Umuhanzi Kabengera Gabriel ni uwa kabiri mu bana barindwi (7) akaba mwene Mubiligi Justin na Mukamihigo Suzan. Yavutse mu 1949 avukira ahahoze ari muri Komine Gishamvu, muri perefegitura ya Butare ubu ni mu Karere ka Huye.
Umuhanzi MC Tino akaba umunyamakuru n’umushyushyarugamba, ubwo yari mu kiganiro Dunda Show gitambuka kuri KT Radio yari yatumiyemo umuhanzikazi Alyn Sano, yamubwiye ko abona ahagaze neza mu muziki, by’umwihariko mu cyiciro cy’abari n’abategarugori, akaba ndetse ngo akwiye guhabwa ibihembo bitangwa muri iki gihe no mu bihe (…)
Baganizi Eliphaz ni umwe mu bari bagize itorero Indamutsa ryakinaga ikinamico kuri Radiyo Rwanda muri Ofisi y’Igihugu y’Amatangazo ya Leta (ORINFOR) mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Byangabo Cyusa Nelson, umwe mu bahanzi bazamutse vuba uzwi nka Nel Ngabo, agiye gusohora album nshya yise RNB 360, ku wa 21 Ukuboza 2021.
Ngabonziza Augustin ukunze kwitwa Ngabo Augustin ni umwe mu bahanzi bo hambere ahagana mu 1980. Yagize uruhare rukomeye mu kuzamura muzika y’u Rwanda dore ko yacuranze akanaririmba mu matsinda (orchestres) atandukanye kandi na yo yari yihagazeho.
Umuhanzi w’Umunyarwanda uzwi cyane mu njyana ya R&B, The Ben, ari mu turimo twa nyuma two gutunganya album ye nshya igiye gusohoka, ikaba irimo abandi bahanzi bakomeye nka Tiwa Savage n’abo muri Sauti Sol, harimo kandi Rema ukomoka muri Uganda, Otile Brown wo muri Kenya na B2C wo muri Uganda.
Umuyobozi Mukuru w’Inteko y’Umuco, Amb Robert Masozera yatangarije RBA ko u Bubiligi bwasubije u Rwanda indirimbo n’imbyino zirenga 4,000 zaririmbwe n’Abanyarwanda guhera mbere y’Ubukoloni kugera mu mwaka wa 2000.
Senateri Uwizeyimana Evode yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Zena Abayisenga, bakaba biyemeje kubana akaramata.
Bikorimana André ni umwe mu baririmbyi bari bagize itsinda (Orchestre) Nyampinga ry’ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Karere ka Huye. Bikorimana yavutse mu 1959 i Muhembe muri Komini Runyinya muri Nyaruguru, ubu ni mu Murenge wa Karama, Akarere ka Nyaruguru. Bikorimana yitabye Imana mu 1995.
Umunyamakuru, umunyamuziki akaba n’umushyusharugamba Kasirye Martin wamamaye ku izina rya MC Tino, yamaze gushyira umukono ku masezerano yo gukorera KT Radio, Radio y’ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd.
Makanyaga Abdul w’imyaka 74 y’amavuko ni umuhanzi n’umucuranzi mu myaka isaga 50 ishize, akaba afite amateka akungahaye mu muziki w’u Rwanda dore ko afite indirimbo nyinshi zakunzwe kuva kera zimenyerewe ku izina ry’ibisope.
Nzayisenga Sophie ni umubyeyi wubatse ufite imyaka 43 akaba umuhanzi gakondo n’umucuranzi w’inanga wabigize umwuga akiri umwana muto.
Umuziki wa Butera Knowless ntukunzwe mu gihugu cy’u Rwanda gusa, ahubwo warenze n’imbibi zarwo, kuko uwo muhanzi w’Umunyarwandakazi aherutse guhabwa igihembo cy’umuhanzi w’ukwezi w’umugore wahize abandi, igihembo gitegurwa na ‘Zikomo Africa Awards’ kigategurirwa muri Zambia.
Umubare w’abakobwa n’abagore bajya mu mwuga wo kuvanga imizi (deejays) wagiye uzamuka uko imyaka ihita indi igataha, kandi bagiye bagaragaza ubushobozi mu gukora uwo mwuga, ku buryo bamwe bagiye bagaragara mu bitaramo bitandukanye kandi bikomeye hirya no hino mu gihugu.
Umuraperi w’Umunyamerika, Kanye West, yahinduye izina ku mugaragaro, ubu akaba asigaye yitwa Ye.
Mugisha Benjamin uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka The Ben, yambitse impeta umukunzi we Uwicyeza Pamella.
Umuhanzi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda, Stromae, nyuma y’imyaka igera kuri 6 adasohora indirimbo yongeye kubwira abakunzi be ko agihari.
Umuhanzi The Ben, yafashe urugendo mu ibanga ruva muri Amerika yerekeza mu birwa bya Maldives, bakunda kwita ‘Ibirwa by’urukundo’ ajya guhura n’umukunzi we Pamella.
Umuhanzi Mukankuranga Marie Jeanne bakunze kwita Mariya Yohana, ni umwe mu Banyarwanda bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora Igihugu, ndetse na we ubwe akaba yari afite abana bagiye ku rugamba nyirizina guhera mu ntangiriro za (1987-1990), kugeza muri Nyakanga 1994 ubwo ingabo za FPR Inkotanyi zahagarikaga Jenoside (…)
Umuhanzi Mako Nikoshwa ni umwe mu bahanzi nyarwanda bakunzwe n’abatari bake mu bihe bishize bitewe ahanini n’ubutumwa buba mu bihangano bye. Bimwe muri byo ni nk’indirimbo Agaseko, Umutima waraye Umpondagura, Nkunda Kuragira n’izindi zitandukanye.
Urwego rushinzwe iterambere mu Rwanda (RDB), ruratangaza ko bimwe mu bikorwa bigomba kongera gukora, harimo n’utubyiniro nyuma y’igihe kinini twari tumaze tutemerewe gukora kubera icyorezo cya Covid-19.
Nk’uko bigaragazwa na raporo ya ‘Rolling Stone’, indirimbo za R. Kelly z’amajwi n’iz’amashusho, zihererekanywa binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga, zavuye kuri miliyoni 11.2 zigera kuri miliyoni 13.4 mu cyumweru kimwe gusa.
Mu gihe ingamba zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 ziherutse koroshywa, bimwe mu bikorwa bigakomorerwa, Polisi iraburira abakomeje kwirara bakarenga ku mabwiriza n’ubwo ingamba zorohejwe, kuko icyorezo kigihari kandi inzego zireba iyubahirizwa ry’amabwiriza zikaba zitazihanganira abayarengaho.
Umunyamuziki ukora injyana ya Afrobeats ukomoka muri Nigeria, Tiwa Savage, yatangaje ko atazatanga amafaranga yaciwe n’abakwirakwije amashusho ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza akora imibonano mpuzabitsina.
Umuhanzi Uwamariya Joseph bakundaga kwita ‘Salton’ yavukiye ahahoze ari muri Komini Nyabikenke, Perefegitura ya Gitarama (Akarere ka Muhanga) mu 1954 atabaruka muri 2009 azize uburwayi butunguranye nk’uko bivugwa na Niyotwagira Léocadie bashakanye.
Urubuga nkoranyambaga rwa YouTube rwahagaritse shene ebyiri z’umuhanzi R. Kelly, nyuma yo guhamwa n’ibyaha icyenda mu kwezi gushize, byo gusambanya abantu ku gahato.
I Hollywood muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni ubutaka bufite ubuso bw’ibirometero bigera kuri 79 akaba ari ryo zingiro ry’ibikorwa by’imyidagaduro muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Iki gice kibarizwamo inganda zitunganya amafilime atunze abatari bake muri iki gihugu.
Kagame Alexis akaba impanga ya Kagambage Alexandre, na we yari umuhanzi kimwe n’umuvandimwe we gusa bagatandukanira ku kuba Kagambage yari yarabigize umwuga, Kagame akabikora mu rwego rw’amarushanwa gusa cyangwa akijyanira indirimbo ze kuri Radio Rwanda ku buntu, kuko nta na album (cassette) yigeze akora.
Tariki 27 Nzeri 2021, nibwo umuhanzi w’icyamamare, Robert Sylvester Kelly uzwi nka R. Kelly ukomoka muri Amerika, wamamaye muri muzika ku isi mu njyana ya R&B, yahamijwe ibyaha byo gusambanya abagore ku ngufu yitwaje ubwamamare bwe, mu rukiko rwo muri New York, igihano yakatiwe kikazamenyekana muri Gicurasi 2022.
Ragera Jean de Dieu ni umwe mu baririmbyi ba Orchestre Nyampinga yamamaye cyane mu Rwanda ahagana mu myaka ya 1980 kugeza mu 1990, by’umwihariko ahahoze ari muri perefegitura ya Butare (Huye) aho yaboneye izuba.