekano n’imibereho myiza ku Banyarwanda bose.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Tabagwe bashimira Umuryango FPR-Inkotanyi ndetse na Chairman w’uyu Muryango Paul Kagame ko yabakuye ku guhingira inda ubu bakaba basigaye bahinga bakayihaza ndetse bagasagurira n’isoko.
Dr. Frank Habineza wiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda - DGPR), yavuze ko Abanyarwanda nibamugirira icyizere bakamutora, azazamura imishahara y’abaganga n’abakora kwa muganga.
Ishimwe Thadee umwarimu ku rwunge rw’amashuri rwa Ntoma kimwe mu bigo byakira abanyeshuri mu buryo bw’uburezi budaheza arifuza ko abarimu bose bakwigishwa ururimi rw’amarenga kugira ngo babashe gufasha abanyeshuri bafite ubwo bumuga ariko hakanaboneka ibikoresho bibafasha kwiga neza.
Constance Muziranenge wo mu Murenge wa Matimba avuga ko FPR yamufashije kwiteza imbere yigisha abana be nyamara mbere yaratunzwe no kurya ibitoki by’inkashi n’ibindi yasabye abaturanyi bwakwira akarara ku mashara y’insina.
Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kamena 2024, mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Karama, niho ibikorwa byo kwiyamamaza kw’Abadepite b’Umuryango wa FPR-Inkotanyi byatangirijwe, abaturage babatuma kubashimira Paul Kagame ndetse ko biteguye kumutora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burahumuriza abaturage b’Imidugudu ikoresha amazi ya Valley dam (ikidendezi) ya Gihorobwa ko impeshyi izarangira hamaze kuboneka igisubizo cy’amazi yamaze kurenga umucungiro, bigatera abaturage impungenge ko rimwe buzacya basanga amazi yose yagiye.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, arasaba bamwe mu baturage bajya mu Gihugu cya Uganda kunywerayo kanyanga kubicikaho kuko bagaruka mu ngo zabo bagateza amakimbirane n’urugomo mu nzira bagenda banyuramo zose.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Nyagatare n’ab’Umurenge wa Rukomo barishimira ko bubakiwe ikiraro cyo mu kirere kizabafasha guhahirana no kujya mu mirima yabo bitabagoye.
Umuturage witwa Sindikubwabo Jean Marie Vianney, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rwempasha mu Karere ka Nyagatare akekwaho kwica imisambi 10. Bikekwa ko yayicaga akoresheje imiti y’uburozi yashyiraga mu binyampeke harimo ibigori n’umuceri, iyo misambi yabirya igapfa.
Nyiracari Peace, warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Gakirage, avuga ko batewe n’Interahamwe n’abasirikare ba EX-FAR, amaze umunsi gusa abyaye, amara iminsi itanu azengurukana uruhinja muri Pariki y’Akagera yarimo inyamanswa z’inkazi ariko ntizamurya ku bw’amahirwe ahahurira n’Inkotanyi arokoka ubwo.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko inka 60 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu cyumweru gishize mu rwuri rw’umworozi wo mu Murenge wa Tabagwe.
Umuyobozi w’Itorero Apostles and Prophets Church of Christ Jesus, Bishop Augustine Gakwaya, avuga ko kwita ku bo muhuje imyemerere ukirengagiza abakene Imana ikureba nabi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, arasaba urubyiruko cyane urwiga muri za kaminuza n’amashuri makuru gufatira ku rugero rw’Inkotanyi zahagaritse Jenoside, rukarwanya uwagerageza kurubibamo ingengabitekerezo yayo ariko rukanarinda ibyagezweho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko muri rusange Ibigo Nderabuzima byo mu Karere bifite ikibazo cy’abaganga bacye ariko by’umwihariko ibyo mu cyaro ariho hari ikibazo cyane kuko hari abahabwayo akazi bakanga kujyayo.
Umusaza Nzungize Marc, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, arashima Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, kuba rwamutekerejeho rukamworoza inka nyuma y’imyaka 30 yari amaze ize zinyazwe n’interahamwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30, hazabaho ibikorwa byo kwegera abarokotse, incike n’abatishoboye baremerwe ndetse habeho na gahunda zo kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko uruganda rutunganya amata y’ifu ruherereye mu Karere ka Nyagatare rwatangiye gukora mu mpera za Werurwe 2024, mu buryo bw’igererageza.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi (RSSB) ishami rya Nyagatare, Nzamurambaho Sylvain, asaba abaturage kumenya imyirondoro yabo bakoresheje telefone igendanwa, kugira ngo hirindwe ko bashobora gutinda guhabwa serivisi kwa muganga, kubera kudahura k’umwirondoro uri ku ikarita ndangamuntu n’uri muri sisiteme.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko ibibazo by’ubutaka bakira muri iyi minsi ari ibishingiye ku miryango n’abaturanyi baba bapfa imbibi, atari abantu runaka bigabiza ubutaka bw’abandi, hakaba harashyizweho itsinda ryo kubikemura.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko uyu mwaka w’ingengo y’imari bibanze cyane mu kubaka no gusana ibiraro binini byari bibangamiye urujya n’uruza rw’abaturage, ariko na none ngo hakaba hari ibindi bigomba kubakwa umwaka w’ingengo y’imari utaha.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko abanyeshuri 68 ari bo bagikurikiranwa kwa muganga, harimo batandatu (6) bari mu bitaro bya Nyagatare, ahagikekwa ko amata banyoye ku ishuri ari yo ntandaro y’uburwayi.
Abanyeshuri barwaye ni abiga mu mashuri abanza y’icyiciro gihabwa amata muri gahunda yo kurwanya igwingira na bwaki.
Guhera tariki ya 01 Mutarama 2023 kugera tariki ya 01 Mutarama 2024, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba, habaruwe abangavu 8,801 bari hagati y’imyaka 14 kugera kuri 19 basambanyijwe baterwa inda.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, mu ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera SIDA, Soeur Marie Josée Maribori, avuga ko mu gihe ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA bugenda bugabanuka muri rusange, mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24 ho bugenda bwiyongera kuko buri ku kigereranyo cya 35% hashingiwe kuri (…)