Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) kiratangaza ko nyuma yo gusohoka kw’itegeko rishya rigenga amakoperative, hari kuganirwa uko azashyirwa mu byiciro hakurikijwe imikorere n’imiterere yayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero burihanagiriza abaturage bangiza ibihingwa, birimo ibigori n’indi myaka bakabyahirira matungo, kuko ibyo ari ibyaha bihanwa n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’Itorero rya EAR mu Ntara y’Amajyepfo, mu mushinga waryo witwa (RDIS), barashishikariza abahinzi kuhira hifashishijwe ingufu zituruka ku mirasire y’izuba, kuko Leta ibunganira kugura ibijyanye nazo.
Umugabo wo mu Murenge wa Rugendabari mu Karere ka Muhanga, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Mushishiro mu Murenge wa Mushishiro, azira gukubita no gukomeretsa mugenzi we akeka ko amusambanyuriza umugore, nyuma yo kubasangana iwe mu rugo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irishimira intambwe imaze guterwa mu buvuzi bw’amaso, nyuma yo gutangiza umushinga wo kuvura no gukora ubukangurambaga ku burwayi bw’amaso.
Abantu basaga 30 bo mu Mirenge ya Muhanga, Nyarusange, Byimana na Nyamabuye, bamaze gutabwa muri yombi n’inzego za Polisi mu Karere ka Muhanga, kubera kurema agatsiko gahungabanya umutekano mu birombe by’amabuye y’agaciro mu Turere twa Ruhango na Muhanga.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bibumbiye muzi za Koperative zihinga ibigori, bashyikirijwe ifumbire mvaruganga ya DAP yo kubagaza ibigori, mu rwego rwo kuzamura umusaruro w’igihembwe cy’ihinga 2024A.
Inteko rusange y’Umuryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, yateranye maze isimbuza abayobozi batakiri mu nshingano baherukaga gutorwa muri 2019.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko hagiye kwagurwa ubuso buhingwaho kawa hagamijwe kongera umusaruro, no kwinjiza inshuro zikubye eshatu umusaruro usanzwe uboneka.
Abantu bivugwa ko ari abahebyi (abiba amabuye y’agaciro) bateye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro, mu Murenge wa Nyarusange, mu Kagari ka Rusovu, Umudugudu wa Rukurazo mu ma saa yine za mu gitondo cyo kuri uyu wa 03 Ugushyingo 2023, birukana abakozi ba Kompanyi icukura amabuye y’agaciro ya EMITRA Ltd, banakomeretsamo bane.
Imiryango yita ku bantu bafite ubumuga bwo mu mutwe iratangaza ko yizeye ko itegeko rirengera abafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, rizabafasha kubona uburenganzira bamburwa kandi abo bigaragayeho ko bariteshutseho rikaba ryabahana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Ugushyingo 2023, bumanukana n’abashinzwe iby’ubutaka ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, gucukumbura ikibazo kiri mu butaka bwa Nyiransababera Xavera waterejwe cyamunara kandi nta nguzanyo yigeze yaka muri Banki.
Umugabo utifuje ko amazina ye atangazwa ufite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, avuga ko kubera ihohoterwa rikorerwa abafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, ubu abana n’umugore wa munani, nyuma y’uko barindwi yegerageje kubana na bo bamutaye bavuga ko batakwihanganira kubana n’umusazi.
Abakoresha umuhanda Muhanga - Karongi, baravuga ko babangamiwe n’abajura biba nijoro ibipakiye mu modoka, kubera ko ziba zigenda gahoro kubera gukatira ibinogo byinshi biba muri uwo muhanda.
Dr. Gamariel Mbonimana uherutse kwegura ku mirimo ye mu Nteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite kubera gusinda, agiye gusohora igitabo gishishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge. Ni igitabo yise ‘Imbaraga zo gushishoza’.
Abafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe mu Karere ka Muhanga baratabaza ku bibazo bahura nabyo birimo gukubitwa, kubohwa, kunenwa, no kubura ubuvuzi kandi bafite imiryango bakomokamo cyangwa ubuyobozi buwkiye kuba bubareberera.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, arishyuza umugabo babyaranye abana, indezo y’ibihumbi 200Frw kugira ngo abashe kohereza umwana we ku ishuri.
Umukecuru witwa Nyiransababera Xavera wo mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero, ari gusembera mu baturanyi, nyuma y’uko ubutaka bwe bwubatsemo n’inzu yari atuyemo butejwe cyamunara ku nguzanyo atigeze ajya gusaba muri banki.
Abanyeshuri biga ku kigo cy’amashuri yisumbuye cya G.S. Mater Dei mu Karere ka Nyanza, batangiye kugaruka ku ishuri baherekejwe n’ababyeyi babo. Ni nyuma yo kwirukanwa ku wa Gatandatu tariki 21 Ukwakira 2023 kubera guhishira mugenzi wabo wari wakubise umunyeshuri wo mu mwaka wa mbere.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga barishimira ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 20 Ukwakira 2023, birimo kwagura no gusana umuhanda Kigali-Muhanga, kuko bizihutisha ishoramari.
Ibitaro by’Akarere bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga byari bimaze imyaka isaga 80 bibayeho, bigiye kubakwa ku buryo bugezweho, umushinga uzatwara Miliyali zibarirwa mu 10Frw.
Abaturage b’Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi bashyikirijwe isoko rivuguruye rya Mushimba, rifite ubushobozi bwo kwakira abacuruzi abasaga 190, rikaba ryitezweho gufasha urubyiruko rw’abakobwa n’abagore, n’abahungu basanzwe bahacururiza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, bagaragarije Abadepite bagize Komisiyo yo kurwanya Jenoside, ibibazo birimo guhabwa ubuvuzi, amacumbi ashaje, no kuba nta bikorwa by’iterambere bafite.
Nyirandikubwimana Marceline wo mu Mudugudu wa Kanyamizo mu Kagari ka Nyarusozi, mu Murenge wa Nyabinoni ukora umwuga w’ubuvumvu, amaze kwigisha abagore 17 n’abagabo 26 uko borora inzuki bigatanga umusaruro.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurasaba abayobozi b’inzego z’ibanze, kwirinda raporo zuzuye amarangamutima ku byaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibikorerwa abana, kuko zituma inzego z’ubutabera zibura ibimenyetso byo gukurikirana abakoze ibyo byaha.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, aratangaza ko gutiza inzu z’Akarere Kaminuza yigenga yigisha iby’amahoteri n’ubukerarugendo (UTB), ntaho bihuriye n’abibaza ko byakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Umusaza witwa Gakwavu Damien n’umuhungu we, Ngirimana Ferdinand bo mu Mudugudu wa Cyanika, Akagari ka Masangano mu Murenge wa Nyabinoni, basezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko n’imbere y’Imana n’abagore babo, nyuma y’imyaka igera kuri 20 baba n’abo bashakanye.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, aratangaza ko Abanyarwanda bari muri Israel bameze neza, ko ntawari wakomereka, cyangwa ngo ahitanwe n’intambara, kandi ntawe uvugwaho kuba mu batwawe bunyago n’abarwanyi ba Hamas.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, arashimira uko Abanyarwanda bakomeje kubafata mu mugongo no kubaba hafi, muri iki gihe igihugu cyabo cyinjiye mu ntambara mu buryo butunguranye, kubera ibitero by’umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel.
Umuntu wiyita umuvuzi gakondo uri gushakishwa n’inzego z’umutekano, aravugwaho gutekera umutwe abaturage bo mu Murenge wa Muhororo, abaha umuti wo kubasinziriza ababeshya ko ari uwo gutuma babasha kubona umujura wabyibye amafaranga.