Madame Jeannette Kagame arasaba buri Munyarwanda kugira uruhare mu kubungabunga iterambere n’ubusugire by’u Rwanda.
Kuva ku wa mbere tariki 9 Ugushyingo 2015 mudasabwa za Positivo-BGH zakorewe mu Rwanda, zizajya ku isoko abakineye batangire kuzikoresha.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Never Again Rwanda, bwagaragaje ko amakimbirane arangwa mu karere k’ibiyaga bigari ahanini intandaro yayo ari ubutaka.
Imvura idasanzwe yaguye mu mirenge ya Nyarubaka, Nyamiyaga na Mugina, isenyera abagera kuri 50 inangiza imyaka mu karere ka Kamonyi.
Kuva utumashini dutanga inyemezabuguzi EBM twatangira gukoreshwa mu 2013, imisoro yakomeje kuzamuka kugeza yikubye hafi kabiri mu myaka itanu.
Minsitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Gakenke kubera urugero abaturage, kugira ngo nabo babarebereho.
Perezida Kagame yageze muri Tanzania aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya uherutse gutorwa muri iki gihugu, John Pombe Magufuli.
Polisi Mpuzamahanga(Interpol) yashimye kuba ibigo bishinzwe kuvura abahohotewe no kurwanya ihohoterwa bya Isange One Stop Centers ari umwimerere w’u Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Darfur, zahaye ikigega cy’amazi abaturage bavanywe mu byabo bari mu nkambi yitwa Salam.
Abakurikiranira hafi ibirebana n’ubuzima bw’umwana n’umubyeyi bavuga ko mu Ngororero ababyara abana batatu akenshi baba ari abakene.
Mu Karere ka Nyanza hatewe ibiti 3500, mu gikorwa cyo gutangiza gahunda yo gutera miliyoni 100 z’ibiti ku isi mbere ya 2017.
Abanyabukorikori bo mu Karere ka Ngoma batangiye kubyaza imitumba y’insina impapuro zifashishwa mu mitako no mu bugeni.
Ambasaderi wa Korea mu Rwanda, Park Yong Min, aratangaza ko abashoramari bo mu gihugu cye bifuza kongera ishoramari mu Rwanda.
Nyiragwaneza Theodosie, umubyeyi w’imyaka 30 ukomoka mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, yibarutse abana batatu ku wa 31 Ukwakira 2015, ubuyobozi bwemera kumuremera inka.
Igitabo cya Francois Soudan “Conversations with President of Rwanda” giherutse gushyirwa ahagaragara kivuga ku buzima bwite bw’umukuru w’igihugu Paul Kagame.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yijeje Polisi Mpuzamahanga (Interpol) iteraniye mu Rwanda kuva ku wa 02 kugeza 05 Ugushyingo 2015, ubufatanye mu gushakira isi umutekano.
Abakobwa bibumbiye mu Muryango “AERG” barasabwa kwigira ku masomo y’ibyahise, bakagira icyerekezo n’amahitamo aboneye kugira ngo bubake ahazaza heza.
Rwamakuru wari ushinzwe umutungo wa FDLR muri Kivu y’Amajyepfo yasanze umutekano w’u Rwanda uruta kure ubutunzi bwa FDLR yari ashinzwe.
Ntibibaza Gerard wari umwe mu bayobozi b’igisirikare cya FDLR agataha mu Rwanda, yagaragarije umubare w’abarwanyi ba FDLR utajya utangazwa, avuga n’ahaherereye abarwanyi.
Inteko ishinga amategeko ku busabe bw’abaturage barenga Miliyoni eshatu yemeje ishingiro ry’ivugururwa ry’ingingo zimwe na zimwe harimo n’iya 101.
Abitabiriye inama Nyafurika y’Abagiraneza yaberaga i Kigali, barimo Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, barasaba isi kugira ubuntu.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, yatangaje ko Nsengiyumva Albert wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yakuwe kuri uyu mwanya.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro bukorerwa mu Karere bubangamiye imibereho myiza y’abimurwa ahacukurwa.
Ihuriro rigizwe n’abagore b’abayobozi b’igihugu n’abagore b’abahoze ari abayobozi, Unity Club “Intwararumuri”, ryashyikirije abakecuru b’incike mu Karere ka Rulindo icumbi.
Abanyamuryango ba RPF bo mu karere ka Kicukiro bigiye byinshi ku mateka yo ku Murindi w’Intwari bizabafasha gukomeza gusigasira ibyagezweho.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS) wakiriye u Rwanda, warusabye kuzana ubunararibonye bwarwo mu gukemura amakimbirane yo mu Karere ka Afurika yo Hagati.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Iburengerazuba buvuga ko hari ibicuruzwa bitanu bihiga ibindi mu kwinjira nka magendu i Rubavu.
Mu rwego rwo kwegereza ibikorwaremezo abatuye ikirwa cya Bushongo kiri mu kiyaga cya Burera, bari kubakirwa amazu 76 bazimurirwamo.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko iterambere rya Afurika rishobora kugerwaho igihe cyose abikorera babishoramo imari bagahera ku mishinga iciriritse kugira ngo rigere ku bantu benshi.
Kuri uyu wa 20 Ukwakira 2010, ku munsi wa kabiri w’inama ya Transform Africa 2015 irimo kubera i Kigali Mme Jeannette Kagame yatanze ikiganiro anasura ibikorwa bihamurikirwa.