I Gicumbi habonetse ubutaka buberanye n’igihingwa cya Pome

Mu karere ka Gicumbi hatangjwe ubuhinzi bwa Pome mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’aka karere, gasanzwe kari ku isonga mu turere dufite buhinzi n’ubworozi bwateye imbere mu Rwanda.

Jean Chrisostome Nzeyimana, Ushinzwe ubuhinzi muri aka Karere, avuga ko habonetsemo ubutaka buberanye n’igihingwa cya Pome, ubu bakaba hamaze guhinga ingemwe zigera ku bihumbi 12 mu murenge wa Nyankenke.

Avugako n’ubwo mu Rwanda usanga Pome zihaboneka, inyinshi zikomoka mu bihugu by’ahandi nk’Afurika y’Epfo n’ibindi bihana imbibe n’u Rwanda.

Kuba Pome ikunzwe na benshi kandi iribwa n’abantu benshi usanga bizatanga umusaruro uhagije niziramuka zikunze zikera kuko ubu mu Rwanda hari n’inganda zitungaya umutobe w’imbuto, nk’uko Nzeyimana yakomeje abivuga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyankenke Joseph Rusizana, avuga ko nibabona izo ngemwe zikuze neza bazakomeza bakongera ubuhinzi bwazo.

Gusa usanga bikigoye ko haboneka ubwoko bushobora kwihanganira ikirere cy’u Rwanda, cyane ko ahanini usanga hatabereye icyo gihingwa.

Pome ni rumwe mu mbuto zizwi ariko zihingwa mu duce tudashyuha cyane. Kugeza ubu nyinshi ziri mu bihugu bikikije koma y’isi ziba zivuye kure.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mwadufasha kumenya amakuru ahagije ku gihingwa cya pome?aho gihingwa,uko ingemwe ziboneka,n’igihe kimara kugirango cyere.Murakoze

EMILIENNE yanditse ku itariki ya: 17-03-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka