Indege ya Kenya Airways yagarutse ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cyitiriwe Jomo Kenyatta, nyuma yo kubona ibisigazwa by’amapine yayo, ubwo yari mu nzira yerekeza i Dubai.
Umugore wo mu Bushinwa yisanze yahawe fagitire y’Amadolari 60,000 nyuma yo kujya muri resitora n’inshuti ze, maze agafotora ibiryo bari bagiye kurya, agashyira ifoto yabyo ku rubuga nkoranyambaga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe umusore w’imyaka 33 n’umukobwa w’imyaka 23 baherutse kugaragara bakorera imibonano mpuzabitsina mu ruhame.
Umusore w’imyaka 17 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Gicumbi, yafatiwe mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Kamashashi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. Uyu musore ngo yagerageje kwiyoberanya yiyita umukobwa, agenda mu ngo asaba akazi ko kurera abana, ariko abarimo gucunga umutekano baza (…)
Ingofero ya Napoleon Bonaparte wabaye ikirangirire cyane mu mateka y’Isi, by’umwihariko mu mateka y’u Bufaransa, yagurishijwe mu cyamunara kuri Miliyoni 1.932 by’Amayero , ni ukuvuga asaga Miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda.
Umugabo wo mu Butaliyani witwa Dimitri Fricano, yari yahanishijwe igihano cyo gufungwa imyaka 30 muri gereza, nyuma y’uko ahamijwe n’urukiko kuba ari we wishe umukobwa bakundanaga.
Muri Kenya umushoferi wa Taxi ukora ku giti cye, yafashe icyemezo cyo kujya yogosha abakobwa cyangwa se abagore, mu gihe batamwishyuye amafaranga y’urugendo bumvikanye.
Muri Tanzania, mu bitaro bikuru bya Dodoma, batangiye kubyaza Gaz yo gutekesha ingobyi cyangwa se iza nyuma z’ababyeyi babyarira muri ibyo bitaro, mu gihe ubundi zatezaga ibibazo bitandukanye yaba ku bashinzwe isuku muri ibyo bitaro ndetse no kubaturiye ibyo bitaro kubera umunuko ukabije wazamukaga iyo aho bazijugunya huzuraga.
Umugabo umwe yarashwe arapfa mu gace k’Amajyaruguru ya Bauchi muri Nigeria, mu gihe yarimo kugeragerezwaho umuti urinda abantu kuruswa ‘umuti w’imbunda’, bikaba byakozwe n’umuvuzi gakondo.
Mu Bushinwa, mu Mujyi wa Shangai, abashinzwe kurinda umutekano muri rimwe mu maduka manini ‘Shopping malls’, batahuye umugabo bivugwa ko yari amaze amezi atandatu yibera munsi ya escaliers (ingazi) z’iryo duka nta muntu uramubona.
Itsinda ry’Abadage 55 bari bari mu biruhuko ahitwa i Mallorca, muri Espagne, baciye agahigo k’Isi ko kunywa inzoga nyinshi mu gihe gito, aho banyoye byeri zigera ku 1,254 mu masaha atatu gusa.
Pasiteri Ng’ang’a wo mu Itorero rya ‘Neno Evangelism Center’ mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, yatanze igihe ntarengwa cyo kuba abasore n’inkumi bakuze, by’umwihariko abaririmbyi bari mu itorero rye bamaze gushaka, kuko adashaka gukomeza kubabona ari ingaragu (singles).
Imbaga y’abakunzi b’umuhanzi Adele Laurie Blue Adkins, umenyerewe nka Adele, baguye mu kantu bayoberwa ikibaye, ubwo yacecekaga agasa n’uwikanze ikintu gikomeye, mu gihe ibirori byari bishyushye.
Umugabo w’imyaka 79 wo mu Buhinde, amaze imyaka hafi 40 atabana n’umugore we, ubu yari amaze imyaka 27 agerageza gusaba gatanya yemewe mu rwego rw’amategeko, ariko muri uku kwezi k’Ukwakira 2023, nibwo urukiko rw’ikirenga rwatangaje ko rutesheje agaciro ubusabe bwe bwo guhabwa gatanya.
Abageni bo muri Taiwan bifotoreje amafoto y’ubukwe bwabo ahantu hakusanyirizwa imyanda hazwi nk’ikimoteri, twagereranya n’ikimoteri cya Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Umubikira witwa Dusenge Enathe na Furere Muhire Jean Pierre biyemeje ku bana nk’umugore n’umugabo, basezera umuhamagaro wo kwiyegurira Imana.
Kwishyura fagitire ku bantu bakundana basohokanye, bakajya gusangira muri za resitora n’ahandi, hari ubwo bibyara ibisa n’impaka, kuko hari abantu bamwe batekereza ko kwishyura fagitire biba ari inshingano z’abasore cyangwa abagabo, uko fagitire yaba ingana kose, mu gihe hari abandi bavuga ko abakundana bagiye gusangira (…)
Umugabo wo mu Bwongereza witwa Mark Owen Evans yaciye agahigo ko kuba afite za ‘tattoos’ nyinshi ku mubiri we, nyuma yo kwishyirishaho tattoos z’izina ry’umukobwa we inshuro 667.
Umusaza w’imyaka 81 witwa Joseph Odongo wari waraburiwe irengero avuye aho akomoka mu Mudugudu wa Riwa, muri Kanyada y’uburengerazuba, yabonetse nyuma y’imyaka 51, akaba yari yaraburiwe irengero ubwo yari amaze gutongana n’umuvandimwe we.
Umugabo wo muri Australia yareze Ibitaro bya ‘The Royal Women’s Hospital’ biherereye mu Mujyi wa Melbourne, kuko ngo byamwemereye ndetse byamushishikarije kwinjira mu cyumba bari barimo babyarizamo umugore we bamubaze, ibyo ngo bikaba byaramuteye ikibazo ku buzima bwe bwo mutwe.
Umukecuru w’imyaka 95 y’amavuko, wo muri Nigeria, avuga ko kuba arinze asaza atyo atarigeze ashaka umugabo, yabitewe na Se wamubujije ngo ntazigere ashaka umugabo utari umugatolika.
Muri Brazil, umugabo w’imyaka 71 yatangajwe ko yapfuye mu 1995, hashingiwe ku buhamya bw’uwahoze ari umugore we ndetse n’abatangabuhamya babiri. Yari amaze imyaka 28 y’ubuzima bwe, mu mategeko afatwa nk’uwapfuye, ariko akishimira ko byakemutse ubu abarwa mu bazima.
Abakurikirana iby’urusobe rw’ibinyabuzima bavuga ko nta kinyabuzima kidafite umumaro ku isi, ari na yo mpamvu bikwiye kubungabungwa, bagatanga urugero rw’ibikeri ngo bishobora kwifashishwa mu kumenya umugore utwite.
Umugabo w’umunyamahirwe yakubiswe n’inkuba inshuro ebyiri mu gihe kitarenze iminota itanu, ararokoka, bifatwa nk’igitangaza.
Mu Buyapani batangije uburyo bushya bwiswe ‘The Giraffenap’, aho umuntu asinzirira mu kintu kimeze nk’akazu gato gafunganye, agasinzira ahagaze mu masaha ya ku manywa, bikamufasha kuruhuka akagarura imbaraga zo gukora akazi ke neza.
Umugore witwa Falmira De Jesus w’imyaka 38 y’amavuko, usanzwe akora umwuga w’ubuhinzi bw’ingazi zikorwamo amamesa mu Burengerazuba bwa Indonesia mu Ntara Kalimantan, ubwo yarimo avoma amazi mu kizenga, yafashwe n’ingona yari iri ku nkombe zacyo iramutwara.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), cyohereje itsinda ry’abahanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’imiterere y’Isi, kujya gukurikirana iby’umwotsi, umuriro, ndetse n’amabuye ahirima aturuka mu musozi wo mu Kagari ka Burimba mu Karere ka Nyamasheke.
Mu cyumweru gishize, itangazamukuru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore we batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za ‘iPhone’ bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya ‘iPhone 14’.
Abahanga mu bumenyi bw’ikirere ku Isi bavuga ko mbere ya Nyakanga ndetse no muri Nyakanga ari ibihe byaranzwe n’ubushyuhe bukabije kugeza n’ubu.
Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria, avugwaho kuba yaratakaje ubushobozi bwo kubona cyangwa se kuba yarahumye, mu gihe cy’iminota 45 yose, nyuma yo kugerageza guca agahigo ko kurira amasaha 100 adahagaritse.