Kuri uyu wa Gatandatu, abaturage b’Akarere ka rubavu ndetse n’abaturutse hakurya mu Gihugu cy’abaturanyi muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bitabye karame ku bwinshi igitaramo cy’umunsi wa nyuma w’ibitaramo bya Summer Country Tour 2026, cyabereye kuri Stade Umuganda.
Mu kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora, Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, inzego z’ibanze n’abaturage batashye inzu 15 zubatswe mu buryo bwa Two in One, zatujwemo imiryango 30.
Perezida Paul Kagame yashimiye abahoze mu ngabo za RPA zafashe iya mbere mu kubohora u Rwanda, ariko ashimira by’umwihariko abahatakarije ubuzima, avuga ko n’ubwo batakiriho ibyo baharaniye bigaragara mu Rwanda tubona uyu munsi.
Ibirori byo kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 32, ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru birimo kubera mu Kagari ka Rutabo, Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, ahatashywe ku mugaragaro inzu 6, buri yose irimo ebyiri, zigenewe imiryango 12 yiganjemo abasenyewe n’ibiza.
U Rwanda rwongeye gutera intambwe ikomeye mu gushimangira umutekano mu by’ingufu, nyuma y’uko ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu, Rwanda National Energy Company (RNEC), gisinyanye amasezerano n’ikigo cyo muri Tanzania, Gulf Bulk Petroleum Tanzania Limited (GBP), agamije gutumiza ibikomoka kuri peteroli binyuze ku cyambu cya (…)
Ibikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage byakozwe na Polisi y’u Rwanda n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu mezi atatu ashize byatwaye arenga miliyari 2 na miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic) ryananiwe gusobanurira Abadepite bagize Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu rimaze igihe ridasubiza abanyeshuri amafaranga y’ingwate (Caution) arenga miliyoni 250 Frw.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yashyize imbere inkuru isobanura ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo, maze Leta Zunze Ubumwe za Amerika isa n’iyemeye itabanje kuyisesengura mu buryo bwimbitse.
Umujyi wa Kigali wagowe no gusobanura uburyo watumyeho imodoko ikora isuku utanze ibisabwa 25 (specifications) igomba kuba yujuje, ariko rwiyemezamirimo ikazana ifite 9 gusa mu byo wasabye kandi ukayakira.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwijeje Komisiyo Ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari ya Leta (PAC) ko ikiraro cya Karuruma cyari kimaze imyaka ine cyarabaye agatereranzamba, noneho bitarenze impera z’uyu mwaka kigomba kuzaba cyatangiye kubakwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Louise Mushikiwabo, Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, ku mpinduka zifatika amaze kugeza kuri uyu muryango muri Manda ebyiri amaze awuyobora.
U Rwanda rwinjiye mu masezerano na Kenya, azatuma ibikomoka kuri Peteroli byinjiraga biciye ku cyambu cya Mombasa byiyongera, ndetse bikarushaho kwihuta.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamana, iyobowe n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame yafashe ibyemezo bikomeye bigamije kunoza uburyo bwo gutanga imisoro no gufasha abaturage n’abikorera kurushaho kwiteza imbere.
Isi ubona ihinduka burundu iyo uyirebye uhagaze ku bwato rutura butembera mu mugezi wa Huangpu, bukanyura hagati y’inyubako ndende za Shanghai zimurikiwe n’amatara y’amabara atandukanye.
Mugenzi Jean Claude, yatanze ubuhamya bw’uburyo yarokotse Jenoside yakorewe Abatuti mu 1994, ariko ababyeyi be, n’abavandimwe be bakicwa, we akarokoka ku buryo bw’ibitangaza.
U Rwanda rwasabye u Burundi guhagarika uruhare rwabwo rutaziguye mu makimbirane arimo kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
U Rwanda rugiye gutangira gahunda nshya yo gutumiza ibikomoka kuri peteroli bikozwe hagati ya Leta ebyiri (Government-to-Government), mu masezerano y’ubufatanye n’Igihugu cya Oman, guhera mu kwezi kwa Kanama 2026.
Perezida wa Sena na Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu kuri uyu wa 29 Kamena, bamuritse urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwubatswe ku cyicaro cy’Inteko Ishinga Amategeko.
Muri raporo y’ibyavuye mu ngendo rusange Abadepite bakoreye mu Ntara kuva ku itariki 28 Gicurasi kugeza ku itariki 3 Kamena 2026 ndetse no mu Mujyi wa Kigali ku itariki ya 6 n’iya 7 Kamena 2026, byagaragaje ko hari abanyamigabane ba Banki y’Abaturage (BPR) babuze uburenganzira ku migabane yabo muri iyo banki kandi bakaba (…)
Jenerali Fred Ibingira yasobanuye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda, aho agaragaza ko nyuma y’iraswa rya Maj. General Fred Gisa Rwigema babuze icyerekezo, maze Perezida Kagame akabasanga akaba ari we utanga icyizere gishya n’ubwo na we umwanzi yamuhize ngo amwivugane rugikubita nk’abandi bayobozi bamubanjrije.
Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana ‘Bora’, yagaragaje ko uretse kuba umutwe w’iterabwoba wa FDLR ufashwa na Leta ya Kinshasa n’u Burundi, ukura ubushobozi no mu bikorwa by’ubucuruzi burimo guhinga no kugurisha urumogi abari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe gufasha kugarura no kubungabunga umutekano muri Repubulika (…)
ACP Kuradupagase Augustin, uzwi ku izina rya Jarudi, wahoze mu Ngabo za FAR, ubu akaba ari muri Polisi y’u Rwanda, yavuze ko ingengabitekerezo yabarangaga icyo gihe yari ishingiye ku kwemera ko Umututsi wese ari umwanzi wabo.
Ikigo cy’ubucuruzi cyitwa Tajyire Group gifite isoko rinini kuruta ayandi ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga - telephone na mudasobwa - mu Rwanda, ryateye indi ntambwe ritangiza ishami ry’ubushakashatsi butanga ibisubizo.
Ikigo cya WASAC Group cyagowe no gusobanurira Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu kimaze imyaka ibiri kidakorerwa ubugenzuzi bw’imari.
Perezida Paul Kagame yavuze ukuntu yabwiye abasirikare ayoboye kureka kumwereka aho abantu biciwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo arinde amarangamutima ye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye itsinda ry’impuguke mu by’amategeko shingiro zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bari kumwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’uwo muryango bayobowe na Andrea Ariik Aguer, Umunyamabanga Wungirije wa EAC.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mushinga wo gutunganya amazi yanduye mu Mujyi wa Kigali (Kigali Centralized Sewage System-KCSS), nyuma y’aho ubuyobozi bwa WASAC GROUP busobanuye ko uburyo wari wateguwemo bwari gusaba gusenya hafi 80% by’imihanda yo (…)
Muganga Dr. Cyprien Iradukunda, umuganga muri Minubumwe, yakanguriye umuryango nyarwanda, cyane cyane abagabo kwitwararika, kuko uruhare bagira mu nda zitateganyijwe, cyangwa se inda ziterwa abangavu ni runini cyane, kurusha ndetse n’abangavu ubwabo.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yasobanuye imibare ijyanye n’inda ziterwa abangavu, aho yavuze ko buri munsi, abangavu 60 baterwa inda, cyangwa se abana barenga ibihumbi 23 ku mwaka.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rubera i Paris mu Bufaransa, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko katiripirali (Caterpillar) yakoreshejwe mu gushyingura imibiri y’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Nyumba no muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda, yakoraga mu buryo bwashinyaguriraga imibiri y’abishwe.