Abajura bibye inzogera yo ku rusengero rw’Idini ry’Abaluteri muri Diyoseze ya Karagwe mu Ntara ya Kagera-Tanzania, impamvu yo kwiba iyo nzogera ngo bikaba bishoboka ko ari igihe yinjiriye muri Tanzania mu 1967, iturutse mu Budage, kandi ifite uburemere bw’ibiro bisaga 70, abajura bagakeka ko ikozwe mu mabuye y’agaciro ahenze (…)
Muri Nigeria, umusore wari wakatiwe igihano cyo kwicwa azira kwiba inkoko n’amagi yayo, yemerewe imbabazi.
Mu Bushinwa, umuyobozi w’uruganda rukora isabune, yatangaje abantu benshi nyuma yo kugaragara muri videwo arya isabune zikorwa n’uruganda rwe kugira ngo yereke abakiriya ko izo sabune ze zikozwe mu bintu by’umwimerere, zikaba zitagira ingaruka mbi ku bazikoresha.
Umugabo wo mu Buhinde, yafashwe nyuma yo kumara igihe akupira umuriro Umudugudu atuyemo wose, agamije guhura n’umukunzi mu mwijima, kugira ngo hatagira ubabona.
Muri Tanzania, abana bane bakomoka mu Ntara ya Simiyu, barohamye mu mazi bose barapfa mu gihe barimo bagerageza gutabarana, nyuma y’uko umwe muri bo yabanje kunyerera akagwa mu kizenga bavomagamo amazi yo kumesa bagenzi be bajyamo bashaka kumutabara birangira bose bapfiriye muri ayo mazi.
Umusore w’imyaka 21 wo mu Mujyi wa Taizhou mu Bushinwa yabeshye Hoteli zisaga 60 azibamo atishyura ndetse zimwishyuza akayabo k’indishyi y’akababaro nyuma yo guhimba ibinyoma by’uko yabonye ibibazo by’umwanda ukabije muri izo hoteli.
Muri Australia,umugabo n’umugore we barimo gukorwaho iperereza nyuma yo gukeka ko bari mu mukino wo gusezerana no gutandukana.
Minisitiri Paulina Brandberg ushinzwe uburinganire hagati y’abagabo n’abagore muri Suwede, agira ikibazo cyo gutinya imineke cyane (bananophobie) ku buryo adashobora kwitabira inama ahantu hari imineke cyangwa se ihahumura gusa.
Muri Tanzania, urukiko rukuru rwa Dar es Salaam rwakiriye ikimenyetso gishya, kigizwe n’itaka ryashongeyeho amavuta y’umurambo wa nyakwindera, Naomi Orest Majiran, bivugwa ko yishwe n’umugabo we, Hamis Luwongo.
Mu Bugiriki, umugabo w’imyaka 28 y’amavuko aherutse kubaranishwa n’urukiko rumuhamya icyaha cyo kubangamira abaturanyi be, kuko yahoraga avogera ingo zabo ajyanywe no kwinukiriza inkweto baba basize hanze kugira ngo zijyemo umwuka mwiza.
Muri Nigeria Umujyi wa Igbo-Ora wamaze guhabwa izina ry’Umurwa w’impanga, kubera ko nta muryango n’umwe uwutuyemo utarabyara impanga nk’uko byemezwa n’Umwami w’ubwoko bw’Abayoruba bawutuye, kuko nawe ubwe yavukanye n’impanga.
Mu cyumweru gishize, itangazamukru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore, batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za iPhone bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya iPhone 14.
Umukecuru w’imyaka 90 y’amavuko wo muri muri Kenya, ahitwa Nyeri yahaye uruhushya umugabo we rwo gushaka umugore wa kabiri, amwizeza ko ubu adashobora kumubuza gushaka undi mugore.
Umugabo wo muri Saudi Arabia aherutse guhinduka ikiganiro mu mujyi atuyemo, nyuma y’uko bitangajwe ko yashatse abagore batari munsi ya 53, abo bose ngo akaba yarabashatse agamije kubona umutuzo wo mu buryo bw’amarangamutima.
Muri Espagne mu Mujyi wa Barcelona, umugabo yahanishijwe gufungwa umwaka wose muri gereza nyuma y’uko urukiko rumuhamije icyaha cyo guhangayikisha abaturanyi be kubera gucuranga umuziki buri joro mu gihe cy’imyaka itanu, kandi agacuranga kugeza bukeye.
Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane mu bakunda kwigisha ijambo ry’Imana babinyujije kuri televiziyo, ndetse akaba ari we washinze Itorero rya ‘Neno Evangelism’ muri Kenya, yatangaje ko abagore 700 bimutse bakava mu rusengero rwe nyuma y’uko aberetse umugore we mushya yashatse witwa Murugi Maina.
Kompanyi y’indege Scandinavian Airlines (SAS) yatangaje ko imwe mu ndege zayo byabaye ngombwa ko ku wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2024 igwa gihutihuti igahagarikira urugendo mu nzira, nyuma y’aho imbeba ivumbutse iva mu gakarito karimo ibiryo umugenzi wari mu ndege yari ahawe.
Ku wa Gatatu tariki ya 28 Kanama 2024, ahitwa Buñol mu gihugu cya Espagne, habereye umukino udasanzwe wo guterana inyanya uzwi nka La Tomatina, witabiriwe n’abasaga ibihumbi 22 baturutse hirya no hino ku isi.
Umusaza w’Umwongereza witwa John Alfred Tinniswood, w’imyaka 112 ndetse ubu akaba ari we ufite agahigo ko kuba mugabo ukuze kurusha abandi ku Isi mu bakiriho, yavuze ko nta ndyo yihariye akurikiza, ariko ko ashimishwa no kurya ifi n’ifiriti buri wa gatanu w’icyumweru.
Umugabo wo mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, Akarere ka Huye, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 29 Nyakanga 2024 yahawe isakaramentu ry’ugushyingirwa aryamye kuri burankari (ingobyi y’abarwayi yo kwa muganga), kuko atabasha kweguka.
Mu Bushinwa, umugore ufite ibiro 25 gusa, yashyize amafoto ku mbuga nkoranyamabaga yereka abamukurikira uko ananutse ariko yemeza ko akomeje gahunda yo kurushaho kunanuka kugira ngo agaragare neza.
Umukecuru w’imyaka 90 wo mu Bushinwa yamaze imyaka 20 akoresha grenade mu mwanya w’inyundo ayihondesha ibintu bikomeye birimo n’ibyuma , kuko atari azi ko ari yo, agira amahirwe ntiyamuturikana muri icyo gihe cyose.
Muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, umugabo utuye muri Leta ya Colorado, ubu arafatwa nk’umunyamahirwe udasanzwe, kuba akiri muzima nyuma yo kurokoka isasu abikesha umukufi w’ifeza (Silver Necklace) yari yambaye mu ijosi.
Pasiteri Ng’ang’a uzwi cyane muri Kenya yishyuje abakirisitu be bari mu rusengero Amashilingi ya Kenya 1000 ku icupa rimwe ry’amazi, utayafite agasabwa kujya kwicara inyuma mu rusengero, maze bamwe mu babibonye bavuga ko ibyo yakoze ari ukwiba abakene.
Muri Algeria, umugabo yakatiwe n’urukiko, ahanishwa igihano cyo gufungwa amezi abiri muri Gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyiswe imyifatire itaboneye, yo kuba yaragiye ku muhanda akajya ahobera abatambutse bose, avuga ko abifuriza amahoro n’icyizere cy’ahazaza.
Mu busanzwe igufa ry’itako ribarizwa mu magufa akomera cyane kurusha andi yose yo mu mubiri w’umuntu, ariko umugabo wo mu Bushinwa w’imyaka 35 y’amavuko, yavunitse igufa ry’itako biturutse ku gukorora gusa.
Umusore witwa Habanabakize Etienne wo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, aravugwaho kunigwa n’inyama ikamuheza umwuka, bimuviramo gupfa.
Muri Koreya y’Epfo, abategura irushanwa ngarukamwaka ry’ibitaramo by’indirimbo, imikino na za Filimi muri Kaminuza yo mu Ntara ya South Chungcheong, basabye imbabazi nyuma yo gutanga amacupa y’amazi yari yakoreshejwe n’abagize rimwe mu matsinda aririmba rinakunzwe cyane muri ako gace rizwi nka ‘Oh My Girl’, nk’ibihembo ku (…)
Umunyamerika w’umwirabura witwa Ed Dwight wari umaze imyaka 63 ategereje kwemererwa kujya mu isanzure, ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi inzozi ze zabaye impamo abasha kurigeramo ari mu cyogajuru kitwa Blue Origin.
Mu Buhinde, umugabo yakunze Nyirabukwe baranashakana ndetse Sebukwe abiha umugisha. Iyo nkuru y’urwo rukundo rutangaje ngo rwatangiye ubwo umugore w’uwo mugabo witwa Sikandar Yadav yari amaze gupfa, nyuma uyu mugabo arimuka ajya kubana na Sebukwe na Nyirabukwe ahitwa i Bihar, mu Mudugudu wa Heer Moti.