Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB kiratangaza ko buri wa gatanu w’icyumweru kizajya gihura n’abashoramari bakorera mu Rwanda, mu rwego rwo guhana amakuru yo kunoza ishoramari.
Imirimo yo kubaka isoko ryambukiranya imipaka (Cross Border Market) riherereye mu Karere ka Burera mu Murenge wa Cyanika ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, iragana ku musozo.
Muri uyu mwaka wa 2016-2017, abaturage bagera ku bihumbi icyenda bo mu Karere ka Karongi batagiraga amazi meza, bayagejejweho.
Uwamwezi Mercianne, umupfakazi wo mu Karere ka Nyagatare yihangiye umurimo wo kumisha inanasi none yabonye isoko azigemuraho i Burayi mu Busuwisi.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse.
Imihanda yo mu Karere ka Gakenke yari yarangiritse ikabangamira imigenderanire n’imihahirane y’abaturage, kuri ubu yantangiye gukorwa ku buryo izabakura mu bwigunge.
Umushinga ‘CUP Rwanda’ uterwa inkunga n’Abayapani ngo uzafasha abahinzi ba kawa kuyongerera ubwiza n’ubwinshi bityo bibateze imbere n’igihugu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko umuhanda uva mu mujyi ugana Nyabugogo watangiye gushyirwamo kaburimbo, ukazatangira gukoreshwa n’ibinyabiziga bidatinze.
Abashoramari baturutse muri Amerika (USA) no mu Budage bagiye kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku mugezi wa Mukungwa ruzatanga Megawatt 2, 6.
Ibikorwa byo kwagura umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi byatangiye muri Gicurasi 2017, bizamara imyaka ibiri.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangije gahunda yitwa “Hirwa-Ugwize na BPR” aho abayibitsamo bafite amahirwe yo kuba bakwegukana ibihembo buri cyumweru.
Abavumvu bo mu Karere ka Kamonyi bihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga mu bishashara by’nzuki bisigara iyo bamaze gukuramo ubuki.
Nshimibyayo Pierre wavukanye ubumuga bwo kunyunyuka amaguru avuga ko igitekerezo cyo kwihangira umurimo cyamujemo yirinda kuzasaza asabiriza nka bamwe muri bagenzi be.
Ingengo y’imari ya 2017/2018 iragaragaramo ko Leta izagabanya imisoro yajyaga isoresha ku isukari, umuceri n’ingano biva mu bihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ku mugabane w’u Burayi ihuje abayobozi bakomeye ku isi, yiga ku buryo bwo kongera uruhare rw’abikorera mu iterambere ry’ibihugu.
Abafite ubumuga bukomatanyije ari bwo kutumva, kutabona no kutavuga bemeza ko na bo bafashijwe bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
U Rwanda na Banki y’Isi byasinyanye amasezerano angana na miliyari 63Frw yo gukora umuhanda uzahuza Akarere ka Ngoma n’aka Nyanza.
Abaturage b’i Kayonza bavuga ko biteze serivisi zinoze ku bayobozi kubera ko bagiye kujya bakorera mu biro bishya ahantu hisanzuye.
Leta y’u Rwanda itangaza ko yahaye ikaze abafatanyabikorwa bafite ingamba zo kuyifasha mu kurwanya ikibazo cyo kugwingira kw’abana bakiri bato.
Abatuye mu mudugudu wa Murango w’i Rwaniro mu Karere ka Huye, bavuga ko umudugudu wabo utacyitwa Murango ahubwo witwa Nyarutarama.
Inkeragutabara zamuritse inzu 32 ziri muri Kicukiro, zubakiwe abifuza inzu zo kugura,zigurwa ku mafaranga miliyoni 18 RWf imwe, nyamara yari afite agaciro ka miliyoni 28 RWf.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) itangaza ko igihombo cya miliyari 1RWf yagize muri 2015 yakivuyemo, yunguka asaga miliyoni 700RWf inahabwa igihembo.
Minisiteri y’Ubucuruzi , Inganda n’Uumuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(MINEACOM) yasobanuriye abanyamahanga ko guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda bitavuze gukumira ibiva hanze.
Nyuma y’aho Akarere ka Ruhango kaje mu myanya ya nyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza, kuri ubu bavuga ko bagiye kwifashisha ibimina mu gukangurira abaturage gutanga ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakariro mu Karere ka Rwamagana bavuga ko amashanyarazi bahawe azabafasha kugera ku iterambere, banarusheho kujijuka.
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigaragaza ko igihe cyo guca “Caguwa” kitaragera, igihari ubu ngo ni uguteza imbere ibikorerwa muri ibyo bihugu.
Umujyi wa Kigali urizeza abari basanzwe bakoresha imihanda iri kwagurwa muri uwo mujyi ko bitarenze Nyakanga 2017 izaba yuzuye yongeye gukoreshwa.
Ikompanyi yitwa Digitata Insights na MTN Rwanda batangije ku mugaragaro uburyo bwitwa MeMe bwo koherereza abakiriya ba MTN ubutumwa bugufi bumenyekanisha serivisi runaka.
Mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Police miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda nizo zizifashishwa mu bikorwa binyuranye by’iterambere Police izageza ku baturage.
Ibiciro by’ibiribwa, ibyo kunywa ndetse na serivisi byiyongereho 0.4% muri Mata 2017 ubigereranije n’umwaka ushize wa 2016 muri uko kwezi.