Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi by’Igihugu (MINALOC), Marie Solange Kayisire, asaba abatarishyura ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kubyihutisha, kugira ngo batamera nk’abigometse kuri gahunda za Leta.
Mu mabanga y’imisozi ya Bumbogo mu Mudugudu wa Kiriza mu Kagari ka Nyabikenke mu Karere ka Gasabo, ni ho Mutiganda Jean de La Croix yubatse Ishuri, ariko rihereye ku Irerero ry’abana yari yashyize mu nzu (muri salon) iwe.
Abakorera mu Gakiriro k’i Masoro mu Murenge wa Ndera, aho ugabanira n’uwa Kimironko mu Izindiro, bavuga ko kahiye hafi ya kose kuko mu mitungo y’abagakoreragamo bagera muri 15 hasigaye iya babiri gusa.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yahamagariye abaturage b’Umujyi wa Kigali kwirinda umwanda n’igwingira mu bana, kuko nabyo biri mu bihungabanya umutekano.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko abaturage bagituye muri metero 400 uvuye ku kimoteri cya Nduba bagiye guhabwa ingurane y’ibyabo, mu gihe hagitekerezwa uko imyanda yabyazwa umusaruro bitabangamiye ibidukikije.
Abayoboke b’Itorero ADEPR muri Paruwasi ya Gasave ku Gisozi mu Karere ka Gasabo bahuriye mu rusengero bamwe barokokeyemo, bibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Banki ya Kigali (BK) yatashye ishami ryubatswe mu buryo bugezweho riherereye mu Giporoso, mu Murenge wa Remera mu nyubako ya Sar Motor.
Abakirisito basengera mu Itorero rya ADEPR Remera mu Mujyi wa Kigali, batashye urusengero rw’Icyitegererezo rwuzuye rutwaye Miliyari imwe y’Amafaranga y’u Rwanda.
Abarokotse Jenoside kuri Seminari Nto yitiriwe Mutagatifu Vincent mu Karare ka Gasabo, Umurenge wa Ndera, tariki 20 Gicurasi 2023 bibutse abari abanyeshuri, abakozi, Abihayimana ndetse n’abari bahahungiye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Gicurasi 2023 rwategetse ko Nsabimana Jean uzwi nka DUBAI, na Rwamurangwa Stephen, Mberabahizi Raymond Chretien na Nyirabihogo Jeanne d’Arc bafungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakurikiranwaho ibyaha bakekwaho.
Mu Karere ka Gasabo hatangijwe gahunda yo kwegereza abaturage serivisi z’ubutaka hagamijwe kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ibishushanyo mbonezamiturire.
Umuryango w’Abahoze ari Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), urimo kwigisha abana n’abarimu b’amashuri abanza, kurwanya ibibazo byibasira ubuzima bwo mu mutwe byiganje mu barokotse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwashatse abafatanyabikorwa bishyurira abana ifunguro ryo ku ishuri, ariko bazaba banashinzwe gukangurira ababyeyi kwita kuri izo nshingano zabo.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rutunga, Akagari ka Kabariza, mu Mudugudu wa Nyamise, hari abaturage 15 banyoye ubushera ku muturanyi wabo witwa Tuyishimire Jean Claude bajya mu bitaro, umwe akaba yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafatanye umugabo w’imyaka 32, imifuka itatu n’igice y’ibiyobyabwenge by’urumogi rupima ibilo 60.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko abantu batanu bafashwe, barimo abayobozi bane bafite aho bahuriye n’Akarere ka Gasabo. Barakekwaho gutanga uburenganzira bwo kubaka inzu zivugwaho kubakwa nabi mu Mudugudu w’Urukumbuzi, ahazwi nko ‘Kwa DUBAI’.
Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo wibutse Abapadiri n’Ababikira 17 biciwe mu kigo cy’Abayezuwiti cyitwa Centre Christus, hamwe n’Abatutsi barimo abarenga 4,500 bari bahavuye mbere y’uko Jenoside itangira ku itariki ya 7 Mata 1994.
Abakorera ubucuruzi iruhande rw’imihanda yagizwe Car Free Zone yo ku Gisimenti, batakambiye Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), bayisaba ko yafungurwa ikongera kuba nyabagendwa, kuko kuva yafungwa byahungabanyije ubucuruzi bwabo.
Umuryango Ibuka ukomeje gusaba abatarahigwaga mu 1994, kwerekana ahashyizwe imibiri y’abarenga 342 bo miryango 59 yazimye, biciwe mu Kagari ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bahuriye mu Nteko rusange y’Umuryango tariki 26 Werurwe 2023, bishimira ibyagezweho, bagaragaza n’ibyo bagiye gukomeza kongeramo imbaraga.
Abafite ababo bashyinguye mu irimbi ryuzuye rya Nyagatovu mu Murenge wa Kimironko, ho mu Karere ka Gasabo, bahangayikishijwe n’abajura baza kwiba ibyuma byubatse imva (fer à béton) zitwikiriye imva maze bakazisiga zasamye.
Imodoka y’ivatiri ifite pulaki nimero RAD 271C, yakoze impanuka yo kubirinduka ivuye guhaha mu isoko ryagenewe abashinzwe Umutekano (Army Shop), riri hafi y’Icyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, ihitana umunyeshuri umwe, mugenzi we arakomereka.
Mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Rusororo mu Kagari Gasagara mu Mudugudu wa Rugagi haravugwa impanuka y’ubwanikiro bw’ibigori bwaguye, buhitana abantu 10 barimo abagabo batandatu n’abagore bane, abandi babarirwa muri 40 barakomereka.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, mu muganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2023, batangije igikorwa cyo kwikorera umuhanda w’ibirometero bibiri na metero ijana (2.1km).
Bamwe mu bayoboke b’Itorero Ebenezer Church Rwanda barashinja uburiganya Umuyobozi waryo, Rev Pasiteri Jean-Damascène Nkundabandi, kuko ngo arimo kugurisha urusengero atabibamenyesheje, kugira ngo arye amafaranga wenyine.
Itorero ryitwa Ebenezer rifite icyicaro i Kigali ku Kacyiru rivuga ko urusengero rwaryo ruri i Kinyinya mu Kagari ka Kagugu, mu Mudugudu wa Giheka rurimo kugurishwa amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 300.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’Umuryango FPR-Inkotanyi, abanyamuryango bayo mu Karere ka Gasabo bakoreye ibirori imiryango 40 yo mu mirenge itandukanye, yasezeranye imbere y’amategeko.
Mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, mu mpera z’icyumweru gishize hateraniye Inteko rusange y’urugaga rw’urubyiruko ku rwego rw’Akarere, yahuriyemo urubyiruko rwo muri Gasabo ruri mu nzego z’urubyiruko zitandukanye, harimo urubyiruko ruri mu nama y’Igihugu y’urubyiruko, urubyiruko rw’abakorerabushake kuva ku rwego (…)
Babyita gutega indege ariko mu mvugo ya nyayo ni ukwicara ahantu bategereje umuntu uza kubajyana ngo abahe akazi, akenshi kaba ari ak’ubwubatsi, aho bategerereza hakaba hitwa ’ku ndege’.
Abaturage 100 batishoboye, bo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, barishimira igikorwa cy’umugiraneza wabarihiye mituweli, kuko bizabafasha kwivuza batararemba.