Mu karere ka Gicumbi hateguwe igikorwa cyo gupima indwara y’igituntu mu bigo by’amashuri y’isumbuye yose abarizwa muri ako karere kubera ko iyo ndwara ishobora kwandura ku buryo bworoheje mu gihe ubana, wirirwanna cyangwa w’igana n’umuntu uyirwaye.
Mukandayisenga Devota w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gicumbi azira gukingirana umwana abereye mu kase igihe kingana n’ukwezi kose atamuha ibyo kurya.
Mu murenge wa Nyamiyaga wo mu karere ka Gicumbi, tariki 12/10/2012, haguye imvura nyinshi ivanze n’urubura maze yangiza bikabije inzu y’umuturage witwa Munyensanga Philipe.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Kabeza, umurenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi amaze imyaka 39 arwaye indwara y’uruhu yanze gukira.
Muri ino minsi igiciro cy’ibirayi cyarazamutse cyane ku buryo benshi bahisemo kuba baretse kubirya bahitamo kwihahira ibindi. Ubu ngo ibirayi ntibikiribwa n’umuntu ubonetse wese keretse uwifite.
Ubwo basuraga umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi, abana b’abakobwa bo mu mujyi wa Gisenyi berekanye ibitangaza n’ubugenge bwabo mu mukino wa acrobatie aho umwana umwe w’umukobwa yaryamaga bagenzi be bose bakagenda bamwuririraho kugeza ubwo yikoreye abantu bagera muri bane.
Ababana n’ubumuga bo mu karere ka Gicumbi bafite ikibazo cyo kugenda muri ako karere kubera imiterere yako igizwe n’imisozi miremire.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagore batatu aribo Francine Murerwa, Chantal Uwamariya na Violette Ugirumurera nyuma yo gufatanwa uducupa 250 tw’inzoga zitandukanye.
Abana babiri bo mu mudugudu wa Kabusunzu, akagari ka Nyagahinga mu murenge wa Rwamiko bahitanywe na gerenade ku mugoroba wo ku ya 09/09/2012 ubwo barimo bajya kwahira ubwatsi bw’amatungu mu murenge wa Rutare.
Mbazihose Leonidas w’imyaka 26 bakunze kwita Harerimana wakoraga akazi k’ubuzamu mu mujyi wa Byumba ari mu maboko ya polisi ikorera muri ako karere azira kwica umuntu yarangiza akamuta mu mwobo wa metero 12.
Mu rwego rwo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund, kuri uyu wa 04/09/2012 Akarere ka Gicumbi kakusanyije inkunga ingana na miliyoni 401 n’ibihumbi 762 n’amafaranga 633.
Mu karere ka Gicumbi hatangjwe ubuhinzi bwa Pome mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’aka karere, gasanzwe kari ku isonga mu turere dufite buhinzi n’ubworozi bwateye imbere mu Rwanda.