Ikigo cy’ubucuruzi cyitwa Tajyire Group gifite isoko rinini kuruta ayandi ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga - telephone na mudasobwa - mu Rwanda, ryateye indi ntambwe ritangiza ishami ry’ubushakashatsi butanga ibisubizo.
Ikigo cya WASAC Group cyagowe no gusobanurira Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) impamvu kimaze imyaka ibiri kidakorerwa ubugenzuzi bw’imari.
Perezida Paul Kagame yavuze ukuntu yabwiye abasirikare ayoboye kureka kumwereka aho abantu biciwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo arinde amarangamutima ye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye itsinda ry’impuguke mu by’amategeko shingiro zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bari kumwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’uwo muryango bayobowe na Andrea Ariik Aguer, Umunyamabanga Wungirije wa EAC.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mushinga wo gutunganya amazi yanduye mu Mujyi wa Kigali (Kigali Centralized Sewage System-KCSS), nyuma y’aho ubuyobozi bwa WASAC GROUP busobanuye ko uburyo wari wateguwemo bwari gusaba gusenya hafi 80% by’imihanda yo (…)
Muganga Dr. Cyprien Iradukunda, umuganga muri Minubumwe, yakanguriye umuryango nyarwanda, cyane cyane abagabo kwitwararika, kuko uruhare bagira mu nda zitateganyijwe, cyangwa se inda ziterwa abangavu ni runini cyane, kurusha ndetse n’abangavu ubwabo.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yasobanuye imibare ijyanye n’inda ziterwa abangavu, aho yavuze ko buri munsi, abangavu 60 baterwa inda, cyangwa se abana barenga ibihumbi 23 ku mwaka.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rubera i Paris mu Bufaransa, umutangabuhamya yabwiye urukiko ko katiripirali (Caterpillar) yakoreshejwe mu gushyingura imibiri y’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Nyumba no muri Seminari Nkuru ya Nyakibanda, yakoraga mu buryo bwashinyaguriraga imibiri y’abishwe.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro, Peteroli na Gaze (RMB) cyabwiye abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko kutubahiriza inama z’Umugenzuzi Mukuru w’Imari wa Leta byatewe no kuba badatindana abakozi kubera guhembwa amafaranga make.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2026, agaciro k’ubucuruzi mpuzamahanga bw’u Rwanda kagabanutseho 5.13%, ugereranyije n’igihe nk’icyo mu 2025.
Ubuyobozi bwa Rwanda Housing Authority (RHA) bwabwiye abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) ko ukwezi kwa Kamena 2026 kuzasiga ubwatsi bwabugenewe bushyizwe muri Sitade ya Huye nk’uko byari biteganyijwe.
Ubuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’ibikorwa by’Ubwikorezi (RTDA) bwagowe no gusobanurira abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana Ikoreshwa ry’Umutungo wa Leta (PAC), uburyo bakoresheje miliyoni 392FRW mu gushyira laterite mu muhanda Rusizi-Bugarama, nyamara umuhanda bikigaragara ko n’abanyamaguru (…)
Umunyamabanga Nshingwabikorwa ushinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda muri MINUBUMWE, Kayumba Uwera Alice, yashimiye Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) kubera uruhare rukomeye rugira mu gufasha abahamijwe ibyaha bya Jenoside bashoje ibihano bitegura gutaha bagasubira mu buzima busanzwe.
Tajyire Group, Ikigo cy’Ubucuruzi kibanda ku ikoranabuhanga, gifite isoko ririmo abarenga 1500 mu nzu yitwa Matheus mu Mujyi wa Kigali, agiye gushyira ku isoko robot izakora nk’imfashanyigisho mu mashuri abanza, ayisumbuye ndetse n’amakuru mu kwitabira ikoranabuhanga riyoboye ubukungu bw’isi muri iki gihe, digital economy.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kabiri yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa yahawe Brigade y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro cya 08, yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya gisirikare i Nasho, mu Karere ka Kirehe.
Uyu munsi nibwo mu Rwanda hamuritswe bisi nshya z’amashanyarazi zikora ubwikorezi bwo gutwara abantu n’ibintu, zifite ubushobozi bwo kugenda ibirometero 400 zitarashiramo umuriro kuko ziba zimaze gukoresha 80%.
Kuri uyu munsi mpuzamahanga w’abakorera Leta, International Public Service Day, twifatanyije n’urubyiruko, abakuru n’abato bafite umukoresha benshi duhanga amaso, witwa Leta.
U Rwanda rwateye intambwe ishimishije kandi iteye ishema mu rwego rw’ubuzima aho rwarengeje ibikorwa 100 byo gusimbuza impyiko (kidney transplants) kuva hatangizwa gahunda ya Living Donor Kidney Transplant Program muri Gicurasi 2023.
Inama yo ku rwego rwo hejuru yahuje u Rwanda, Congo, yarangiye ibihugu byombi byiyemeje kohererezanya impunzi.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho, Akarere ka Kirehe, bahawe inka ebyiri n’ihene 100 mu gikorwa cyateguwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda (RNP), kigamije gufasha imiryango itishoboye kwiteza imbere no kwivana mu bukene.
Sosiyeye ikora ikanacuruza imodoka z’amashanyarazi yishimiye kwakira bisi zifite ubushobozi bwo kugera aho ari ho hose mu gihugu, zikagaruka i Kigali zidakeneye gusharija mu nzira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rushaka gushyira Umujyi wa Kigali ku rwego mpuzamahanga nk’ahantu hafasha ibihugu byo mu Majyepfo y’Isi (Global South) gusangira ubumenyi n’ubunararibonye.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, kuri uyu wa 22 Kamena 2026 yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ndetse no ku buyobozi bw’Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party), nyuma y’amezi menshi y’igitutu cya politiki n’amakimbirane yari amaze igihe amugaragaraho.
Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko amagambo aherutse gutangazwa na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yo kuvuga ko azisubiza Goma na Bukavu agaragaza ko adashyigikiye inzira y’ibiganiro n’amasezerano agamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.
Akarere ka Bugesera kishimiye imishinga y’iterambere kari kugeraho, yaba iri ku ngengo y’imari yako, ndetse n’imishinga y’igihugu izashyira akarere ku rundi rwego rw’iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwabwiye Komisiyo ya Sena y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano ko buhangayikishijwe no guhora bwimura abaturage batuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga n’abasenyewe n’ibiza, buyisaba uvugizi kugira ngo imisozi ituweho itunganywe neza bayitureho ku buryo burambye.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere ya, RwandAir, yinjiye mu bufatanye n’Urwego rwa Leta ya Nigeria rushinzwe inganda, ubucuruzi n’ishoramari, mu kwagura umuhora w’ubwikorezi bw’imizigo uhuza Nigeria n’Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo.
Umuvugizi Wungirije wa RDF, Lt Col Kabera yasabye abagize Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kugira uruhare rugaragara mu kurwanya abahakana Jenoside n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo.
U Rwanda rwungutse abapolisi bakuru basoje amasomo y’ubuyobozi ku rwego rukuru nyuma y’umwaka bari bamaze bakarishya ubwenge mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Hon. Olivier J.P. Nduhungirehe, mu ruzinduko yagiriye muri Afurika y’Epfo, yahuye n’Abanyarwanda batuye muri icyo Gihugu abagaragariza ishusho rusange y’umubano warwo na Afurika y’Epfo.