Hamaze iminsi havugwa ko Kayitankole Ndjoli uzwi ku izina rya Kanyombya azerekeza mu Bubiligi kwerekana ibihangano bye birimo filime na byendagusetsa ariko we avuga ko bitaremezwa.
Igikomangoma Ruth Komuntale cyo mu bwami bwa Toro mu gihugu cya Uganda akaba mushiki wu mwami wa Toro Oyo Rukidi Mpunga, ku wa gatandatu tariki 17/11/2012 yambikanye impeta y’urudashira n’Umunyamerika Christopher Thomas.
Mu marushanwa yo kwitegura isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, Uturere twa Karongi na Rubavu tuzaserukira Intara y’Uburengerazuba mu marushanwa y’indirimbo, imbyino n’imivugo.
Uwiringiyimana Theogene ahamya ko indirimbo ye yitwa “Bosebabireba” yamugejeje kuri byinshi ndetse kugeza ubwo abona inzu yo kubamo ye bwite.
Kuri iki cyumweru tariki 18/11/2012, korali Kubwubuntu yo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR) iramurikira abakunzi bayo alubumu yayo ya mbere bise “Imirimo itunganye” kuri EPR Paruwasi Kiyovu.
Umuhanzi King James yasubiyemo indirimbo “Bagupfusha ubusa” ya Dj Zizou ft All stars. Mu gihe gito imaze igeze hanze, iyi ndirimbo imaze kwamamara kuburyo umuhanzi King James yahisemo kuyisubiramo.
Playback yatumye Karangwa Lionel aka Lil G atamurikira abakunzi be alubumu ye ya mbere “Nimba umugabo” mu matariki yari yarabatangarije 17/11/2012.
Nyuma y’igihe gito station Kobil iri Nyarutarama ahitwa mu Kabuga ifungiwe imiryango, ubu biravugwa ko iyi station igiye gufungurwa ahubwo hafungwe K-Club iri uruhande rw’iyi station.
Mu gihe Abanyaruhango bari biteguye gucinya akadiho kuri uyu wa Gatandatu tariki 17/11/2012 babifashijwemo na Archestre Impala, ntibigishobotse kuko iyi gahunda yasubitswe n’Impala.
Icyo gitaramo kigamije gukusanya inkunga yo gutabara abanyamerika baherutse kwibasirwa n’inkubi y’umuyaga witwa Sandy kizabera ku rubuga rwa Madison Square Garden muri Leta ya New York tariki 12/12/2012 ari nayo mpamvu bakise 12-12-12.
Kuri uyu munsi tariki 14.11.2012, umunyamakuru ku Isango Star, Patrick Kanyamibwa, n’umudamu we Mukabacondo Jeanine Keza bizihije isabukuru y’imyaka itatu bamaze bashyingiranywe.
Nk’uko bimaze iminsi bigaragara mu ndirimbo zimwe na zimwe, imyambarire ndetse n’ubutumwa bidasanzwe birarushaho kwiyongera mu bahanzi nyarwanda ku buryo benshi mu bakurikiranira hafi umuziki usanga babyibazaho cyane.
Uwiringiyimana Theogene benshi cyane bazi ku izina rya Bosebabireba azanye agashya katigeze gakorwa n’undi muhanzi kuko yatangangaje ko agiye kumurika alubumu ze zose uko ari umunani kandi akazazimurikira icyarimwe.
Hashize amezi arenga abiri bamwe mu bari bagize orchestre Impala n’Imparage bakiriho biyemeje kuyigarura mu ruhando rw’abanyamuzika banezeza Abanyarwanda. Kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Ugushyingo, abari batahiwe ni Abanyehuye.
Umuhanzi akanatunganya umuziki, Maurice Jean Paul Mbarushimana uzwi ku izina rya Maurix, aherutse gushyira hanze indirimbo nshya yise “Mama ndakuririmbira”. Avuga ko ko irimo ubutumwa bushimira umubyeyi we n’umuntu ufite urukundo rudasanzwe.
Amafilime yatoranijwe mu iserukiramuco rya sinema za gikristu agiye kwerekanwa hirya no hino mu gihugu kugira ngo Abanyarwanda babone umwanya wo kubaza ibibazo kuri filime beretswe banasobanurirwe byinshi kuri iri serukiramuco.
Ubwo umuhanzi Senior Sgt Robert Kabera yataramiraga abatuye akarere ka Muhanga ku munsi wo gusoza icyumweru cyahariwe umuryango kuri uyu wa 08/11/2012, abatari bake barenzwe n’ibyishimo buzura imyuka ku bw’indirimo “Impanda”.
Kuwa gatanu tariki 09/11/2012 Knowless azataramira abakunzi be kuri Quelque Part. Kuwa gatandatu azataramira ahitwa Zaga Nuty Club ku Kimisagara hafi ya Maison des Jeunes naho ku cyumweru akazataramira kuri Top Chef Nyabugogo.
Itsinda Dream Boys ryatanze ubunani ku banyeshuri bose yaba abo mu mashuri yisumbuye ndetse na za kaminuza bazitabira ibitaramo byo kumurika alubumu yabo “Uzambarize Mama” mu mpera z’iki cyumweru.
Ubwo Tonzi yamurikaga alubumu ye yise « Izina ryiza » ku cyumweru tariki 04/11/2012 abari bahari bose bishimiye bidasubirwaho ibyahabereye.
Umuhanzi James Ruhumuriza uzwi ku izina rya King James, kuwa gatanu tariki 02/11/2012 yashyize hanze indirimbo ye itari iy’urukundo yise “Abubu”.
Umuryango wa Ally Soudy wasezeye ku nshuti n’abavandimwe kubera ko kuri uyu wa kabiri tariki 06/11/2012 bazerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari naho bagiye gutura.
Gakuba Alphonse aka Mr Ba wiga mu mwaka wa gatandatu w’ikoranabuhanga mu kigo cy’ ishuli ryisumbuye rya COSTE-Hanika mu karere ka Nyanza atangaza ko yibonamo kuzaba umuhanzi kurusha ibindi byose bijyanye n’ubuzima bwe bwa buri munsi.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Burera rutangaza ko rwifitemo impano y’ubuhanzi bwo kuririmba, ariko bakagira imbogamizi yo kubura amafaranga yo kubafasha kuyigaragariza Abanyarwada.
Umuhanzi w’Umufaransa uririmba mu njyana ya Soul na R&B, Amel Bent, avuga ko atishimira kuba Umufaransa nubwo ari cyo gihugu yavukiyemo tariki 21/06/1985 ku babyeyi bafite inkomokoku ku gabane wa Afurika.
Kuwa gatandatu tariki 03/11/2012 itsinda Urban Boys rizataramira abakunzi babo kuri Sky Hotel naho ku cyumweru tariki 04/11/2012 bakazaba bari kuri Top Chef Nyabugogo. Iri tsinda rizaririmba indirimbo zakunzwe cyane nka Sipiriyani, Take it off, Gira icyo uvuga n’izindi nyinshi.
Umukobwa ufite inkomoko mu Rwanda wigeze kuba Nyampinga w’u Bufaransa mu mwaka wa 2000, Sonia Rolland ubu akaba ari umukinnyi w’amafilime akanerekana imideri yatangaje ko yiteguye kuza mu Rwanda vuba.
Nyuma y’iminsi mike Chris Brown ashwanye na Karrueche yasanze agomba kumufasha uko ashoboye kose niko kumuha akazi ko kujya amwambika.
Umuhanzi Kamichi umaze imyaka itari mike muri muzika aratangaza ko agiye gukora indirimbo y’Imana ya mbere izaba yitwa ‘‘Izabayo’’. Iyo ndirimbo izaba ari iyo gushimira Imana ibyiza byose ihora imugirira.
Abahanzi Nirere Shanel, Christian na Samuel nibo begukanye buruse yo kwiga muzika nyuma y’amahugurwa (workshop) bahabwaga na Jacques-Greg Belo baturutse muri Goethe Institute.