Umuhanzi Butera Jeanne d’Arc a.k.a Knowless, tariki 11/04/2013, yashyikirije imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu kagali ka Nkomero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza inkunga igizwe n’ibiribwa n’amatungo magufi.
Abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Stars icyiciro cya III, baje kwifatanya n’Abanyakamonyi kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, basura umudugududu w’abapfakazi bo mu murenge wa Ngamba n’Urwibutso rwo mu Kibuza mu murenge wa Gacurabwenge.
Nyuma yo gutukwa n’umuhanzi mugenzi we Professor Nigga, Nizzo wo mu itsinda rya Urban Boys avuga ko nta mwanya afite wo gutinda kubyo Professor Nigga yamuvuzeho hari byinshi yagakoze mu buhanzi bwe.
Umuhanzi Tom Close, asanga kurera neza ari ukubaka ejo hazaza h’igihugu, kuko abana aribo Rwanda rw’ejo bazaba bakora ibikorwa byose by’ubuzima bw’igihugu, bityo kubayobora mu nzira bakwiye gukuriramo akaba ari ugutegura ejo hazaza h’igihugu.
Umujyanama w’itsinda rya Urban Boys, Alex Muyoboke, aratangaza ko abafana bose bo mu gihugu ari ababo bityo nta kintu kidasanzwe Urban Boys bazakora kugira ngo biyegereze abafana kitari ukubagaragariza ibyo bashoboye.
Alex Muyoboke, umujyanama y’itsinda Urban Boyz, agiye gushyikiriza ubutabera Karasira Aimable uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Professor Nigga kubera ibitutsi aherutse kubatukira kuri facebook.
Mani Martin n’abaririmbyi be bazitabira ibirori byo gutangiza iserukiramuco « Amani Festival » bizabera i Goma muri Congo tariki 06/04/2013.
Orchestre Amis de Jeunes ikorera mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yakoze igitaramo kidasanzwe cyo gushimira Perezida Kagame inkunga y’ibikoresho bya muzika bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni eshanu yabagejejeho mu mpera z’umwaka ushize nkuko yari yabibasezeranyije ubwo yasuraga akarere ka Rusizi muri 2010.
Umuhanzi M1 umaze igihe akorera umuziki we mu gihugu cya Uganda, aratangaza ko kuri ubu agiye gutangira amasengesho ya buri munsi nyuma yo kumenya ko ngo afite abatifuza ko muzika ye yatera imbere.
Abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3 bakomeje kwiyegereza abafana ba Rayon Sports kuko ifite abafana benshi bityo umuhanzi uzatorwa n’abafana ba Rayon akazaba nta kabuza yizeye kwegukana insinzi.
Abakina cinema nyarwanda barakangurira abantu cyane cyane urubyiruko ruvuga ko rudafite akazi kwinjira muri uyu mwuga, kuko ubasha gutunga uwukora kandi ukamugeza ku iterambere rirambye.
Umuhanzikazi Gaby Irene Kamanzi yatangaje ko kuva tariki 31/03/2013 ubwo azaba amurika alubumu ye ya mbere azaba atangiye ubuzima bushya bwo gukora umuziki we ku mugaragaro mu rwego rw’umwuga.
Umugore ukina filimi wo mu gihugu cy’Ubufaransa, witwa Julie Gayet, yatanze ikirego mu rukiro rw’i Paris muri icyo gihugu, asaba ko bakurikirana abantu bashyize kuri interineti inkuru y’ibihuha ivuga ko yaba afitanye ubucuti na Perezida w’Ubufaransa, François Hollande.
Kuri uyu wa gatanu, tariki 29/03/2013 Urban Boys bazajya kwishimana n’abakunzi babo muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare banabamurikire ibihembo beherutse kwegukana muri Salax Awards ndetse n’amahirwe yo kuba mu bahanzi bahatanira PGGSS 3.
Hakunze kugaragara cyane ibibazo hagati y’abahanzi n’ibyamamare ariko wakurikirana ugasanga ba bahanzi hagati yabo ntacyo bapfa cyangwa se baba bakwisanzuyeho bakakwibwirira ko rwose babanye neza.
Igice cya mbere cya Filimi “Ineza Yawe” y’umukinnyi wa filimi, Iyaremye Yves, ukomoka mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, kizashyirwa ahagaragara tariki 31/03/2013.
Nyuma yo kumenyekana ku ndirimbo nka “Unsange” na “Musaninyange” yahimbiye umugore we ariko akaza kuzimira mu ruhando rw’umuziki, Umuhanzi Bigirimana Fulgence agarukanye n’indirimbo nshya yise “Iz’ubu” ivuga ibibazo by’ingo.
Amakuru dukesha Jules Sentore umwe mu bagize Gakondo Group akaba n’umwuzukuru wa Athanase Sentore ni uko ku itariki 03/04/2013 aribwo hazaba igitaramo cyo kwibuka Athanase Sentore.
Umuririmbyi w’Umunyamerika Bobby Brown (wahoze ari umugabo wa nyakwigendera Whitney Houston) yafunzwe amasaha icyenda kubera ubusinzi no gutwara imodoka nta ruhushya abifitiye.
Umunyamakuru Dj Adams umenyereweho cyane kunenga abahanzi, araburira abahanzi byitwa ko bajya mu bapfumu gushakisha icyatuma bamenyekana.
Nyuma y’umwaka urenga bivugwa ko umubyeyi wa Uncle Austin arwaye umugongo nyuma bikavugwa ko yorohewe, kuri ubu yongeye kumererwa nabi ku buryo Uncle Austin asa nk’uwataye icyizere.
Umuhanzikazi Ingabire Irene Kamanzi wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Gaby no ku ndirimbo ye “Amahoro” yakunzwe cyane, kuva yatangira muzika mu mwaka wa 2002 agiye kumurika alubumu ye ya mbere yise “Ungirira neza”.
Ubwo umunyamakuru Munyengabe Murungi Sabin na mugenzi we Pontien bakora ku inyarwanda.com barangizaga amashuri umwaka ushize wa 2012, bemerewe inka n’umuhanzi Eric Senderi International Hit.
Umuhanzikazi Young Grace asanga kuba atarashoboye kugaragara mu bahanzi 11 bazahatanira Primus Guma Guma Super Star ya 3 (PGGSS 3) bitaraturutse ku mikorere ye muri muzika.
Nyuma y’uko umuhanzi Eric Senderi International Hit agaragariye ku rutonde rw’abahanzi 11 bazahatanira kwegukana insinzi ya PGGSS 3, hari bamwe mu bakunzi ba muzika bahamya badashidikanya ko uyu muhanzi ashobora kwegukana iki gikombe.
Ubwo abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Star III bajyaga gusinya amasezerano (contract), y’imikoranire na Bralirwa muri iki gikorwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 08/03/2013, batunguwe n’igabanuka ry’amafranga bagombaga guhabwa.
Singiza Music iri gutegura igitaramo yise “Rise up and praise concert” gifite intego yo guhishurira amahanga ubugari no gukomera kw’Imana kizabera muri Auditorium ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Huye kuwa gatanu utaha tariki ya 15/03/2013.
Abanyeshuri bize mu kigo cy’amashuri cya IFAK baba ku mugabane w’i Burayi mu mugi wa Lyon mu Bufaransa babifashijwemo n’abandi banyarwanda baba mu mahanga bateguye igitaramo bise "Shining in Lyon" kikaba ari igitaramo kizaba kuri uyu wa gatandatu tariki 09/03/2013 guhera ku isaha ya saa yine z’umugoroba (22 :00-11 :00) (…)
Filime ikunzwe mu mujyi wa Kigali no hirua no hino mu gihugu muri rusange nyuma yo kugera ku isoko kuri uyu wa Mbere tariki 04/03/2013, impamvu y’uko gukundwa ituruka ku nkuru y’urukundo ivugwa muri iyi filime, nk’uko bitangazwa na “KAZE Filmz” yayitunganyije.
Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi yishimiye byimazeyo kuba yagaragaye mu bahanzi 11 batoranijwe guhatanira insinzi ya PGGSS ku nshuro yayo ya gatatu.