Mukaminega Feliciata wo mu murenge wa Mwogo, mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi kuva tariki 26/11/2011 azira kwivugana umuturanyi we witwa Rutembesa Jean Damascene amukubise umuhini w’isekuru mu mutwe.
Kuri sitasiyo ya police ya Sake mu karere ka Ngoma hafungiwe umusore witwa Biziyaremye Jean Bosco ukurikiranwaho kuba yarafatanwe urumogi mu murima we w’ibishyimbo yararuhinzemo.
Habineza Emmanuel wo mu murenge wa Mugesera, akagali ka Mugatare, kuva ejo ari mu maboko ya polisi kuri station ya Sake nyuma yo gufatirwa mu cyuho iwe mu rugo saa munani z’amanwa atetse kanyanga.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera barinubira ubujura bw’amatungo yabo yiganjemo inka burimo gukorwa n’abamwe mu baturanyi bo ntara ya Kirundo yo mu gihugu cy’u Burundi.
Mu mudugudu wa wa Karambi, akagari ka Bumba, umurenge wa Gihango akarere ka Rutsiro,mu ijoro ryakeye ryo kuwa gatatu rishyira kuwa kane habereye ubwicanyi bwakorewe Nsanzimana Etienne w’imyaka 21 y’amavuko.
Itsinda ry’abapolisi bane bo muri Tanzaniya bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda riratangaza ko ryatunguwe n’uburyo urwego rwa polisi mu Rwanda rudakozwa ruswa. Aba bapolisi bari mu Rwanda mu rwego rwo kwiga uburyo bwo guhangana n’ibyaha bitandukanye.
Umugabo witwa Twizerimana Jean Pierre utuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu yishe umugore we, Nyirarukundo, wari utwite inda y’amezi atatu. Ibi byabaye mu saa mbiri z’ijoro tariki 21/11/2011;bari bamaranye amezi ane babana.
Abashumba bakunze kwitwaza inkoni n’imihoro bagaragara mu murenge wa Bigogwe hafi y’ishamba rya Gishwati bakomeje guhungabanya umutekano w’abaturage. Ibi bimaze igihe kirenga amezi 2; bigaragara cyane cyane iyo umuntu anyuze hafi y’aho abo bashumba baragiye.
Tariki 21/11/2011 hagati ya saa yine na saa tanu za mu gitondo, umukobwa w’imyaka itatu n’igice yapfiriye mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Kinazi umurenge wa Kinazi ho mu karere ka Ruhango azize impanuka.
Kuri sitasiyo ya police mu karere ka Nyamagabe hafungiye umusore witwa Nyandwi Pangarasi azira gukoresha ibiyobyabwenge. Nyandwi Pangarasi yafashwe n’inzego z’ibanze zo mu kagari ka Manwari mu murenge wa Mbazi ku bufatanye n’inzego z’umutekano, ubwo bari mu gikorwa cyo gusaka ibintu by’umucuruzi wari wibwe.
Mu nama yahuje umuyobozi wungirije w’umudugudu wa Kabaya, Munderi Celestin, n’abaturage tariki 20/11/2011, hemejwe ko hagiye kujyaho abantu bazajya barara irondo mu mudugudu buri munsi. Buri muturage azajya atanga amafaranga 1000 cyo guhemba abarara irondo buri kwezi ariko abatishoboya bazajya batanga 500.
Abaturage bo mu murenge wa Mukindo mukarere ka Gisagara baratabaza ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano, ko babafasha kurwanya imbwa zirirwa zibarira amatungo boroye; kuko ngo birenze ubushobozi bwabo.
Bamwe mu banyamahanga bakora umurimo wo gutwara ibicuruzwa mu makamyo bavuga ko bagenda mu bihugu byinshi ariko nta gihungu kibakira neza nk’u Rwanda.
Abaturage ndetse n’abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangaza ko batewe ubwoba n’imitwe ya gisirikari ishobora kubangamira amatora ateganyijwe muri iki gihugu muri uku kwezi.
Theogene Hakorimana na Protais Nyandwi bafungiye kuri sitasiyo ya polisi I Remera bazira kwiba umushoramari w’umuhinde amafaranga y’u Rwanda miliyoni enye n’amadolari 2570.
Muri gahunda yo gushyira mu bikorwa amasezerano agamije guca ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere k’ibiyaga bigari, ku ishuri rya gisirikari rya Gako, kuwa gatanu tariki 4/11/2011 hasenywe toni icumi z’intwaro zarangije igihe.
Kuwa 30 ukwakira 2011 polisi yataye muri yombi abagabo batatu bashinjwa kandi baniyemerera gukora ibyaha byo guhungabanya umutakano. Abo ni Matabaro Manasse w’imyaka 46 y’amavuko, Sekamana Faustin w’imyaka 30 y’amavuko na Nteziryayo Christophe w’imyaka 34 y’amavuko.
Mu nama y’umutekano yagutse y’Akarere ka Gakenke yateranye taliki ya 28 Ukwakira 2011 hagaragaye ko ibyaha byabaye atari byinshi usibye abantu umunani bahitanwe n’ibirombe by’amabuye, ubugizi bwa nabi bwahitanye umwana w’umukobwa n’impanuka zo mu muhanda ziyongereye.
Abaturage batuye umudugudu wa Mirambi Umurenge wa Ririma Akarere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba barasaba ubuyobozi bwa polisi ko bwafungura ishami ryayo muri aka gace kugira ngo babafashe guhangana n’ibibazo bikarangwamo birimo ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, n’ubujura.
Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe yateguye amahugurwa agenewe abasirikare bitandukanyije na FDLR bazwi nk’izina ry’inkeragutabara hamwe n’abagore babo ku mateka y’u Rwanda n’uruhare rw’umutekano mu iterambere ry’igihugu ku wa 19 Ukwakira 2011 ku biro by’Akarere ka Gakenke. Inkeragutabara zaturutse mu turere twa (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rutshuru gaherereye muri Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangaza ko kugirango babashe kugira igikorwa bakorera ku butaka bwabo, babanza gutanga imisoro ku barwanyi ba FDLR basa n’aho bigaruriye ako gace.
Umuvugizi w’ingabo z’ u Rwanda Koroneli Nzabamwita Joseph aratangaza ko imgabo z’u Rwanda zitazacika intege mu butumwa zirimo bwo kugarura amahoro I Darfur muri Sudan kuko zizi icyazijyanyeyo.
Nk’uko tubikesha itangazo rya Minisiteri y’Ingabo z’igihugu, kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Ukwakira 2011 ahagana isaa mbiri z’umugoroba Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro I Darfur zaguye mu gaco k’abitwaje itwaro bazirasaho, babiri ku ruhande rw’u Rwanda bahasiga ubuzima.
Abayobozi bakuru ba Polisi y’igihugu n’ingabo z’igihugu bakoze amahugurwa y’iminsi ine yo kuganira no gusangira amakuru ku bikorwa byo kubungabunga umutekano mu mahanga, ibi bikaba byari mu rwego rwo kunoza imikorere cyane cyane ko n’ubwo ibikorwa by’ingabo na polisi bitandukanye ariko byuzuzanya.