Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 18 Ukuboza 2015, Abanyarwanda bazindukiye mu gikorwa cya Referendum, umunsi ufatwa nk’ukomeye mu mateka yabo n’ahazaza h’igihugu.
Ingabo z’u Rwanda zatahutse kuri uyu wa kane zivuye i Darfur, zishimiye ibikorwa birenze kurinda umutekano w’abasivili zahakoreye
Mu gihe Abanyarwanda kuva ku wa 17-18 Ukuboza bari mu matora ya referandumu, ubushakashatsi bwakozwe na Ipsos bwagaragaje ko 92% by’Abanyarwanda bishigikiye ko Perezida Kagame yongererwa manda.
Abanyarwanda 26 nibo bamaze gukubitwa n’inkuba kuva imvura yatangira kugwa muri Nzeri 2015 naho 50 barakomeretse hapfa amatungo 24.
Unity Club Intwararumuri iyoborwa na Madamu Jeannette Kagame, yahaye impano ya Noheri abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Ibibazo by’Afurika, James Duddridge, avuga ko u Rwanda rushobora kugira icyo rukora ku bibazo bya politiki byugarije u Burundi ari yo mpamvu yarusuye.
Minisitiri James Duddridge, ushinzwe Afurika, ububanyi n’amahanga n’umuryango w’ibihugu bivuga icyongereza (Commonwealth) araba ari mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 16 Ukuboza 2015.
Abaganga b’inzobere baturutse mu Bitaro bya Kanombe baravura abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu Karere ka Kamonyi, mu gikorwa cya “Army week”.
Kuri uyu wa 15 Ukuboza 2015, u Rwanda rwakiriye inkunga rwatewe na Banki y’Isi, izakoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi mu ngo zirenga 72.000.
Abaturage bo mu Mrenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, baravuga ko biteguye kuzatora “Yego” ku munsi wa Referandum.
Abatuye mu Murenge wa Mbogo, ntibazatuza batararangiza kwitorera ibikubiye mu itegekonshinga ryavuguruwe mu ngingo y’101 n’172 ngo bitorere yego 100%.
Abaturage bo mu murenge wa Cyabakamyi, Akarere ka Nyanza basanga kuba ibyifuzo byabo byaritaweho igisigaye ari uruhare rwabo mu gutora.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umuryango AVEGA Agahozo umaze, abanyamuryango bawo bavuga ko bigejeje kuri byinshi babifashijwemo nawo.
Abakozi bo mu rwego rw’imfungwa n’abagororwa muri Burukina Faso batangaza ko uburyo RCS icunga amagereza byakagombye kubera urugero ibindi bihugu.
Abaturage batuye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze baratangaza ko icyo gukora ku munsi wa Referandumu bakizi.
Madame Jeannette Kagame yizihirizanyije iminsi mikuru n’abana, abifuriza noheli nziza n’imiryango yabo.
Mu biganiro intumwa za rubanda zigirana n’abaturage ku matora ya referendum yo ku wa 18 Ukuboza 2015 bazitangarije ko biteguye gutora yego nk’inzira zerekeza ku cyifuzo cyabo cyo kuyoborwa na Perezida Kagame.
Depite Mukama Abasi akaba na Visi Perezida wa kabiri w’Inteko Ishingamategeko, yabwiye abaturage b’Umurenge wa Kabarore ko ibyo basabye bifite.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare muri Rusizi, bishimiye ko ibyifuzo bagejeje ku ntumwa za rubanda byasubijwe, bakaba bagiye kugaragaza icyabari ku mutima.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imali cya Zigama CSS butangaza ko muri 2020 buzaba bufite imali igera kuri miliyari 470 bitewe n’izamuka igaragaza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Mme Jeannette Kagame basabye Ihuriro ry’Urubyiruko rw’Umuryango Imbuto Foundation, kwifashisha amahirwe rufite, rugahindura abandi.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) nta gitutu yashyizweho mu gutegura Referendumu kuko yigenga.
Inzego z’ubuyobozi mu Ntara y’Uburengerazuba zatwatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage kuzatabira referendum ku itegeko nshinga iteganyijwe mu cyumweru gitaha.
Ibihugu bya Tanzania, Kongo Kinshasa, Burundi, Ethiopia na Djibouti biteraniye mu Rwanda, aho bisuzuma aho imirimo y’umuhora wa ruguru igeze.
Urwego rw’Umuvunyi n’abafatanyabikorwa, kuri uyu wa 9 Ukuboza 2015 , mu Munsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Ruswa, basanze ibitera ruswa cyangwa ibihamya ko iriho bikomeje kwiyongera.
Abaministiri b’imari b’ibihugu binyurwamo n’Umuhora wa ruguru (Northern Corridor), bazagaragariza abakuru b’ibihugu aho imishinga y’ibikorwa remezo byayo igeze ku wa kane 10 Ukuboza 2015.
Abanyeshuri 14 bo mu ishuri rya gisirikare rya Kenya (NDC) bari mu ruzinduko rugamije kwiga uko ingabo z’u Rwanda zicunga umutekano.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa FPR Inkotanyi yatangaje ko ibizava muri Kamarampaka (Referendum) ari cyo gisubizo cy’abashaka ko akomeza kuyobora.
Umuryango AVEGA, w’Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi, watangije gahunda ya “AVEGA wWeek” igamije kurushaho kwegera abanyamuryango ngo bahabwe ubufasha bakeneye mu miryango.