Uwitwa Ndagijimana Dominique ukurikiranyweho icyaha cy’ubujura yafashwe ku manywa yo kuri uyu wa kane nyuma y’uko yari yatorokanye n’abandi batatu aho bari bacumbikiwe bavurwa COVID-19.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko imfungwa ebyiri muri enye zari zatorotse aho zivurirwa COVID-19 zafashwe.
Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire Amadou Gon Coulibaly yitabye Imana ku wa Gatatu tariki 08 Nyakanga 2020 mu buryo butunguranye.
Nyuma y’akanya gato kari gashize bitangajwe ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasubije Gatabazi Jean Marie Vianney ku mirimo ya Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi ntiyatinze kubivugaho, ashimira Perezida Kagame.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasubije Gatabazi Jean Marie Vianney ku mirimo ya Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.
Umugabo w’Umuhinde aravugwaho kuba yarishyuye ibihumbi 289 by’Amafaranga akoreshwa mu Buhinde (289,000 rupees) ni ukuvuga asaga miliyoni eshatu n’ibihumbi 650 uyabaze mu mafaranga y’u Rwanda kugira ngo bamukorere agapfukamunwa gakoze muri zahabu ko kwikingira icyorezo cya COVID-19.
Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Édouard Philippe, amaze kwegura, ibi bikaba bisobanuye ko na Guverinoma yose yeguye.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko umuntu wa gatatu yitabye Imana azize icyorezo cya COVID-19. Uwitabye Imana yari Umusirikare w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) w’imyaka 51 y’amavuko wari mu butumwa mu mahanga, akaba ngo yari asanzwe afite ubundi burwayi.
Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibibuga by’Indege (Rwanda Airports Company), Charles Habonimana, yashyikirijwe ububasha bwo kuyobora icyo kigo kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Nyakanga 2020.
Perezida mushya w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko urugamba rushya rutangiye, asobanura ko u Burundi bwafashe ingamba zikomeye zo guhangana na COVID-19.
Ku wa Kabiri tariki ya 30 Kamena 2020, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri na bane (24) ba COVID-19.
U Rwanda rwasabye u Burundi ibisobanuro ku bitero biherutse kwibasira Amajyepfo y’u Rwanda mu Karere ka Nyaruguru.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri iki Cyumweru tariki 28 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri na babiri ba COVID-19.
Komisiyo y’Amatora muri Malawi yatangaje ko umukandida Lazarus Chakwera utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri icyo gihugu ari we wegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Kabiri tariki 23 Kamena 2020.
Inama yahuje ibihugu by’i Burayi yemeje gusubukura ingendo ziza muri ibyo bihugu guhera tariki 01 Nyakanga 2020.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri ba COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya umunani ba COVID-19.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umuyobozi mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi yageze ku cyicaro cy’Umuryango giherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Amabwiriza mashya atangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) aravuga ko imidudugu itandatu yo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ishyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo (lockdown) mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya COVID-19.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagize Charles Habonimana Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibibuga by’Indege (Managing Director of Rwanda Airports Company).
Amakuru atangazwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri ba COVID-19.
Amakuru atangazwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya mirongo itatu na babiri ba COVID-19.
Amakuru atangazwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi n’umwe ba COVID-19.
Amakuru atangwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa mbere tariki 22 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya mirongo itanu n’icyenda (59) ba COVID-19.
Ikigo gishinzwe Amazi n’Isukura (WASAC) cyatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki ya 22/06/2020 cyafashe uwitwa M. Nkubana yiba amazi yakoreshaga mu bikorwa by’uruganda rwa Kawunga ruzwi ku izina rya Akanyange LTD.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije isabukuru nziza y’amavuko Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.
Amakuru atangwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri iki Cyumweru tariki 21 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya makumyabiri na batandatu (26) ba COVID-19.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) ibinyujije kuri Twitter, yifurije umunsi mwiza ababyeyi b’abagabo. Umunsi wahariwe kuzirikana ababyeyi b’abagabo wizihijwe hirya no hino ku isi kuri uyu wa 21 Kamena 2020.
Nkundibiza David utuye mu mudugudu wa Ruhunga mu kagari ka Guriro mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu avuga ko nta pfunwe aterwa no guheka umwana we n’ubwo hari abamwita inganzwa.