Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi Isaac Munyakazi yasabye ubuyobozi bw’"Umwarimu Sacco" korohereza abarimu guhembwa no kubona inguzanyo.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo n’uw’ububanyi n’amahanga wa Benin, Aurelien Agbenonci bashyize umukono ku masezerano azatuma ibihugu byombi bifatanya mu bijyanye n’ubuhinzi, ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’imiturire.
Col Augustin Nsengimana bitaga Cadace wahoze ari umuyobozi muri FDLR yicuza imyaka 21 yayimazemo kuko yamupfiriye ubusa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) gitangaza ko imvura y’umuhindo izaba nyinshi ariko ngo hari uduce tumwe na tumwe tuzagira imvura irenze igipimo cy’iyari isanzwe igwa.
Intumwa z’u Rwanda na Congo barangije ibiganiro byari bigamije kureba uko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka bakoroherezwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), gitangaza ko gifasha kandi kizakomeza gufasha abiga ubugeni ku Nyundo mu Karere ka Rubavu.
Abacuruzi 15 bitabira gutanga imisoro neza bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo bashishikariza n’abandi bacuruzi gutanga imisoro nk’uko bisabwa.
Inzego zitandukanye zirimo abashinzwe iperereza rya gisirikare n’abahuzabikorwa ba gisirikare mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bateraniye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano.
Ubuyobozi bw’Ikigo ngororamuco no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro cy’Iwawa buvuga ko bufite impungenge z’uko urubyiruko icyo kigo gihugura rushobora kuzasubira mu biyobyabwenge mu gihe babuze ubakurikirana.
Perezida Kagame hamwe n’umuherwe w’umunyamerika Howard G Buffet batashye inyubako z’umupaka wa la Corniche wagizwe one stop border post Rubavu.
Umupaka umwe (One stop Border Post) ugomba guhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo wubatswe mu Karere ka Rubavu, wamaze kuzura.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie yandikiye ibaruwa inama njyanama y’ako karere agaragaza ko yeguye ku mirimo ye.
U Rwanda rwashyikirije Congo (DRC) umupolisi wo muri icyo gihugu witwa Sgt Major Nemegabe Ndosa Paul wafatiwe mu Rwanda avuga ko yari yataye ubwenge.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Seraphine Mukantabana arahamagarira Abanyarwanda kubaka inzu zihangana n’ibiza kuko gutabara ahabaye ibiza bihenda.
Hari ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2017, ubwo Paul Kagame yari amaze kwiyamamariza mu Karere ka Rubavu, nibwo n’inkuru y’umukobwa warijijwe no kumubona yatangiye gusakara.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bahamya ko indirimbo “Nda ndambara yandera ubwoba” baririmba mu rurimi rw’Ikigoyi yamamaye cyane nyuma y’intambara y’abacengezi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie afunzwe by’agateganyo akurikiranweho kubangamira uburenganzira bw’abiyamamaza.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no gukumira ibiza (MIDIMAR) ifatanije na “One UN” bubakiye Abanyarwanda batahutse batishoboye bo muri Rubavu.
Umuryango w’abacitse ku icumu rya Jenoside barangije amashuri Makuru na Kaminuza (GAERG) werekana ko imiryango ibarirwa mu 7797 ariyo imaze kugaragara ko yazimye muri Jenosdie yakorewe Abatutsi.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Karere ka Rubavu bavuga ko batarahabwa indangamuntu n’amakarita y’itora, bikabatera impungenge ko bishobora kubabuza gutora umukuru w’igihugu.
Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yatangiye igikorwa cyo kuvuza ku buntu abantu barwaye “Ishaza” mu jisho abifashijwemo n’abaganga b’amaso no mu bitaro bya Kabgayi.
Abayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare basabwe kwigisha abayoboke babo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuko ari yo shingiro ry’Ubunyarwanda.
Urubyiruko rw’abanyeshuri b’abarundi batumiwe mu biganiro by’amahoro mu Rwanda babujijwe na Minisitere y’uburezi yabo kubyitabira.
Imibare itangazwa n’ikigo cya Iwawa igaragaza ko abangana na 293 mu barenga 1800 barangije muri icyo kigo badafite aho bataha.
Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 (PGGSS7) barahamagarira abiga mu ishuri rya Muzika ku Nyundo kubafasha guhangana n’umuziki mpuzamahanga.
Lieutenant Habyarimana David wari umurwanyi muri FDLR Foca yatashye mu Rwanda avuga ko yari arambiwe ubuhanuzi butagerwaho no kumena amaraso.
Abarokowe n’Intwari Felecita Niyitegeka muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’inshuti zabo bifuza ko urugo yabagamo rwagirwa inzu ndangamurage y’urukundo ifasha Abanyarwanda kwiga ubumuntu.
Bosenibamwe Eduard ari mu maboko ya Polisi y’igihugu mu Karere ka Rubavu akekwaho gutwikira uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
U Rwanda na Congo basinye amasezerano azamara imyaka itanu yo gufatanya gushaka Peterori mu Kiyaga cya Kivu.
Diyosezi Gatorika ya Nyundo yatashye Hoteli yuzuye itwaye miliyari 2RWf ariko ngo ntizajya icumbikira abakundana batarabana byemewe n’amategeko.