Abaturage bakorera mu isoko rya Bazirete mu murenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bakwiye gufashwa kwimura isoko ryabo kuko batakibona abaguzi b’ibicuruzwa byabo kubera ko umuhanda wanyuraga ku isoko wimuwe.
Alexis Banzirabose, umwe mu bafite uruganda rukora inzoga z’urwagwa mu Murenge wa Rushashi, Akarere ka Gakenke atangaza ko abaturage badakunda kugura inzoga z’urwagwa zipfundikiye kubera amacupa zirimo ari mato kandi zigahenda.
Umucuruzi ufite iduka ryitwa Isange LTD riherereye mu karere ka Musanze akurikiranywe n’ubutabera kubera gukekwaho gukoresha igitabo cy’inyemezabuguzi kitemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burizeza abaturage ko ba rwiyemezamirimo bahawe inshingano yo kwakira imisoro bazacunga neza amafaranga avuye mu mitsi y’abaturage.
Mu mwaka wa 2017, ingufu z’amashanyarazi u Rwanda rufite zizava kuri kuri MW 110,8 zihari ubu zigere kuri MW 1000. Icyo gihe 70% by’ingo zo mu Rwanda zizaba zifite amashanyarazi zivuye kuri 16% ziyafite ubu.
Minisitiri w’Intebe yasabye ko Equity bank yongera umubare w’abenegihugu bayikorera hamwe n’abitabira kuzigama, hibandwa cyane cyane ku rubyiruko n’abagore mu bice by’icyaro.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga baratangaza ko batinya kugana imirenge SACCO kuko bumva ko ishobora guhomba nk’uko za microfinance zahombye mu myaka ishize.
Minisitiri ushinzwe ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Francois Kanimba, aranenga amabanki yakiriye imishinga abaturage bari batekereje muri gahunda ya Hanga Umurimo, bakayibika mu tubati ntibayihe inguzanyo cyangwa ngo bayisubize ba nyirayo bazishakire undi muterankunga.
Havugimana Jules w’imyaka 13 utuye mu murenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi amaze kwigurira ihene ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 10, abikesha inyungu yakuye mu bucuruzi bw’amagi.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare bizihije isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse ndetse banishimira ibikorwa yabagejejeho nko kubakirwa no korozwa; banakangurirwa kongerera agaciro ibyo bakora no guharanira kwiteza imbere.
Inteko rusange y’Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Kamonyi (JADF), yateranye kuwa Gatanu tariki 30/12/2012, yemeje ko igomba gutegura imurikabikorwa rizaba mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwa 02/2013.
Gahunda ya hanga umurimo ni imwe mu nzira yo guhanga umurimo no kurwanya ubushomeri mu Rwanda, nk’uko Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, ubwo yari mu karere ka Rusuzi, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Ababyeyi b’i Gitwe mu karere ka Ruhango bishatsemo ibisubizo mu iterambere bubaka amashuri yisumbuye, ishuri rya kaminuza n’ibitaro bya Gitwe.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kirasaba abanyamakuru ubufatanye mu kumenyekanisha gahunda zigezweho zo guteza imbere itangwa n’iyakirwa ry’imisoro, hamwe no gukangurira abantu kwitabira gusora.
Abacururiza n’abatuye mu isantere ya Kabuga mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bamaze amezi atandatu batazi impamvu yatumye urugomero rw’umuriro w’amashanyarazi bari biyubakiye ruhagarara. Barasaba ubuyobozi bw’akarere kubakurikiranira ikibazo kugira ngo bakomeze ibikorwa byabo by’iterambere.
Amakoperative y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Nyamagabe arasaba gufashwa kwiga imishinga yabyara inyungu kugira ngo amafaranga bagenerwa abashe kunguka bityo abafashe gutera imbere.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangije uburyo bwo kumenya icyo abakiriya batekereza kuri serivisi zitangirwa mu mahoteli yo mu Rwanda, nyuma y’aho urwego rw’abikorera rushyiriwe mu majwi ku mitangire mibi ya serivisi.
Gahunda ya Hanga Umurimo irateganya gushyira mu bikorwa imishinga itari munsi ya 1200 mu mpera z’umwaka w’ingengo y’imari, uzasozwa mu kwezi kwa gatandatu 2013, gusa ngo ibi birasaba ubufatanye bwa buri wese urebwa n’iyi gahunda.
Mu gihe mu gihugu hose igikorwa cyo guca nyakatsi cyarangiye, imwe mu miryango yo mu murenge wa Nyarubaka yasenye inzu za nyakatsi yizeye ko Leta izabafasha kubaka inzu zikomeye iracyacumbikiwe n’abaturanyi kuko itabaruwe mu bagomba kubakirwa.
Intumwa za rubanda zigize ihuriro rishinzwe iterambere n’imibereho myiza y’abaturage mu nteko ishinga amategeko zivuga ko urugamba rwo kuzamura imibereho myiza y’abaturage rugenda neza.
Bamwe mu bashakashatsi bo mu mashuri makuru na zakaminuza byigenga (ARIPES), baravuga ko ubushakatsi bwakozwe bwerekana ko amakoperative y’abahinzi afite uruhare mu iterambere rusange ry’igihugu.
Abatuye umurenge wa Kiyumba biyubakiye inzu y’izajya ikoreramo umurenge Sacco yawo, iyi yarubatswe ku mafaranga yari avuye ahanini mu banyamuryango bayo, aho buri munyamuryango yatangaga amafaranga ibihumbi bine kugira ngo yubakwe.
Kuri uyu wa mbere tariki 19/11/2012, Ikigo gishinzwe iterambere (RDB) cyakiriye abashoramari baturutse mu gihugu cya Suwede, baje kwiga uburyo bazaza gushora imari mu Rwanda, cyane cyane mu bijyanye no guteza imbere ingufu zitangiza ibidukikije.
Kabananiye Staton na Barukinaho Saidath bakomoka mu murenge wa Kazo, bahawe igihembo n’ubuyobozi bw’akarere ko bakorana neza n’umurenge SACCO wa Kazo mu karere ka Ngoma.
Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango rwashyiriweho abajyanama mu by’ubucuruzi babafasha kwiga imishinga yabo no kuyibatunganyiriza. Abo bajyanama bakorera muri buri murenge bazajya batunganya imishinga y’urubyiruko ku buntu maze rugane ibigo by’imari rwake inguzanyo rukore rutere imbere.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’ikoranabuhanga mu Isazakabumenyi, Rosemary Mbabazi, arasaba urubyiruko kwishyira hamwe muri za koperative kugira ngo rubone ubushobozi bwo gutangiriraho mu bikorwa byabo bibyara inyungu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye Umunyarwanda witwa Emmanuel Rusera, umaze kubaka amahoteli ane ya “Gorilla” mu Rwanda. Agahamya ko abakora nka we mu gushora imari mu gihugu, aribo bitezweho kuzamura ubukungu n’imibereho by’abaturage n’igihugu muri rusange.
Hotel Serena na Rwandair bashyizeho ibiciro bidasanzwe ku Banyanijeriya bifuza kuza mu Rwanda no kuhanyura bajya ahandi muri gahunda yiswe Destination Rwanda.
Abadepite bagize komisiyo ishinzwe ingengo y’imari n’umutungo w’igihugu bagaragaje impungenge z’aho amafaranga asaga miliyoni 400 zizinjizwa mu misoro y’akarere ka Gakenke mu ngengo y’imari ya 2012-2013 azava.