Umunyamakuru Erneste Ugeziwe uzwi nka “Ernesto” kuri Televiziyo y’u Rwanda, yerekeje muri Amerika kwiga mu gihe cy’imyaka ibiri ariko akazanakomerezayo akazi.
Miss Sharifa asanga impano ye y’ubugeni igiye kumenyekana no gutera imbere kubera ko kuba nyampinga bizamufasha guhura n’ababifitemo uburambe bazamufasha.
Davis D na Sat B babinyujije mu ndirimbo bise “Umwana wo mu mujyi”, batatse Kigali na Bujumbura imigi baturukamo banaririmbiramo.
Mutesi Jolly ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, asimbuye Kundwa Doriane wari ufite irya 2015.
Mu gihe hasigaye amasaha atarenga 24 kugira ngo amarushanwa yo gutoranya Nyaminga w’u Rwanda wa 2016 abe, twabateguriye amafoto abibutsa abahatanira iri kamba uko ari 15.
Nyampinga w’u Rwanda wa 2015, Kundwa Doriane, mu minsi ibiri aratanga ikamba yari amaranye umwaka, ariko ibikorwa yakwukozemo ntibivugwaho rumwe.
Umuhanzi Ruremire Focus uririmba mu njyana gakondo agiye kwerekeza i Dar-Es-Salam gukorerayo indirimbo abifashijwemo n’uwitwa Kabano usanzwe amukorera.
Nyampinga Utamuliza Rusaro Carine yagerageje kuba umunyamideli biranga kuko yaje kwisanga atari ibintu bye nk’uko yabitekerezaga ahitamo amarushanwa y’ubwiza.
Angelique Kidjo, umuhanzikazi wo muri Benin, yongeye gutsindira igihembo cya Grammy Awards, agitura abahanzi bagenzi be bo muri Afurika.
Abahanzi barimo Charlie, Nina na Big Farious, bateguye igitaramo kizabera i Rugende mu rwego rwo gushimisha abizihiza umunsi w’abakundana.
Itsinda rya Trezzor riritegura kumurika album yabo ya kabiri bise “Urukumbuzi” izaba igizwe n’indirimbo 10 zicuranze ku buryo bw’umwimerere (live).
Bisangwa Nganji Benjamin yamaze gusezerana imbere y’Imana na Ufitinema Yvette bari bamaranye imyaka irenga ibiri bakundana.
Masamba Intore agiye guhuriza hamwe ibirori by’isabukuru ye y’amavuko, iy’umuziki we no kumurika alubumu ye nshya muri Nyakanga uyu mwaka.
Teta Diana yanyuzwe cyane no kubona indirimbo ye "Velo" ikinwa kuri televiziyo mpuzamahanga kandi atarayitanzeyo.
Umuhanzikazi Teta Diana yasinye amasezerano na Africori, ikigo mpuzamahanga gicuruza umuziki w’abahanzi banyuranye bo muri Afurika.
Active yashyize hanze indirimbo bise “Amafiyeri” ikaba ari indirimbo ngo bakoze kugira ngo izasetse abakunzi babo ndetse inabaruhure mu mutwe.
Umuhanzi Danny Vumbi avuga ko ari we watoranyijwe mu bandi bahanzi ngo akore indirimbo y’intwari.
Miss Carine Rusaro umwe mu batoranya abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2016, yemeza ko ubwiza bugenerwa amanota make mu gutoranya.
Nyampinga Balbine Mutoni wongeye kwiyamamariza kuba Nyampinga muri uyu mwaka ashimangira ko iri rushanwa rigenda rirushaho gutera imbere.
Mu gihe byari bimenyerewe ko Boston Records n’ikigo cy’urubyiruko cya Nyamasheke bategura Kinyaga Award,kuri ubu hagiye gutorwa abazajya bayitegura by’umwihariko.
Abagize itorero “Indatwa n’abarerwa” ry’akagari ka Kagina mu Murenge wa Runda, ngo bakeneye amakikoro yo kubyaza inganzo zabo umusaruro.
Benshi mu byamamare hano mu Rwanda bakomeje kugaragaza ibyishimo batewe n’uko ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze ku mukino wa mbere.
Nyuma y’amasaha make ashyize hanze indirimbo yakoreye Amavubi n’Abanyarwanda kubera CHAN, Danny Nanone yashimishijwe no gukabya inzozi Amavubi agatsinda.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa umugabo wa Celine Dion, Réné Angelil, yishwe na kanseri, musaza we, Daniel Dion, na we yitabye Imana azize iyi ndwara.
Abakobwa bane muri barindwi bahataniraga itike yo guhagararira Intara y’Amajyepfo mu marushanwa ya Miss Rwanda 2016, baraye batambutse kuri uyu wa 16 Mutarama 2016.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne atangaza ko muri uyu mwaka inyubako z’imyidagaduro ziziyongera n’abashoramari bagashishikarizwa gushora imari mu myidagaduro.
Abahanzi bafatwa n’ibihangange mu karere k’Ikinyaga banegukanye Kinyaga Award, kuri uyu wa 09 Mutarama 2015 barataramira i Nyamasheke muri Café de l’Ouest.
Abareba filime Nyarwanda bavuga ko ari ngombwa ko abazikora bongera ubunyamwuga kugira ngo zibashe guhangana n’inyamahanga.
Umuhanzi Danny Nanone yinjiye muri business, aho yakoze amakaye yamwitiriwe azajya anyuzamo ubutumwa bunyuranye bugenewe urubyiruko cyane cyane abanyeshuri.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa amashusho y’indirimbo “Velo” ya Teta Diana asohotse, amaze kurebwa inshuro zirenga 8407, ibintu bitaba ku ndirimbo nyinshi