Umukozi wa Banki ya Kigali mu ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ushinzwe Intara y’Iburasirazuba, Hakwiyimana Theophile, yijeje aborozi mu Ntara y’Iburasirazuba ko ubu umworozi ku giti cye ashobora guhabwa amafaranga miliyoni eshanu na BK nta ngwate asabwe ndetse akishyura ku nyungu ya 1.5% ku kwezi, akaba yayishyura mu gihe (…)
Banki ya Kigali yasezeranyije abahinzi b’Ibigori mu Ntara y’Iburasirazuba, ubufatanye mu kuzamura umusaruro no kuwufata neza ibaha inguzanyo ku nyungu ntoya ya 8% yishyurwa mu mezi 12 n’iyishyurwa nyuma y’igihembwe cy’ihinga.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda, Sebahizi Prudence, avuga ko isoko nyambukiranyamipaka rya Kagitumba rishobora guhabwa rwiyemezamirimo urikoresha kuko abaturage ubwabo batarikoresha uko bikwiye.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Tumusifu John wahoze ari Pasiteri, yatawe muri yombi, akekwaho icyaha cyo gukubitira mu ruhame, umugore wamwishyuzaga amafaranga yari yaramugurije.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare, Hategikimana Fred, aragira inama abaturage bifuza kugura ubutaka kujya bagana serivisi z’ubutaka ku Mirenge kuko iyo bikozwe mu buryo butemewe bigora uwaguze kubona icyangombwa cy’ubutaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko mu Kuboza 2024, hazatangira ibikorwa byo kubaka isoko rito rya Mirama, ivuriro ry’ibanze ndetse n’umuhanda wa kaburimbo w’ibirometero 2.5 mu Mudugudu wa Mirama ya mbere, Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko abantu batanu (5) barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, ari bo bamaze kwicwa.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gihorobwa, bavuga ko babangamiwe n’umunuko uturuka ku ngurube zororewe hafi n’ingo zabo bakifuza ko zakubakirwa ibiraro ahitaruye ingo.
Nduwamungu Pauline, w’imyaka 66 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yishwe n’abantu batahise bamenyekana ku wa Kane tariki ya 14 Ugushyingo 2024.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atatu ahinga umuceri mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko urugomero rw’amazi rwa Karungeri bafatiraho amazi bifashisha mu kuhira umuceri rudakozwe byihuse, barumbya kubera ko imirima yabo itakibona amazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko kuba hari urubyiruko rukora imishinga ijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bizazamura umusaruro w’uru rwego kandi bizanasubiza ingorane zikigaragaramo.
Aborozi bo mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza, Imirenge yegereye Ikigo cya Gisirikare cya Gabiro, bemerewe kwinjiramo bakahira ubwatsi bw’amatungo yabo hagamijwe kuyarinda impfu zikomoka ku kubura ubwatsi no kongera umukamo w’amata.
Aborozi b’inka mu Karere ka Kirehe, barifuza ko bakwegerezwa Laboratwari y’amatungo kugira ngo agire ubuzima bwiza kuko rimwe na rimwe apfa batazi indwara yari arwaye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko n’ubwo hakigaragara ikibazo cy’abana bari mu mirire mibi ndetse n’igwingira, bishimira ko imibare igenda igabanuka kuko mu mwaka umwe gusa babashije kuva kuri 29.9% by’abana bagwingiye ubu bakaba bageze kuri 20.8%.
Bamwe mu baturage b’imirenge ya Karangazi na Rwimiyaga bavuga ko hari serivisi zimwe na zimwe batabona kubera gutura kure y’aho zitangirwa ariko ikibabaje hakaba n’ababyeyi babyarira mu ngo kubera ubushobozi bucye bwo kwishyura amafaranga 20,000 bya moto mu gihe bafashwe n’inda mu buryo bubatunguye.
Bamwe mu borozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko izuba ryacanye igihe kinini n’ubushobozi buke, byatumye batabasha kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ajyanye n’imikoreshereze y’inzuri aho basabwa gushyira inka mu kiraro bagahinga 70% by’inzuri ahandi hasigaye hakajya ibikorwaremezo by’ubworozi.
Abaturage b’Umudugudu w’Akayange Akagari ka Ndama Umurenge wa Karangazi barifuza ko bahabwa amazi meza bikabarinda gukomeza kuvoma ayifashishwa mu kuhira imyaka mu cyanya cya Gabiro Agri Business Hub, kuko abagera kuri 17 bamaze kuhasiga ubuzima.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko mu kwezi kumwe gusa hamaze gufatwa abakekwaho ubujura bwa moto icyenda (9), bakaba bafungiye kuri Sitasiyo za Polisi mu Turere dutandukanye tugize Intara.
Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Mutabazi Harrison, avuga ko umwaka w’ubucamanza usojwe, imanza 2,199 mu gihe eshanu muri zo zari zifite agaciro k’arenga miliyoni 45 zarangiriye mu buhuza hagati y’uwakoze icyaha n’uwagikorewe.
Aborozi bo mu Mirenge ya Gahini na Mwili mu Karere ka Kayonza, barishimira ko bagiye kujya bagemura n’amata ya nimugoroba ku makusanyirizo yayo bitandukanye na mbere bagemuraga aya mugitondo gusa.
Abahinzi ba kawa mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bamaze kumenya neza akamaro ka kawa, kuko mu gihe abandi bahinzi imyaka iba ishize mu nzu bategereje ko iyahinzwe yera, bo ngo baba bejeje batangiye kugurisha umusaruro wabo.
Umukobwa wivugira ko afite imyaka 18 y’amavuko, ari mu gihirahiro cyo kutagira indangamuntu kubera ko ababyeyi be batamwandikishije mu irangamimerere ndetse akaba nta cyangombwa na kimwe afite kigaragaza imyaka ye y’amavuko.
Imboni z’umupaka mu Karere ka Nyagatare, zivuga ko hakwiye kongerwa abasirikare n’abapolisi basanzwe bakorana mu guhashya abinjiza magendu n’ibiyobyabwenge mu Gihugu, kuko inkoni batakizitinya uretse imbunda gusa.
Abagororwa 32 bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika ndetse n’abafunguwe by’agateganyo 2,017 na Minisitiri w’Ubutabera, ku wa gatanu tariki ya 18 Ukwakira 2024, muri bo 751 bari barahamijwe icyaha cy’ubujura mu gihe 709 bari barahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.
Biri mu byo Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yagarutseho ubwo yagaragazaga ko mu mezi atatu ashize mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana, hafashwe abakekwaho kwiba inka 58 n’abandi 32 bakekwaho kuzibagira mu nzuri bakagurisha inyama.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko n’ubwo hari ikibazo cy’ubujura cyane cyane ubw’amatungo ariko kidakabije cyane kuko mu mezi atatu gusa hibwe inka 13, zirindwi ziteshwa abajura, enye zigaragara zamaze kubagwa naho ebyiri ziburirwa irengero.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arahumuriza abaturage cyane abo mu Karere ka Nyagatare ko nta bacengezi bari ku butaka bw’u Rwanda ahubwo abamaze iminsi bakora urugomo ari abafutuzi bagamije gucecekesha ababangamira ubucuruzi bwabo butemewe bwo kwinjiza ibiyobyabwenge mu Gihugu.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2024, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arasura Akarere ka Nyagatare aho agirana ikiganiro n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bikorera muri aka Karere.
Umuryango International Alert, uvuga ko mu isuzuma wakoze mu matsinda 20 y’abantu 600 yo mu Mirenge ya Karangazi na Gatunda, byagaragaye ko Nyagatare ifite umwihariko wo kuba ituwe n’abantu benshi bavuye ahantu hatandukanye bitewe n’amateka y’Igihugu ndetse ikanagira umwihariko wo kuba yakira abantu benshi baturutse hirya no (…)