Mu Buhinde, umusore w’imyaka 20 yacikanye n’umubyeyi w’imyaka 40 wari ugiye kuba nyirabukwe, kuko hari hasigaye iminsi 9 gusa ngo asezerane n’umukobwa we.
Muri Turkey, Umukecuru witwa Asiye Kaytan ufite imyaka 80 usanzwe ubana n’umwuzukuru we ahitwa Denizli, mu Majyepfo y’icyo gihugu, yakatiwe gufungwa imyaka 4 muri gereza kuko yakubise kambambili uwo mwana w’umukobwa ku kuboko.
Muri Kenya, umuganga witwa Clement Munyau usanzwe abaga indwara zifata ubwonko mu bitaro bya Leta bya KNH, yasobanuye uko telefoni yaguze yarakoreshejwe yamuviriyemo ibyago byo gufungwa burundu, kugeza ubu akaba amaze imyaka 15 muri gereza ku cyaha we avuga ko atakoze.
Muri Indonesia, umugore uzwi cyane mu gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa TikTok witwa Ratu Thalisa, yakatiwe n’urukiko gufungwa imyaka 2 n’amezi 10 muri gereza, nyuma yo kubwira Yezu (ishusho ye) ko akeneye kogoshwa.
Mu Bushinwa, umukobwa yatangaje abantu nyuma yo kwerekana ahantu hadasanzwe yibera, kuko aba mu bwiherero bwo ku kazi aho akorera, bikamufasha guhangana n’ikibazo cy’ubukode bw’inzu buhenze mu gace atuyemo, kuko aho mu bwiherero yibera, ngo ahishyura Amayuwani 50 (akoreshwa mu Bushinwa) angana na 9,986 by’Amafaranga y’u Rwanda.
Mu Bushinwa, abaganga bo mu bitaro bya Jilin, batangaje ko bahuye n’ikibazo kidasanzwe cy’umukobwa waje kwa muganga atabaza, ukuboko kwe kwaheze mu kanwa k’umukunzi we, mu gihe yagusesetsemo bagamije kwifata videwo bakekaga ko yakundwa cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Umugabo w’Umunya-Peru w’imyaka 61, yatabawe ari muzima nyuma yo kumara iminsi 95 yaraburiwe irengero mu nyanja, guhera ku itariki 7 Ukuboza 2024, ibikorwa byo kumushakisha bikarangira atabonetse.
Muri iki gihe gutangira umuryango bitera impungenge, kandi kumva ko hari undi muntu mushya wiyongereye mu muryango, biba bivuze ikintu gikomeye mu micungire y’umutungo.
Muri Kenya, muri Kawunti ya Bomet, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich w’imyaka 30, bakubiswe na Pasiteri wo mu rusengero basengeramo arabakomeretsa cyane, agamije kubakuramo imyuka mibi y’abadayimoni yavugaga ko bafite.
Muri Kenya, amaganga y’inkwavu yabaye imari ishakishwa n’abakiriya benshi cyane, kandi bayishaka ari nyinshi ku buryo byatumye igiciro cyayo kizamuka kigera ku Mashilingi 1000 kuri litiro imwe (ni ukuvuga asaga 10000 by’Amafaranga y’u Rwanda), mu gihe ikilo cy’inyama z’inkwavu cyo kitageza no ku Mashilingi 500 ya Kenya.
Tugiye kubagezaho inkuru mbarankuru ijyanye n’ubutabera, yerekana uko umuntu ashobora kurokoka icyendaga kumukoraho, mu gihe ibyari biteganyijwe byose ngo yamburwe ubuzima ku maherere byamaze gushyirwa ku murongo.
Muri Kenya, umugore yahagaritse bitunguranye gahunda zose zo mu rusengero rwa ‘Roho Msalaba Christian Church’ ruherereye ahitwa Migori, ashakamo umuntu witwa Sarah uhasengera, avuga ko yamutwariye umugabo, kandi ko adashobora gusohokamo atamubonye.
Umusore wo muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, muri Leta ya Utah, yatawe muri yombi ashinjwa kwica, nyuma yo kurasa inshuti ye mu gatuza igapfa, mu gihe yarimo ashaka kureba niba koko yifitemo ubushobozi bwo kuba atafatwa n’amasasu nk’uko yabimubwiraga.
Diyoseze Gatolika ya Warri- Delta, yahagaritse ku kazi Padiri Daniel Okanatotor Oghenerukevwe, imukura no ku nshingano zose za gipadiri, nyuma yo kumenya inkuru y’ubukwe bwe, aho yasezaranye n’umugore witwa Dora Chichah, muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika.
Muri Tanzania, ahitwa Kilosa mu Ntara ya Morogoro, umwana witwa Shamimu Nasibu yibwe n’abantu batazwi mu gihe yarimo akina na mugenzi we imbere y’inzu yabo, ku itariki 15 Mutarama 2025, nyuma aboneka nyuma y’iminsi, abonywe n’abantu bitambukiraga mu mirima y’ibisheke, bamusanga yambaye ubusa.
Muri Australia, umugore yasabye urukiko gutesha agaciro amaserano y’abashakanye (marriage) yakoze yibwira ko ari imikino, bigamije kuzamura ‘followers’ ku rubuga rwa Instagram, nyuma akaza kumenya ko ari amasezerano ya nyayo y’urushako afite agaciro mu mategeko, atangira gusaba urukiko kuyatesha agaciro.
Muri Tanzania, umusore yagejejwe imbere y’urukiko, nyuma yo gufatwa yambaye imyenda ya gisirikare kandi atari umusirikare, akabikora agamije kugira ngo yemeze umukobwa akunda.
Muri Tunisia, umusore yabenze umugeni we bageze ku ruhimbi muri Kiliziya bagiye gusezerana, arigendera nyuma y’uko nyina w’uwo musore anenze umugeni, avuga ko ari mugufi cyane ndetse ko ari mubi ku buryo ataberanye n’umuhungu we.
Mu buryo butunguranye, umwana yavukiye mu bwato bwuzuye abimukira, baturukaga muri Afurika berekeza mu Birwa bya Canary muri Espagne mu buryo butemewe, maze bihita bihesha amahirwe nyina yo kujya kwitabwaho mu bitaro byo muri Espagne.
Mu Buyapani, umugabo wahawe izina ry’irihimbano rya ‘Uncle Praise’, atunzwe n’umwuga yihimbiye wo guhagarara ku muhanda akajya abwira abatambuka amagambo meza wafata nk’imitoma, yo kubataka no kubasingiza abavugaho ibintu byiza kandi atabazi, maze bakamwishyura.
Umugabo wo muri Uzbekistan usanzwe arinda icyanya cyororerwamo intare (zookeeper), yatakaje ubuzima bwe mu buryo bubabaje, nyuma yo gufungura akazitiro zifungirwamo, akinjiramo agenda yifata amashusho ya videwo agenda asanga izo ntare azihamagara mu mazina yazo, azisaba gukomeza gutuza, birangira zimuriye.
Mu Buhinde, umugabo w’imyaka 32 yiciye intoki enye ku kiganza cy’ibumoso, kugira ngo abone uko ahagarika akazi, kuko yari yaratinye gusezera ku mwanya yakoragaho nk’ushinzwe ibya mudasobwa (computer operator) mu ruganda rucukura rukanatunganya amabuye y’agaciro ya diyama, rwa mwenewabo wo mu muryango.
Mu Mujyi wa Texas, Umutoza John Harrell watozaga abanyeshuri ku Ishuri rikuru rya Rockwall-Heath High School, n’abandi batoza bamwungiriza mu gutoza abanyeshuri umupira w’amaguru, barashinjwa gushyira mu kaga ubuzima bw’abo banyeshuri, babategeka gukora za ‘pompages’ 368 mu minota 50, bamwe muri bo bikabaviramo kujya mu (…)
Mu Bushinwa, umugabo wahoze ari umuyobozi wa Banki yitwa ‘Bank of China’, avugwaho kuba yaremeje umuhungu we ko agomba kureka umukobwa bakundanaga, ariko abikora agamije kugira ngo ahite amwitwarira bashyingiranwe nubwo umuhungu atari azi umugambi wa Se.
Ofisiye w’Umupolisi wo muri Zambia, biravugwa ko yanyoye agasinda, ahita afungura abantu 13 bari bafunzwe bacyekwaho ibyaha bitandukanye, kugira ngo bajye kwizihiza ibirori by’umwaka mushya (Ubunani), nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Polisi y’icyo gihugu.
Daniel Sabiiti ni umugabo w’imyaka 49 y’amavuko, akaba n’umunyamakuru uzwiho kugenda buri gihe ahetse igikapu kirimo bombo(bonbons/sweets) aha buri mugore, umukobwa cyangwa umwana wese bahuye.
Mu Buhinde umugabo yagize impanuka iPhone ye igwa mu isanduku bakusanyirizamo imfashanyo z’abakene, maze urusengero rw’Abahindu rukusanya iyo nkunga rwanga kuyimusubiza ruvuga ko yageze mu mutungo w’imana, kandi ko bitashoboka ko bayimusubiza.
Muri Hawaii, umurambo w’umuntu wabonetse mu ipine y’indege ya Kompanyi ya United Airlines, ubwo yari ikigera ku kibuga cy’indege cya Maui, nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’iyo Kompanyi.