Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Kanama 2015, Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yageze mu Rwanda aje gutangiza Fondation Meles Zenawi.
Mu gihe umushinga uteza imbere gusoma kwandika no kubara, L3 “Litteracy, Language and Learning”; ufasha ibigo by’amashuri abanza mu buryo bushya bwo gutanga amasomo hifashishijwe terefone uvuga ko terefone ari imwe mu mfashanyigisho zatuma uburezi bugira ireme, abarezi bo mu mashuri abanza na bo bemeza ko kwifashisha amasomo (…)
Kuva ku wa 11-12 Nyakanga 2015 mu Rwanda hateganyijwe iserukiramuco mpuzamahanga, ryiswe “Ubumuntu Arts Festival” rigamije gukangurira abahanzi mu nzego zitandukanye guhanga bakangurira abakunzi b’ibihangano byabo, umuco wo kubaka amahoro mu miryango baturukamo no ku isi muri rusange.
Perezida Paul Kagame yanenze bikomeye ibihugu by’amahanga byisaba ubuyobozi buriho kwita ku burenganzira bwa muntu mu Rwanda, akavuga ko nta burenganzira bifite bwo kwibutsa ubuyobozi buriho icyo gukora, kuko bujya gutangira urugamba rwo kwibohora ari cyo cyari kigamijwe.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Nyakanga 2015 u Rwanda rwizihije imyaka 21 rumaze rwibohoye, umunsi wizihirijwe mu gihugu hose. Abanyamakuru bacu bakorera mu turere twose tw’igihugu badukurikiraniye uko imyiteguro yawo n’uko wizihijwe mu mafoto.
Mu gihe mu buryo buzwi urugamba rwo kwibohora rwatangiye ku wa 1 Ukuboza 1990,ubwo ingabo zari iza FPR Inkotanyi zafataga intwaro zigahirika ingoma y’igitugu ya Juvenal Habyarimana, Abanyarwanda bari barahejejwe ishyanga bagataha, urugamba rwo kubohora u Rwanda ntirwarangiye nk’uko hari ababyibwira ahubwo rukomereje mu (…)
Nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rubohowe n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, abatuye ahitwaga muri Perefegitura ya Gikongoro - ubu ni mu gice kinini cy’Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru- bishimira ko batakicwa n’inzara, kuko ubu basigaye bahinga bakeza. Bavuga kandi ko ibi babikesha ubuyobozi bwiza.
Kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015, Jeannette Kagame, Umugore wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu Karere ka Nyanza, Murenge wa Rwabicuma aho agiye gushyikiriza abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi amazu ajyanye n’igihe yo kubamo.
Abaturage batuye mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Iburengerazuba batangaza ko kuba bafite umutekano uhagije bitandukanye n’igihe cy’intamabara y’abacenegezi ubwo bari badatekanye, babibonamo kwibohora bakabizirikana abvuga ko uwabihakana ari utazi iyo ntamabara.
Perezida Wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba abaturage b’Akarere ka Rusizi kubana neza b’abaturage b’ibihugu by’Uburundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bihana imbibe n’ako karere, akavuga ko Abanyarwanda bafite inshingano yo kubanira neza abaturanyi kabone n’ubwo bo [abo baturanyi] batabikora.
Mu biganiro yagiranye n’abavuga rikukumvikana (opinion leaders) bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri aho bita mu Gisakura, Perezida Paul Kagame, yasabye ko igiciro cy’ingendo z’indenge ku baturage bakoresha ikibuga cy’indege cya Kamembe cyagabanuka ku Banyarwanda kugira ngo barusheho gukorana no (…)
Perezidaa Paul kagame yemereye abaturage batuye mu kirwa cya Nkombo ikindi cyombo kisumbuye ku cyo yari yarabahaye, kugira ngo bakomeze guhahirana n’abandi baturage batuye mu bindi bice.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko kuba aka karere ariho urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiriye, babifata nk’umurage wo gusigasiga ubumwe bw’Abanyarwanda no kurinda icyintu cyose cyakongera guhungabanya umutekano wabo.
Perezida Kagame uru wagendereya abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Kamena 2015 yabawiye ko imyumvire y’Abanyarwanda yahindutse ku buryo ntawe ukibasha kubashuka kuko ubu ngo usigaye ubabwira bakakubaza impamvu y’ibyo ubabwira.
Hibukwa abari abakozi b’icyahoze ari Sous Prefecture (Superefegitura) ya Gisagara bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi batandukanye bongeye kwibutsa abakozi b’akarere n’abaturage kurwanya ikitwa ingengabitekerezo ya Jenoside cyose, kandi bakarinda abarokotse Jenoside kwiheba.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangije ikigega bise Ishema ryacu, kigamije gufasha Umunyarwanda wese ushobora guhura n’ikibazo nk’icyo Lt. Gen. Karenzi Karake yahuriye nacyo mu gihugu cy’u Bwongekeza aho yaciwe miliyari irenga kugira ngo arekurwe by’agateganyo.
Pasiteri Rutikanga Gabriel wari mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze mu w’i 1997 igihe Abanya-Espagne batatu bicwaga avuga ko nta perereza ryakozwe ngo hamenyekane ababishe, kubishinja abasirikare bakuru b’u Rwanda barimo Lt. Gen. Karenzi Karake ngo bikaba ari agasuzuguro k’Abazungu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake mu Bwongereza, “ari urubanza ruzatuma abanyarwanda bigenera uko bashaka kubaho.”
Nyuma y’uko imbaga y’Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye ejo ku wa 24 Kamena 2015 bigaragambirije kuri Ambasade y’Ubwongereza bagaya icyemezo cy’Ubwongereza cyo guta muri yombi Lt Gen Karake Karenzi bagasaba ko arekurwa, mu Rwanda hose kuri uyu wa 26 Kamena 2015 baramukiye mu myigaragambyo yo gusaba Ubwongereza kumurekura.
Itsinda ry’abahanzi babiri bo muri Uganda, Radio na Weasel, bazataramira Abanyarwanda mu bitaramo byiswe “Kwibohora Concert.”
Bamwe mu bari bitabiriye imyigaragambyo yabereye kuri ambasade y’Abongeleza biyemeje gukomeza kwigaragambya kugeza igihe u Bwongeleza buzafatira icyemezo cyo kurekura Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe i Londres muri wikendi ishize.
Gahunda ya Gira inka yashyizweho igamije gukura abaturage mu bukene, yageze ku ntego aho mu ntara y’Amajyaruguru abaturage bagera ku 33.429 bashoboye kwikura mu bukene kuko babashije kubona ifumbire yo gushyira mu myaka yabo.
Umuryango IBUKA urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urasaba ababyeyi n’abarezi kurinda abana inyigisho zabaganisha ku macakubiri nk’ayagejeje u Rwanda kuri Jenoside rwavuyemo mu myaka 21 ushize.
Dr Bizimana Jean Damascene, umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ikandikwabo ibitabo ari imwe mu ntwaro ikomeye yo kurwanya abayipfobya.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bwemeza ko uruganda rukora umwuka wa Oxygen (Oxygen Plant) muri ibyo bitaro rwagize uruhare runini mu kugabanya impfu z’abana b’impinja, cyane cyane abavuka batujuje ibiro.
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye n’intumwa ayoboye kuva tariki 17 kugeza tariki 22 Kamena 2015, bari mu rugendo rw’akazi mu gihugu cy’Ubuholandi. Urwo rugendo rwari rugamije kongera imbaraga mu bufatanye mu butabera n’iyubahirizwa ry’amategeko.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje urugamba rwo kurwanya ruswa, abapiganira amasoko ya Leta bazwi nka ba “Rwiyemezamirimo” baremeza ko ruswa ikivuza ubuhuha muri uru rwego, kandi ngo bakaba bayisabwa cyane iyo bigeze mu kwishyurwa amafaranga ku mirimo baba barakoze. Ibyo ngo bigakorwa inzego zishinzwe kwishyura zibatinza kugira (…)
Ku bufatanye n’imiryango inyuranye ifasha impunzi, Minisiteri ishinzwe Gukumira Ibiza no gucyura Impunzi(MIDIMAR) yatangiye umushinga wo kubakira impunzi inzu zisakaje amabati mu rwego rwo kuzituza heza.
Ingoro y’inteko ishinga amategeko irimo irakorwamo n’abana b’abakobwa babifashijwemo n’Umuryango wa Imbuto Foundation, aho bitoreza umurimo usanzwe w’abadepite, mu rwego rwo kwitegura kuzaba abayobozi b’ejo hazaza.
Impunzi z’abarundi zigera mu bihumbi 27 ziri mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, zirashimira leta y’u Rwanda cyane cyane Perezida Paul Kagame, ku buryo zakiriwe mu Rwanda zigahabwa n’uutekano bitandukanye n’uko byagiye bigenda mu bindi bihugu zatsemo ubuhungiro.