N’ubwo u Rwanda ruheruka gutsinda Eritrea ibitego 3 kuri 1 mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, u Rwanda rwasubiye inyuma imyanya ibiri ku rutonde rwa FIFA rugaragaza uko amakipe y’ibihugu akurikirana ku isi. Ubu u Rwanda ruri ku mwanya wa 114.
Imfurayase Patience, umukobwa uzwi cyane muri showbiz nyarwanda, yashatse gutwika inzu y’iwabo harimo ababyeyi be n’abavandimwe be ariko polisi irahagoboka.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu mu muryango w’abibumbye, Susan Rice, yatangaje ko igihugu cye cyatabaye muri Libiya kubera kwanga kongera gukora ikosa ryo kudatabara igihugu cye cyakoze ubwo mu Rwanda habaga Jenoside.
Mu gice cya kane cy’isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda (Rubavu-Muhanga), Umunyamerika Kiel Reijnen ukinira Team Type 1 yongeye kubasiga.
Ushinzwe ibikorwa mu ishami ry’umuryango wabibumbye ryita ku bana (UNICEF), Nicholas Alipui, ejo yatangaje ko yatunguwe n’intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina. Alipui yabitangaje ejo ubwo yasuraga ikigo Isange One Stop Center gukorera ku Kacyicu mu mujyi wa Kigali.
Itsinda ry’abapolisi bane bo muri Tanzaniya bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda riratangaza ko ryatunguwe n’uburyo urwego rwa polisi mu Rwanda rudakozwa ruswa. Aba bapolisi bari mu Rwanda mu rwego rwo kwiga uburyo bwo guhangana n’ibyaha bitandukanye.
Umuryango w’umugabo witwa Elissa Uwitonze wategetswe gutaburira umurambo kugirango ujyanywe kwa muganga hamenyekane icyamwishe. Ejo nibwo ibitaro bya Nyanza byemereye umuryango we gusubirana umurambo.
Olive Dusingizimana yitabye Imana azize inkuba yamukubanye n’abavandimwe be batatu ejo mu ma saa munani z’amanywa mu mudugudu wa Batura, akagari ka Karenge, umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi.
Umugabo witwa Twizerimana Jean Pierre utuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu yishe umugore we, Nyirarukundo, wari utwite inda y’amezi atatu. Ibi byabaye mu saa mbiri z’ijoro tariki 21/11/2011;bari bamaranye amezi ane babana.
Abashumba bakunze kwitwaza inkoni n’imihoro bagaragara mu murenge wa Bigogwe hafi y’ishamba rya Gishwati bakomeje guhungabanya umutekano w’abaturage. Ibi bimaze igihe kirenga amezi 2; bigaragara cyane cyane iyo umuntu anyuze hafi y’aho abo bashumba baragiye.
Abagabo 3 barengwa kunyereza amafaranga miliyoni zisaga 31 z’ibitaro bya Kibuye bemerewe kubonana n’abashinzwe ibaruramutungo (audit) mbere y’uko urukiko rukomeza urubanza.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yatangaje ko ejo ambasaderi w’icyo gihugu muri UN, Susan Rice, yageze mu Rwanda mu ruzinduko w’iminsi ine.
Umuyobozi wa komine ya Dieulefit mu Bufaransa, madamu Christine Prietto, aratangaza ko kuba igihugu cye cyaratije umurindi abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 byaribikwiye kubera isomo amahanga.
Mu gice cya gatatu cy’isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare, ikipe y’u Rwanda yitwa Karisimbi ni yo yabaye iya mbere.
Tariki 21/11/2011 hagati ya saa yine na saa tanu za mu gitondo, umukobwa w’imyaka itatu n’igice yapfiriye mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Kinazi umurenge wa Kinazi ho mu karere ka Ruhango azize impanuka.
Kuri uyu wa gatatu ikipe y’igihugu Amavubi yahagurutse I Kigali yerekeza muri Tanzania mu mikino ya CECAFA izatangira ku wa gatanu. Umutoza Milutin Micho witwaje abakinnyi 20 yasize yijeje Abanyarwanda kuzabashimisha.
Ubwo yakoraga ikiganiro n’abanyamakuru ku nshuro ya mbere, umuyobozi w’akarere ka Muhanga yatangaje ko kuba atajyaga akorana ikiganiro n’abanyamakuru atari ukwimana amakuru ahubwo ko ari igihe cyari kitaragera.
Leta ya Zimbabwe iratangaza ko idacumbikiye, Protais Mpiranya, Umunyarwanda uregwa kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994. Uyu mugabo ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga rwashyiriwe ho u Rwanda (ICTR).
Seif al-Islam uherutse gufatwa mu mpera z’icyumweru gishize ngo yagambaniwe n’umwe mubanyalibiya bibera mu butayu (nomades) wagombaga kumucikisha.
Urukiko rw’ikirenga rwo muri Norvege rwanze ubujurire bwa Charles Bandora; Umunyarwanda ufingiye muri icyo gihugu ukekwaho ibyaha bya Jenoside. Bandora yari yajuririye icyemezo cy’urukiko cyari cyategetse ko yoherezwa kuburanishiriza mu Rwanda.
Ikinyamakuru Jeune Afrique cyanditse ko urubuga WikiLeaks rwashyize ahagaragara ubutumwa hagati y’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) bavuga ko babona perezida Kabila wa Congo Kinshasa nk’umuyobozi utifitiye ikizere ; ufata ibyemezo bimugoye.
Kuri sitasiyo ya police mu karere ka Nyamagabe hafungiye umusore witwa Nyandwi Pangarasi azira gukoresha ibiyobyabwenge. Nyandwi Pangarasi yafashwe n’inzego z’ibanze zo mu kagari ka Manwari mu murenge wa Mbazi ku bufatanye n’inzego z’umutekano, ubwo bari mu gikorwa cyo gusaka ibintu by’umucuruzi wari wibwe.
Mu nama yahuje umuyobozi wungirije w’umudugudu wa Kabaya, Munderi Celestin, n’abaturage tariki 20/11/2011, hemejwe ko hagiye kujyaho abantu bazajya barara irondo mu mudugudu buri munsi. Buri muturage azajya atanga amafaranga 1000 cyo guhemba abarara irondo buri kwezi ariko abatishoboya bazajya batanga 500.
Umujyanama muri minisiteri y’ubutabera, Jacqueline Musiitwa, ni umwe muri batatu babonye igihembo cya Foundation Mo Ibrahim. Yabonye iki gihembo kubera uruhare yagize mu guteza imbere ubucuruzi, imiyoborere ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta.
Inzobere mu gutanga amasoko ituruka muri Kenya, Mbuba Mbugu, aragira inama Leta z’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba kwitondera uburyo zitanga amasoko kuko amasoko ari mu bikorwa Leza zitangaho amafaranga menshi. Uburyo amasoko atangwa butitaweho bishobora guteza igihombo kinini.
Uyu munsi saa mbiri za mugitondo imbogo ebyiri zavuye muri pariki y’Akagera zinjira mu murenge wa Kabarore. Abaturage bitabaje amacumu n’imbwa bica imwe indi irahunga isubira muri pariki.
Abayobozi b’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (ORINFOR) bitabye banatanga ibisobanuro imbere y’akanama k’inteko ishingamategeko kagenzura imikoreshereze y’imari mu bigo bya Leta.
Umushinga One Dollar campaign umaze kunguka amafaranga agera kuri miliyoni 89 z’amanyarwanda. Aya mafaranga ni inyungu uyu mushinga wahawe na banki wabikijemo amafaranga yo kubakira abana b’imfubyi batagira aho baba.
Icyiciro cya kabiri cya Tour du Rwanda cyarangiye Umunyarwanda, Adrien Niyonshuti, ukinira ikipe ya MTN QHUBEKA ari ku mwanya wa kabiri ku rutonde rusange.
Igihugu cy’u Bufaransa cyashyizeho abacamanza bane b’inzobere mu byaha bikomeye bo mu rukiko rw’isumbuye rw’i Paris kugirango bakurikirane abashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bakihishe muri icyo gihugu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abantu n’ibintu (ONATRACOM) cyemereye imbere ya komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’amafranga ya Leta ko cyagize igihombo cya miliyari zigera kuri enye biturutse ku micungire mibi yakozwe n’ubuyobozi bwaranjirije uburiho.
Umutwe w’ingabo z’Umuryango w’abibumbye ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) watangaje ko inyeshyamba za Mai- Mai zaraye zivuganye Colonel Jean Marie Vianney Kanzeguhera wari uzwi cyane ku izina rya Sadiki, wari umuyobozi w’umutwe wa FDLR mu ntara ya Kivu.
U Rwanda ruzitabi inama iziga ku bibazo bigaragara mu gutwara abantu n’ibintu muri Afurika izabera muri Angola kuva tariki 24-25 ugushyingo.
Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Congo Brazzaville, Denis Sassou N’guesso, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu mbere aho yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame.
Umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), Dr Richard Sezibera, aratangaza ko uyu muryango ukeneye miliyari 80 z’amadolari y’Amerika yo gushora mu mishinga ihuza ibihugu 5 bigize uyu muryango. mubyo iyi mishinga igamije harimo kworoshya ubucuruzi hagati y’ibihugu.
Ubukungu bwa Afurika muri iyi minsi ntabwo bwifashe neza cyane cyane kubera umutekano muke uri mu bihugu by’abarabu, ibibazo bya politiki byo mu gihugu cya Côte d’Ivoire ndetse no kuzamuka kw’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori bituma Banki ny’Afurika itsura amajyambere (BAD) ivuga ko hashobora kuba idindira ry’ubukungu muri (…)
Abaturage bo mu murenge wa Mukindo mukarere ka Gisagara baratabaza ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano, ko babafasha kurwanya imbwa zirirwa zibarira amatungo boroye; kuko ngo birenze ubushobozi bwabo.
Mu gihugu cya Libani, ubwo bari bari mu kiganiro mpaka (débat) kuri tereviziyo kivuga ku kibazo cya Siriya, abanyapolitiki babiri bari bagiye kurwanira kuri tereviziyo.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi ifatanyije n’indi miryango nka Cladho, kuri uyu wa mbere tariki ya 21 ugushyingo 2011, bashyize ahagaragara agatabo kagiye gukwirakwizwa mu midugudu yose hagamijwe gufasha abaturage gusobanukirwa n’imikoreshereze y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012.
Kuva tariki ya 21 kugeza 25 uku kwezi itsinda ry’abasirikare bakorera muri Rwanda Military Hospital (RMH) bayobowe na Majoro Dr King Kayondo batangiye igikorwa cyo kwegera abaturage babaha service basanga kwa muganga. Iki gikorwa cyatangiriye ku kigo nderabuzima cya Gihana cyubatswe muri Runda.
Police FC yamaze gufata umwanya wa mbere nyuma yo kubona amanota atatu ku cyumweru ubwo yatsindaga La Jeunesse ibitego 2 ku busa. Etincelles na APR FC zari zihanganiye umwanya wa mbere zanganyije igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wazihuje kuwa gatandatu.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kiratangaza ko imyakirire y’abifuza serivisi zitandukanye mu Rwanda bitari ku rwego mpuzamahanga rwo kwakira abakiriya, ndetse bikaba bitanageze ku mahame agenderwaho muri Afurika y’Iburasirazuba.
Kuva ejo mu Rwanda hari kubera inama y’iminsi 2 ihuje impuguke mu butwererane za Congo Brazzaville hamwe n’iz’u Rwanda. Inama igamije kureba uko ibi bihugu bitsura umubano mu by’ubwikorezi bw’indege, umuco, ubumenyi n’ikoranabuhanga.
Ikipe yitwa Team Type 1 y’inyamerika yegukanye umwanya wa mbere mu gace kambere k’isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ ryatangiye ejo ku cyumweru kuri stade Amahoro i Remera. Ejo abanyonzi basiganywe ahantu hareshya na kilometero enye. Bahagurukaga kuri Stade Amahoro bakerezeka Kimironko bakanyura kuri KIE bakagaruka kuri (…)
Ku nshuro yaryo ya gatatu, Tour du Rwanda y’uyu mwaka izatangira tariki ya 20 irangire tariki ya 26 Ugushyingo. Izitabirwa n’amakipe 12 yo hirya no hino ku isi harimo n’abiri (Akagera na Kalisimbi) yo mu Rwanda. Abakinnyi bose hamwe bazaryitabira ni 60 nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa interineti rw’iri siganwa (…)
Irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Tennis ITF Men’s Future ryakinirwaga mu Rwanda ryasojwe kuri uyu wa gatandatu kuwa 19/Ugushyingo/2011 ritsinzwe n’umunya otirishiya(Autriche/Austrich) Gerald Merzer
Umutoza w’ikipe y’Amagaju, Bizimana Abdu alias Beken, aratangaza ko yatsinzwe umukino wayihuje na Mukura kubera urupfu rwa muramu we; atari ukubera igikona cyaje mu kibuga. Muramu wa Bizimana yapfiriye mu mpanuka y’imodoka y’ikamyo yabaye tariki 19/11/2011 bituma atabasha kuboneka ku mu kino wabereye kuri sitade Kamena.
Polisi y’igihugu iratangaza ko Nzabakirana Gratien (uwishe Siraguma Désiré) ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kagano.