Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko hari gusuzumwa icyemezo gisaba ko inzoga izwi ku izina rya African Gin ikorerwa muri Uganda yahagarikwa gucuruzwa mu Rwanda kuko abayinywa ibasindisha bagata ubwenge bagateza umutekano muke.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafashe ingamba zo guhagurukira santere ya Mugu, iherereye mu murenge wa Kagogo kubera forode iharangwa ndetse n’urugomo rwa hato na hato ruterwa b’ababa banyoye ibiyobyabwenge bihacuruzwa.
Umukozi wo mu rugo w’umukobwa witwa Uwamahoro yirukanwe ku kazi yakoraga nyuma yo kugambirira kuroga nyirabuja na sebuja, batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, akoresheje ikinini cyica imbeba.
Bishop Rwandamira Charles ukuriye itorero rya UCC (United Christian Church) avuga ko nta kintu na kimwe Abanyarwanda badashobora kugeraho kubera ko bavuga ururimi rumwe bigatuma icyo umwe avuze undi acyumva.
Abatuye umurenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera bashimira umuryango wa FPR-Inkotanyi ko wabateje imbere mu bintu bitandukanye bigatuma umurenge wabo uva mu bwigunge.
Nyirabirori Léacadie utuye mu murenge wa Cyanika, mu akarere ka Burera atangaza ko abasuzugura umwarimu nta nshingiro bafite kuko imyaka 26 amaze ari umwarimu bimufasha cyane we n’umuryango we akaba abyishimira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) kirasaba abayobozi kudafata abanyamakuru nk’abakeba ahubwo ko bakwiye kubafata nk’ababunganira mu iterambere kuko ari ijisho rya rubanda.
Santere ya Mugu iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera yabaye indiri y’ibiyobyabwenge na forode kuko ituriye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda kandi hakaba nta polisi ihakorera mu buryo buhoraho.
Nizeyimana Evariste uhagarariye abikorera bo mu karere ka Burera arasaba abashoramari bavuka muri ako karere gushora imari yabo mu karere bavukamo kugira ngo bagateze imbere kurusheho kwesa imihigo.
Bamwe mu bagenzi bakoresha umuhanda Musanze-Cyanika barifuza ko sosiyete zitwara abagenzi zagarurwa muri uwo muhanda kuko basigaye babura imodoka zibatwara bagakererwa akazi cyangwa bakarara mu nzira.
Umugabo witwa Ndabagaruye Jean Bosco afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera kuva tariki 25/09/2012 aregwa gushaka kujya gucuruza magendu ifumbire mva ruganda yagenewe abahinzi bo mu Rwanda, muri Uganda.
Abakora umurimo wo gucukura amabuye y’agaciro muri Mine ya Gifurwe, iherereye mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera batangaza ko iyo mine yabateje imbere ndetse inateza imbere aho batuye.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierr Damien Habumuremyi, arasaba abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo muri Mine ya Gifurwe kongera umusaruro w’amabuye y’agaciro bacukura, kugira ngo binjize amafaranga menshi yaba mu ngo zabo no mu gihugu muri rusange.
Mananiyonkuru w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Cyeru mu karere ka Burera yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 kubera gutunga no gucuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu gihe cya vuba amakoro atazaba akoreshwa mu bwubatsi gusa, ngo ahubwo azabyazwamo ifumbire abantu bazajya bifashisha bafumbira imyaka yabo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bagejejweho amashanyarazi, kuyakoresha uko bikwiye kugira ngo abongerere umusaruro mu byo bakora kuko ari ingirakamaro mu bintu bitandukanye.
Umurenge wa Gahunga wo mu karere ka Burera wabaye uwa mbere mu mirenge 17 igize ako karere mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012, wahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 n’ishimwe rya Certificat, nyuma yo kugira amanota 93,82.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Ndongozi, mu murenge wa Cyeru bameneye mu ruhame litito 767 za kanyanga, ziguze amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 531 n’amafaranga 400.
Bamwe mu Banyaburera bavuga ko abasore benshi bo muri ko gace batagikwa abakobwa kubera umuco wo “Gukocora” uharangwa, aho umusore yumvikana n’umukobwa bakajya kubana ababyeyi babo batabizi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwamurikiye Abanyaburera ishimwe bahawe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kubera kwesa imihigo y’umwaka 2011-2012.
Mu karere ka Burera hakusanyije amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni 459, 320,401 yo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund, yaturutse mu baturage ubwabo n’abafatanya bikorwa.
Umukino wahuje umurenge wa Cyanika na Rugarama mu rwego rw’amarusanwa yo kwizihiza imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe wagaragayemo kwigusha k’umunyezamu afite umupira mu ntoki avuga ko atabona neza maze umukino uhita urangirira aho.