Hashize igihe gisaga amezi atandatu ikipe ya Mukura idakinira kuri sitade isanzwe imenyereweho ariyo sitade ya Huye ,bamwe bita Imbehe Ya Mukura. Iyi Sitade imaze igihe irimo kuvugururwa aho biteganywa ko niyuzura izaba ari sitade iruta iyari isanzwe, haba mu bunini ndetse no mu bwiza.
Ku nshuro ya munani habaho aya marushanwa, Bwana Francois Xavier Gasimba Munezero nawe ni umwe mu begukanye igihembo kitiriwe Kadima.
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Huye uzwi cyane nk’umujyi wa Butare batangaza ko mu gihe abanyeshuri ba kaminuza nkuru y’u Rwanda bari mu biruhuko, bagira igihombo gikomeye kuko aba banyeshuri aribo bagize umubare munini w’abakiriya babo.
Ku nshuro ya mbere urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha rwatanze uburenganzira bwo gufungura imfungwa yarwo yari yarakatiwe mbere y’uko arangiza igihano yari yarakatiwe cy’imyaka 8.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa kabiri ryashyize ahagaragara abatoza batanu bazatoranywamo umwe uzahabwa akazi ko gutoza ikipe y’igihugu akazatangazwa ku mugaragaro nyuma y’itariki 15 Ugushyingo.
Kuwa 24 Ukwakira 2011, Umunyarwanda Kayitesi Zainabo Sylvie perezida wa komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda yatorewe kuba umuyobozi wungiririje wa komisiyo nyafurika ishinzwe uburenganzira bwa muntu n’abaturage.
Abanyeshuri barangije amashuri abanza bakoze ikizamini cya leta gisoza icyo cyiciro bagera ku bihumbi 167.166 mu gihugu hose.
Ikigega gishora imari cyo mu bwongereza mu mujyi wa London kirifuza kugurisha imigabane yacyo igera kuri 80% iri muri banki y’ubucuruzi y’u Rwanda, icyo kigega cyashoye muri iyo banki kuva muri 2004.
Nyuma y’aho inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite isuzumiye icyivuzo cya depite Kantengwa Juliana cyo gusuzuma ikibazo cyerekeye iboneka ry’amashanyarazi mu gihugu n’ibibazo byagaragaye mu mushinga w’urugomero rw’amashanyarazi rwa Rukarara, umwanzuro wabaye gutumiza Minisitiri ufite ingufu n’amazi mu (…)
Guhera tariki 21 Ugushyingo uyu mwaka Rwandair izatangira gushyiraho ingendo nshya, ikaba ibikesha indege iherutse kugura iri mu bwoko bwa boeing 737-800 hiyongereho n’indi iteganyijwe kugera i Kigali none tariki 25/10/2011.
Bagamije kugira ngo basobanukirwe imikorere y’inzego z’umutekano cyane cyane Local Defense (soma: Loko difensi) mu Rwanda nyuma ya genocide, itsinda ryaturutse mu Busuwisi riyobowe na Minisitiri w’umutekano, polisi n’ibidukikije wa Geneva, Madamu Fabienne BUGNON kuri uyu wa mbere ryasuye Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (…)
Amakuru yasohotse kuri uyu wa mbere tariki ya 24 Ukwakira 2011 mu kinyamakuru Alto Adige cyo mu Butaliyani aravuga ko hari umupadiri wambuwe uruhushya rwo gutwara imodoka ndetse polisi ikanamucumbikira muri gereza ategereje kujyanwa imbere y’urukiko.
Umuhanzikazi wo mu Rwanda Tete Roca ntiyemeranya n’abavuga ko akora ibinyuranyije n’umuco Nyarwanda kugira ngo amenyekane bityo akomeze gutera imbere muri muzika. Ngo kuko ibyo akora byose mu buhanzi bwe abanza kugisha inama.
Mu gihe abanyeshuri basoza amashuri abanza bazatangira ibizamini bya leta ku wa 25 Ukwakira bakazabirangiza ku wa kane tariki 27 Ukwakira 2011, bamwe mu banyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Kamonyi mu Karere ka Kamonyi bageze ku musozo imyeteguro y’ibizamini bavuga ko ururimi rw’icyongereza rutazababera imbogamizi (…)
Nyuma yo gushishoza akabona aho u Rwanda rugeze n’uburyo rwabaye irebero mu mahanga, Pierre Célestin Rwigema wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, atangaza ko aribyo byamuteye gufata icyemezo cyo kugaruka agatanga umusanzu we mu kubaka igihugu.
APR volleyball Club y’abagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) ni zo zegukanye igikombe cya Shampiyona na Carré d’As kuri iki cyumweru mu mikino yabereye kuri Petit Stade i Remera.
Umukino wahuje Rayon Sport FC na APR FC kuri Stade Amahoro i Remera kuri icyi cyumweru, mu mahane no kutavuga rumwe ku misifurire, warangiye aya makipe anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.
Col. Muammar Gaddafi wari umaze imyaka 42 ari Perezida wa Libya, wari uzwi cyane nka prezida warindwaga n’abagore, ndetse akanakunda kwibera mu ihema igihe cyose yasuye amahanga, yanakunze kandi gushyirwa mu majwi n’ amahanga kuba yarashyigikiraga udutsiko tw’ ibyihebe.
Abaturage batuye umudugudu wa Mirambi Umurenge wa Ririma Akarere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba barasaba ubuyobozi bwa polisi ko bwafungura ishami ryayo muri aka gace kugira ngo babafashe guhangana n’ibibazo bikarangwamo birimo ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, n’ubujura.
Kuri uyu wa kane tariki ya 20 Ukwakira 2011 nibwo urukingo rwa gatatu ari narwo rwanyuma rwatanzwe ku bana b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 12 na 15.
Umukino wahuje aya makipe yombi warangiye amakipe anganya ibitego 2-2
Mu masaha make ari imbere saa kumi n’imwe (17h00) ruraba rwambikanye hagati ya Rayons Sports na APR mu mukino wa shampiyona ugomba kubahuza uyu munsi. imyiteguro kuri stade ni yose ku bafana b’impande zombi.
Ku wa gatatu w’iki cyumweru Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Mathias Harebamungu yatangaje ko abanyeshuli bo mu mashuli yisumbuye bazajya mu biruhuko bambaye umwenda w’ishuli (uniforme) mu rwego rwo gutuma bataha neza.
Nyuma yaho ibiciro n’imikorere y’ubwisungame mu kwivuza bivugururiwe, Akarere ka Bugesera kafashe ingamba zihamye zo gushishikariza abaturage bako bose kubwitabira.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo avuga ko kuva ku butegetsi kwa Kadhafi ari ibihe bishya ku gihugu cya Libiya ndetse kandi Afrika ikaba igomba kugira uruhare mu kugarura amahoro muri icyo gihugu.
Ikigereranyo cyakozwe n’umuryango Action Aid ndetse na IPAR(Institute of Policy Analysis and Research) kigaragaza ko U Rwanda rugenda rurushaho kwivana mu bihe by’inzara uko imyaka igenda isimburana. Mu mwaka wa 2005 inzara yari ku gipimo cya 25,4%,mu mwaka wa 2009 yari igeze kuri 23,5% naho mu mwaka wa 2011 igipimo cyiri (…)
Bamwe mu bagore bakoresha imiti yo kuboneza urubyaro, barasabwa kujya begera abaganga bakabajyira inama mbere yo gufata imiti yo kuringaniza urubyaro. Barasabwa kandi kudahagarika gahunda yo kuringaniza urubyaro bitewe n’impinduka iyo miti itera mu mibiri yabo.
Nkuko biri muri gahunda ya Leta y’u Rwanda yo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda, Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) nayo ntiyasigaye inyuma kuko ifite ubwisungane mu kwivuza ku banyeshuli n’abakozi bayo. Ubuyobozi bw’uru rwego ariko buvuga ko igiciro cy’ubwisungane mu kwivuza kitahindutse.
Mu nama njyanama y’akarere ka Huye yabaye kuwa 21 Ukwakira 2011 hizwe ku myubakire mishya y’umujyi wa Huye uzwi cyane ku izina rya Butare, bemeza ko hakwiye gushyirwaho gahunda yihariye yo kubaka uyu mujyi nk’uko Kigali umurwa mukuru iyifite.
Abanyanyeshuri 41 bitegura kurangiza muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda, bashobora kutazabona impamyabumenyi zabo kuko batagize amanota 70% mu cyongereza mu mwaka wa mbere bizemo uru rurimi.
Abaturage n’ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera baravuga ko kuri ubu nta nzara ikirangwa mu karere kabo nk’uko byahoze mu myaka ishize, ahubwo ubu nabo bagaburira ibindi bice by’igihugu.
Abacuruza serivisi ya internet rusange (cyber café) baravuga ko muri iki gihe ikoranabuhanga ritakiri umwihariko w’umurwa mukuru wa Kigali gusa kuko n’i Muhanga mu ntara y’amajyepfo hari abantu bacuruza internet mu muri cyber café kandi bakabona abakiriya.
Icyegeranyo cyakozwe n’umuryango Transparency International kirerekana ko u Rwanda ruza ku mwanya wa mbere mu bihugu bigize Afurika y’I burasirazuba mu kurwanya no gukumira ruswa .
Nyuma yo guhundagazwaho amajwi angana na 83 ku ijana n’abanyamuryango b’ishyirahammwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Ukwakira 2011 ku cyicaro cy’iri shyirahamwe i Remera, Celestin Ntagungira ‘Abega’ ni we watorewe kuba umuyobozi mushya w’iri shyirahamwe.
Ibihingwa bya kawa n’icyayi nibyo bihingwa bibiri by’ingenzi byoherezwa mu mahanga. 99% by’umusaruro w’ibyo bihingwa woherezwa ku masoko yo hanze.
Umunyamabanga wa Leta wungirije wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ushinzwe Afurika Johnnie Carson yasuye ibitaro bya Kibagabaga yishimira iterambere u Rwanda rugezeho.
Itsinda rikorera umuziki mu Rwanda ryitwa Dream Boyz riravuga ko muri iyi minsi akazi k’umuziki ariko kari kubafasha mu mibereho yabo ya buri munsi isaba amafaranga.
Mu rwego rwo kongerera ingabo ubushobozi mu kubumbatira amahoro n’umutekano mu karere k’Afurika y’ i burasirazuba (EAC), u Rwanda rwakiriye imyitozo ya gisirikare ihuriyemo ingabo zaturutse mu bihugu bitanu bigize umuryango wa (EAC). Iyo myitozo imaze iminsi itatu itangiye mu ishuli rya gisirikare riri i Nyakinama, tariki ya (…)
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 21 ukwakira, 2011 nibwo hashojwe icyiciro cya mbere cy’urukingo rw’inkondo y’umura ku bana b’abakobwa b’abangavu, aho bahawe urukingo rwa gatatu rushimangira izindi ebyiri bahawe.uyu muhango wabereye mu karere ka Gicumbi, Intara y’Amajyaruguru.
Mu gitondo cy’ uyu munsi mu mudugudu wa Kibagabaga, ahubakwa amazu na sosiyete yitwa Thomas&Piron habaye ubwumvikane buke hagati y’ abakozi b’ iyo sosiyete n’ abayobozi babo bitewe n’ uko babirukanye nta nteguza.
Kuri iki cyumweru tariki ya 23 Ukwakira saa kumi n’igice, nibwo ruzaba rwambikanye hagati y’amakipe abiri afite abafana benshi kurusha ayandi mu Rwanda, aho Rayon Sport izaba yakira APR FC kuri Stade Amahoro i Remera.
Nyuma y’ibirwa bya Maurice na Afrika y’epfo hakurikiraho u Rwanda nk’igihugu cyiza cyakorerwamo ubucuruzi muri afurika yose nk’uko byatangajwe na banki y’isi kuri uyu wa kane muri rapport yayo yise “doing business 2012”. Iyo rapport ikaba yamurikiwe i newyork hanyuma ikurikirwa n’amashusho yerekanirwaga i Kigali mu buryo (…)
Abashinjacyaha mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, basabye ko Callixte Nzabonimana wahoze ari Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside yahabwa igihano cy’igifungo cya burundu, kubera ibyaha bya Jenoside n’iby’intambara akurikiranyweho.
Abaturage batuye ahazubakwa ikibuga cy’indege cya Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba hatuwe n’abantu babarirwa mu bihumbi 6965 baba mu mazu agera ku 1,771, bagiye gutangira kubarurirwa imitungo yabo mu gihe cya vuba.
Mu kagari ka Cyimana mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye, polisi y’igihugu n’ubuyobozi bw’akarere ka Huye bafashe abacuruzi b’ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa Nyirantare bigera ku malitiro ibihumbi birindwi, bamwe muri aba bacuruzi bakaba bari banafite imigambi yo kwica bamwe muri aba bayobozi.
Umugore n’umugabo b’abanyamerika bamaze kuvugurura amaserano yabo yo kurwubaka inshuro ijana zose nyamara bamaranye imyaka 27 gusa babana. Ibyo bikaba byaratumye bahabwa guiness de record nk’abantu basezeranye kenshi ku rwego rw’isi.
U Rwanda rukomeje gushimirwa uburyo rukoresha inkunga ruhabwa; bimwe mubyo inkunga ruhabwa n’ Ikigega Global Fund yagezeho ni ukuba abantu 9000 bahabwa imiti igabanya ubukana bwa SIDA ku ubuntu.
Col. Muammar Gaddafi wari umaze imyaka 42 ari Perezida wa Libya, wari uzwi cyane nka prezida warindwaga n’abagore, ndetse akanakunda kwibera mu ihema igihe cyose yasuye amahanga, yanakunze kandi gushyirwa mu majwi n’ amahanga kuba yarashyigikiraga udutsiko tw’ ibyihebe.
Mu gihe u Rwanda rukomejeke kugirirwa icyizere cyo kwakira imikino mpuzamahanga itandukanye harimo n’iy’umupira w’amaguru, u Rwanda rugiye kubaka stade nini izajya ibasha kwakira abazajya bitabira iyo mikono.