Umuryango DUHAMIC-ADRI watangije umushinga tariki 01/12/2015 wo gufasha abahinga igishanga cya Rugeramigozi uzatwara akayabo ka Miliyoni zisaga 200 .
Itorero UZ et Coutumes rigarutse i Kigali kwerekana ikinamico ryateguye ryise “Entre nous” (Hagati yacu) mbere y’uko rizenguruka ibindi bihugu.
Ubusanzwe abanduye virusi itera SIDA batangizwaga miti imibiri yabo yatangiye gucika intege ariko ubu ngo bazajya bayitangira bakimenya ko banduye
Abagabo bo mu murenge wa Bugeshi barahamagarirwa kureka umuco wo guharika abo bashakanye kubera amafaranga ava mu musaruro w’ibirayi.
Ndengabaganizi Ephrem, uhinga kawa mu mirenge ya Murama, Mutenderi na Remera y’Akarere ka Ngoma, avuga ko ubu buhinzi bwamuteje imbere kandi bugaha akazi abakozi 30 buri munsi.
Mu gihe hasozwaga ukwezi kwahariwe imiyoborere mu Karere ka Nyaruguru,abaturage banenze abayobozi b’inzego z’ibanze kuba barangarana ibibazo byabo nkana.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yitabiriye inama mpuzamahanga yatumiwemo ibihugu 150 ku isi yiga ku mihindagurikire y’ikirere no kuyifatira ingamba.
Mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara ikibazo cy’abagabo bamwe baha akato bagenzi babo, kuko bafasha abagore babo mu mirimo itandukanye mu rugo.
Mu Rwanda, ubuhinzi bw’indabo ntiburitabirwa cyane ariko ababushoyemo imari bahamya ko iyo bukozwe neza bubinjiriza amafaranga bakazamura imibereho yabo.
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko hari benshi muri bo bafite ubushobozi bwo gukora imirimo itandukanye ariko ntibagirirwe icyizere.
Abakirisitu gatolika basaga ibihumbi 60, tariki 28/11/2015, bateraniye i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru bizihiza isabukuru ya 34 y’amabonekerwa ya Bikira Mariya.
Nk’uko biba biteganyijwe icyumweru cya nyuma cy’ukwezi kiba cyarahariwe igikorwa cy’umuganda aho abaturage bareba igikorwa cy’ingirakamaro bakwiye gukorera hamwe kandi bakanungurana ibitekerezo ku byabateza imbere
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Habimana Kayijuka John Herbert yeguye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite.
Uburyo bwo kuvura abantu bahungabana kubera ibibazo bahura na byo bwitwa "Logotherapie" ntibusaba imiti runaka ariko ngo bufasha benshi.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki 26 Ugushyingo 2015, hirya no hino mu gihugu haguye imvura yangije ibintu, mu gihe ahandi itari ikanganye.
Abahinzi b’urutoki mu Karere ka Karongi barasabwa kubahiriza gahunda yashyizweho y’uko urutoki rwabo rugomba kuba rurimo 50% by’ubwoko bwa Fia ku buso bahinze.
Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yateranye tariki 25 Ugushyingo 2015 muri Village Urugwiro yemeje umushinga w’ivugururwa ry’itegeko nshinga binyuze muri kamapampaka(referendum).
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buranyomoza ibyatangajwe na Bloomberg ko haba hari umusirikare w’u Rwanda waguye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo.
Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2015, Umutwe w’Abadepite washyikirije Guverinoma Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuguruye usaba Kamarampaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera burasaba abaguze ubutaka kwihutira gukora ihererekanya bubasha kugirango hirindwe amakimbirane hagati y’abaturage.
Abapolisi bakuru 60 bo muri bimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2015 batangiye icyiciro cya kane cy’amahugurwa yo kubungabunga amahoro ku isi.
Komisiyo y’Abakozi ba Leta yatangaje kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2015, ko 13% by’abashaka akazi muri Leta binubira ruswa iba mu itangwa ryako.
Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, imaze kwemeza umushinga ku ivugururwa ry’Itegeko-Nshinga nyuma y’’uko Sena iwukoreye ubugororangingo.
Umunyarwanda Nsengimana Bosco yegukanye Tour du Rwanda 2015,isiganwa mpuzamahanga ryari rimaze iminsi 8 ribera nu Rwanda
Umunyarwanda Nsengimana Bosco asize abo bari bahanganye muri Tour du Rwanda, yegukana agace ka 6 ari nako kabanziriza aka nyuma.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yihanganishije abaturage ba Mali, nyuma y’aho abantu 27 baguye mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe i Bamako.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango baravuga ko kuva batangira kwegerezwa amavuriro, basigaye bafite ubuzima bwiza kuko babasha kwivuriza hafi.
Umunya Eritrea Teshome Meron niwe wegukanye agace ka Muhanga-Rubavu, ariko Nsengimana Bosco wahageze nyuma ye amasegonda abiri akomeza kuyobora.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta iratangaza ko abantu 880 babonye imyanya muri Leta, mu bagera ku 33.374 bari basabye akazi muri 2014-2015.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) irateganya gushyiraho urubuga (Forum) ruzajya rugira inama abahinzi kugira ngo hanozwe servisi bahabwa.