Abaturage 17 bo Karere ka Musanze bafashe amafaranga y’urunguze izwi nka Banki Lambert, ubu baricuza nyuma y’uko bagize ikibazo gikomeye cyo kubona ubwishyu, bamwe ibyabo bikaba byaratejwe n’abandi bikaba ari ko bigiye kubagendekera.
Ku wa mbere tariki ya 25 Gicurasi 2015, abaturage bahagarariye abandi mu byiciro bitandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo bashyikirije inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, ubusabe bw’abantu basaga 1 000 000 basaba ko ingingo yo mu itegeko nshinga igena umubare wa manda z’umukuru w’igihugu yavugururwa.
Ihuriro ry’abagore bo mu Karere ka Kayonza ryasabye ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda ivugururwa kugira ngo umukuru w’igihugu, Paul Kagame, azabashe kwiyamamariza indi manda.
Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame arakangurira urubyiruko rw’u Rwanda kurangwa n’ibitekerezo bitanga ibisubizo kandi rukareba kure aho rwifuza ko igihugu kigera, baba abari mu Rwanda cyangwa abari hanze yarwo.
I Dallas muri Leta ya Texas ho muri Leta Zuze Ubumwe z’Amerika ahateraniye urubyiruko rw’Abanyarwanda rugiye kuganira na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wo ku wa 23 Gicurasi 2015 ibyishimo ni byose kandi ngo uretse Ikinyarwanda nta rundi rurimi rurimo kuhavugwa. Umunyamakuru wa Kigali Today Fred Mwasa atubereyeyo aya (…)
Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA), Col. Jill Rutaremara atangaza ko ubutumwa bw’amahoro bwo muri iki gihe bugomba kubakira ku bufatanye bw’abasirikare, abapolisi n’abasivili kugira ngo bugere ku nshingano yabwo.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko gahunda y’iminsi 1000 yo kwita ku buzima bw’umwana itafashije abana gusa, ahubwo ngo yanafashije abantu bakuru kwifata neza no kurya indyo yuzuye intungamubiri aho kuzura igifu.
Perezida wa Sena, Bernard Makuza aratangaza ko inteko rusange y’inteko ishinga amategeko izafata icyemezo ku gukoresha referandumu abaturage ku bijyanye no guhindura ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda; ubwo Inteko ishinga amategeko izaba iri mu gihembwe cyayo gisanzwe, kizatangira mu kwezi kwa Kamena 2015.
Kuva kuri uyu wa 20 Gicurasi 2015, mu Mujyi w’Akarere ka Rwamagana harimo kubera imurikagurisha ry’iminsi ibiri ry’amashanyarazi atangwa n’imirasire y’izuba.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu mpera z’iki cyumweru ategerejwe mu mujyi wa Dallas wo mu Ntara ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika [USA] mu biganiro bizahuza urubyiruko rw’Abanyarwanda bo muri Diaspora baganira ku hazaza h’u Rwanda.
Abakobwa b’Abanyarwandakazi biga muri Kaminuza zitandukanye zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USA, bakomeje kwitwara neza mu banyeshuri bo muri za bigamo.
Ntazinda Damascène wo mu Murenge wa Kirehe, Akarere ka Kirehe arishimira urwego amaze kugeraho aho yari komvuwayeri wa Taxi ahembwa ibihumbi 30 ku kwezi akaba ageze ku rwego rwa miliyoni 60 n’uruganda rutunganya kawunga.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka avuga ko ari intsinzi kuba hari abafata umwanya bakibuka imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe abatutsi, kuko abayiteguye batifuzaga ko hazasigara n’uwo kubara inkuru.
Bamwe mu baturage bakomeje gushyikiriza inteko ishinga amategeko ibyifuzo byabo by’uko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ivuga kuri manda za Perezida zahindurwa, baratangaza ko abagize iyi nteko nibatubahiriza ibyifuzo byabo bazabatera ikizere kuko ari bo babashyizeho.
Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, ngo kuba ari umubyeyi birushaho kumuha imbaraga zo kuyobora no guteza imbere umuryango Imburo Foundation.