• Rurangirwa Louis wayoboraga FRA ari mu buroko

    Kuva tariki 05/12/2011, uwayoboraga ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (Federation Rwandaise d’Athletisme), Rurangirwa Louis, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Remera azira ibijyanye n’imiyoborere ye.



  • Mourinho yashyizeho amategeko 10 azamufasha gutsinda FC Barcelona

    Kugira ngo Jose Mourinho agere ku ntego ye yo gutwara igikombe cya Shampiyona uyu mwaka agomba kubanza gutsinda FC Barcelona, mukeba w’ibihe byose wa Real Madrid kandi ngo yumva azabigeraho abakinnyi be nibakurikiza amategeko icumi yabahaye.



  • CEFACA: Uyu munsi U Rwanda rurakina na Zanzibar muri ¼

    Kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Zanzibar umukino wa ¼ cy’irangiza muri CECAFA ikomeje kubera I Dar es Salaam muri Tanzania.



  • Abakinnyi 60 basiganwe ku magare mu rwego rwo kurwanya ruswa

    Kuri icyi cyumeru tariki ya 4 Ukuboza 2011 abakinnyi b’amagare 60 basiganwe bazenguruka umugi wa Kigali mu rwego rwo kurwanya ruswa.



  • U 20 yatangiye kwitegura shampiyona

    Nyuma yo kwemererwa kuzakina shampiyona y’icyiciro cya mbere, ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20, kuri uyu wa kane, yatangiye imyitozo yitegura imikino y’ibirarane itakinnye.



  • CECAFA: Abafana ba Yanga aho gufana Tanzaniya bifanira Haruna Niyonzima

    Mu mikino ya CECAFA ibera muri Tanzania, abafana b’ikipe ya Yanga yo muri icyo guhugu bifanira Haruna Niyonzima usanzwe akinira iyo kipe ariko ubu akaba arimo gukinira u Rwanda.



  • CECAFA: u Rwanda rwageze muri ¼ cy’irangiza

    Ibitego bibiri ku busa u Rwanda rutsinze Zimbabwe bitumye Amavubi ajya muri ¼ cy’irangiza mu mikino ya CECAFA y’uyu mwaka.



  • Abafana ba Bugesera FC bari bakubise umusifuzi akizwa na polisi

    Tariki 27/11/2011, bamwe mu baturage bari bitabiriye kureba umukino wahuzaga ikipe ya Bugesera FC na Unity FC zo mu cyiciro cya kabiri bari bakubise umusifuzi w’umukino batishimiye imisifurire kuko bavuga ko yibye ikipe yabo iminota igera kuri 17.



  • Gisanura yatorewe kujya muri komite nyobozi ya CECAFA

    Raoul Gisanura Ngezi usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yamaze gutorerwa kujya muri komite y’ubuyobozi bwa CECAFA mu matora yebereye i Dar es Salaam muri Tanzania ku wa gatatu.



  • CECAFA: Ku munota wa nyuma Namibia yavuyemo isimburwa na Zimbabwe

    Amavubi ashobora kuzahura n’akazi gakomeye muri CECAFA yatangiye kuri uyu wa gatanu, kuko agomba kuzahangana na Zimbabwe yajemo ku munota wa nyuma ikaba yasimbuye Namibia yavuyemo bitunguranye.



  • Tour of Rwanda: Ikipe ya Kalisimbi iracyari imbere

    Amarushanwa yo gusiganwa ku magare Tour du Rwanda 2011 ejo yari ageze ku munsi wa gatanu. Umubirigi Smet Guy wo mu ikipe yitwa FRANDERS AVIA niwe wanikiye abandi akurikirwa n’Umunyarwanda Ruvogera Obedi ariko ariko umunyamerika Rosskopf Joseph niwe ukiri ku mwanya wa mbere muri rusange.



  • U Rwanda rwasubiye inyuma imyanya ibiri ku rutonde rwa FIFA

    N’ubwo u Rwanda ruheruka gutsinda Eritrea ibitego 3 kuri 1 mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, u Rwanda rwasubiye inyuma imyanya ibiri ku rutonde rwa FIFA rugaragaza uko amakipe y’ibihugu akurikirana ku isi. Ubu u Rwanda ruri ku mwanya wa 114.



  • Tour du Rwanda : Abanyamerika bakomeje kuza ku isonga

    Mu gice cya kane cy’isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda (Rubavu-Muhanga), Umunyamerika Kiel Reijnen ukinira Team Type 1 yongeye kubasiga.



  • Tour du Rwanda: Kigali-Rubavu, ikipe y’u Rwanda yabaye iya mbere

    Mu gice cya gatatu cy’isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare, ikipe y’u Rwanda yitwa Karisimbi ni yo yabaye iya mbere.



  • Micho yahagurukanye abasore 20 berekeza muri CECAFA

    Kuri uyu wa gatatu ikipe y’igihugu Amavubi yahagurutse I Kigali yerekeza muri Tanzania mu mikino ya CECAFA izatangira ku wa gatanu. Umutoza Milutin Micho witwaje abakinnyi 20 yasize yijeje Abanyarwanda kuzabashimisha.



  • Tour du Rwanda: Niyonshuti ni uwa kabiri ku rutonde rusange

    Icyiciro cya kabiri cya Tour du Rwanda cyarangiye Umunyarwanda, Adrien Niyonshuti, ukinira ikipe ya MTN QHUBEKA ari ku mwanya wa kabiri ku rutonde rusange.



  • Police FC ku mwanya wa mbere by’agateganyo

    Police FC yamaze gufata umwanya wa mbere nyuma yo kubona amanota atatu ku cyumweru ubwo yatsindaga La Jeunesse ibitego 2 ku busa. Etincelles na APR FC zari zihanganiye umwanya wa mbere zanganyije igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wazihuje kuwa gatandatu.



  • Tour du Rwanda: Team Type 1 yegukanye icyiciro cya mbere

    Ikipe yitwa Team Type 1 y’inyamerika yegukanye umwanya wa mbere mu gace kambere k’isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ ryatangiye ejo ku cyumweru kuri stade Amahoro i Remera. Ejo abanyonzi basiganywe ahantu hareshya na kilometero enye. Bahagurukaga kuri Stade Amahoro bakerezeka Kimironko bakanyura kuri KIE bakagaruka kuri (…)



  • Tour du Rwanda 2011 izatangira ejo

    Ku nshuro yaryo ya gatatu, Tour du Rwanda y’uyu mwaka izatangira tariki ya 20 irangire tariki ya 26 Ugushyingo. Izitabirwa n’amakipe 12 yo hirya no hino ku isi harimo n’abiri (Akagera na Kalisimbi) yo mu Rwanda. Abakinnyi bose hamwe bazaryitabira ni 60 nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa interineti rw’iri siganwa (…)



  • Irushanwa ry’umukino wa Tennis ITF Men’s ryasojwe(Inkuru mu mafoto)

    Irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Tennis ITF Men’s Future ryakinirwaga mu Rwanda ryasojwe kuri uyu wa gatandatu kuwa 19/Ugushyingo/2011 ritsinzwe n’umunya otirishiya(Autriche/Austrich) Gerald Merzer



  • “Natsinzwe kubera urupfu rwa muramu wanjye, si igikona cyabiteye” - Umutoza w’Amagaju

    Umutoza w’ikipe y’Amagaju, Bizimana Abdu alias Beken, aratangaza ko yatsinzwe umukino wayihuje na Mukura kubera urupfu rwa muramu we; atari ukubera igikona cyaje mu kibuga. Muramu wa Bizimana yapfiriye mu mpanuka y’imodoka y’ikamyo yabaye tariki 19/11/2011 bituma atabasha kuboneka ku mu kino wabereye kuri sitade Kamena.



  • CECAFA: ku ikubitiro U Rwanda ruzakina na Tanzania

    Ubuyobozi bwa CECEFA bwashyize ahagaragara uko amakipe azahura mu matsinda y’imikino y’uyu mwaka izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuva tariki ya 25 ugushyingo kugeza 10 ukuboza. Ku ikubitiro u Rwanda ruzabanza gukina na Tanzania tariki 26.



  • U Rwanda rwasezereye Eritrea

    Ibitego 3 kuri 1 u Rwanda rwatsinze Eritrea kuri uyu wa kabiri kuri stade Amahoro nibyo byahesheje Amavubi gukomeza urugamba rwo gushakisha itike yo kuzakina imikino y’igikombe cy’isi cya 2014 muri Brazil. Eritrea yo yahise isezererwa.



  • Amavubi 3-1 Eritireya (Inkuru mu mafoto)

    Umukino urangiye Amavubi atsinze 3-1 cya Eritireya



  • Amavubi yizeye gusezerera Eritrea

    Umutoza w’Amavubi, Milutin Micho n’abamwungirije bafite icyizere cyinshi cyo gusezerera Eritrea mu mukino uhuza amakipe yombi uyu munsi kuri sitade Amahoro i Remera saa cyenda n’igice, mu rwego rwo guhatanira kujya mu matsinda yo gushaka itike yo kuzakinira igikombe cy’isi cya 2014.



  • Eritireya yitoreje kuri stade amahoro uyu mugoroba (inkuru mu mafoto)

    Ejo kuwa kabiri tariki ya 15 Ugushyingo 2011 saa cyenda n’igice hazaba umukino w’umupira w’amaguru kuri stade amahoro wo guhatanira itike yo kujya mu gikombe cy’Isi kizaba mu mwaka wa 2014, uyu mukino uzahuza ikipe y’igihugu Amavubi na Red sea stars ya Eritireya. Ikipe ya Eritireya yageze i Kigali kuwa mbere tariki ya 14 (…)



  • Nyuma yo kunganya na Eritireya Micho yongereye abakinnyi batanu mu Amavubi

    Mu rwego rwo kwitegura umukino wo kwishyura uzahuza u Rwanda na Eritrea i Kigali kuri uyu wa kabiri, umutoza w’Amavubi Milutin Micho yongereye imbaraga mu ikipe ye ashiramo abandi bakinnyi batanu batari bagaragaye mu mukino ubanza wabereye Asmara ku wa gatanu aho amakipe yombi yanganyije igitego kimwe kuri kimwe.



  • Abasifuzi babiri b’abanyarwanda bazasifura CECAFA

    Hudu Munyemana na Gervais Munyanziza nibo basifuzi b’abanyarwanda batoranyjijwe kuzasifura imikono ya CECAFA y’ibihugu izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuva tariki 25 Ugushyingo kugeza 10 Ukuboza.



  • Ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi ya Mukura VS

    Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS bamaze igihe babaho mu buryo budasanzwe dore ko kuva shampiyona yatangira aba bakinnyi bagera kuri 21 basigaye baba hamwe, bakarya kimwe ndetse bakagendera no ku mategeko aho bacumbitse ku i Taba mu mujyi wa Huye.



  • Amavubi yahagurutse i Kigali yerekeza Eritrea

    Nyuma y’uko umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, ashyize ahagaragara abakinnyi 18 bazakina umukino uzabahuza na Eritrea, ku isaha ya saa mbiri n’igice z’iki gitondo nibwo Amavubi yahagurutse I Kigali yerekeza muri Eritereya.



Izindi nkuru: